• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Editorial 02 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) zavuzeko zikeneye ubufatanye bw’ingabo z’akarere mu kurwanya no kurandura burundu imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro iherereye mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikari ikorera mu burasirazuba bwa DRC irimo na FDLR na FNL tudasize n’ingabo ziharanira demokarasi (ADF) ikomeje guhungabanya umutekano wa RDC ndetse n’ibihugu bituranye.Tubibutse ko abayobozi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ari ibisigisigi by’ingabo zasize zikoze Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bahora bumva ko bagaruka bagakomereza aho bagereje batsindwa uruhenu, naho FLN ingabo z’ihuriro MRCD riyobowe na Paul Rusesabagina zakubiswe inshuro na FARDC umwaka ushize abayobozi bayo benshi bakaba bari mu butabera mu Rwanda harimo Rusesabagina ubwe n’abavugizi bawo aribo Callixte Nsabimana na Herman Nsengimana.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizweho umukono ku ya 30 Werurwe n’umuvugizi w’Ingabo za Kongo, FARDC, Maj. Gen Léon-Richard Kasonga Cibangu, yavuze ko Kongo yifuza gushimangira ubufatanye bwa gisirikare n’ingabo z’akarere mu rwego rukomeye rwo kurwanya no kurandura imitwe yose yitwaje intwaro ifite intego yo guhungabanya amahoro n’umutekano mu karere.

Nkuko byasobanuwe, imbaraga zihuriweho zo kurwanya iyo mitwe y’iterabwoba zigamije kuzamura ubufatanye n’ubwumvikane ndetse no kuzahura umutekano waho izo nyeshyamba ziba zarawuzambije kuko zahagize indiri

Igisirikare cya Kongo cyagaragaje ko ubufatanye bwabayeho bwari hagati ya FARDC n’ingabo z’u Rwanda ndetse no hagati y’ingabo za Uganda, Angola, na Repubulika ya Centrafrique, Bivugwa ko ubwo bufatanye buzagera no mu bindi bihugu bituranye hagamijwe guca burundu iterabwoba ry’imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro.

Muri Nzeri 2019, ingabo za RDC, u Rwanda, Uganda, u Burundi na Tanzaniya zateraniye mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Kongo maze bemeranya no guhana amakuru ku iterabwoba ryambukiranya imipaka kugira ngo ababigizemo uruhare bashobore gukurikiranwa no gufatwa.

N’ubwo ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye wita ku mahoro (MONUSCO) bwoherejwe mu burasirazuba bwa DRC mu gihe kirenga imyaka icumi yemerewe gukoresha ingufu za gisirikare mu kugarura amahoro n’umutekano, ntacyo yagezeho mu rwego rwo kugarura amahoro, umutekano mu karere.

Abasesenguzi bavuga ko ari uburyo bushya bwashyizweho na Perezida Felix Tshisekedi – bwo gukorana n’ibihugu byo mu karere mu kurwanya imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro – birashoboka ko bizagenda neza, kubera ko imitwe myinshi y’iterabwoba ikorera muri iki gihugu kinini ituruka mu bihugu bituranye

Kuva Perezida Tshisekedi yatangira imirimo ye mu 2019, igisirikare cya Kongo cyagabye ibitero byinshi bya gisirikare byibasira imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu kandi ukabona ko bigenda bitanga umusaruro mwiza kuko hagiye hafatwa zimwe mu nyeshyamba zaba z’abanyarwanda bari muri Kongo, yewe kugeza n’ubu bakaba bari imbere y’ameza y’ubutabera bategereje imyanzuro izava mu manza zabo zimaze iminsi zikurikiranwa.

2021-04-02
Editorial

IZINDI NKURU

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Editorial 05 Jul 2019
Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Editorial 06 Sep 2016
Kinshasa haranuka uruntu runtu  : Minisitiri w’Intebe na Guverinoma yose beguye

Kinshasa haranuka uruntu runtu : Minisitiri w’Intebe na Guverinoma yose beguye

Editorial 14 Nov 2016
Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Editorial 08 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu
ITOHOZA

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Editorial 30 Sep 2016
The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba
SHOWBIZ

The Soldiers of Christ mu gitaramo cyo kuramya Imana bakoresheje imibyimba

Editorial 08 Dec 2017
FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera  imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga
Amakuru

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

Editorial 29 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru