• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Editorial 28 Jun 2016 Mu Mahanga

Kimwe mu bibazo inzego za Polisi zikunze guhura nabyo cyane cyane muri iki gihe abaturage baba bazikeneye cyane kandi bazisaba byinshi, ni ubunyangamugayo no gukora kinyamwuga by’abazigize.

Ibi bivuze ko mu gushaka abayinjiramo, Polisi igomba gushyira ingufu mu gutoranya abakandida bujuje ibyangombwa bikenewe byose bijyanye n’ibyo abaturage bashinzwe gukorera babatezeho.

Umuntu wese ugira uruhare mu gutoranya abakandida binjira muri Polisi azakubwira ko kubatoranya biba bitoroshye, ariko na none ko bishoboka. Ikindi kandi umukandida washoboye gutsinda ibizamini byo kwinjira muri Polisi nawe azakubwira ko ibizamini byaba ibyo kwandika (written) cyangwa kuvuga (oral) batanga bitaba bikomeye.

Ariko na none, ni ngombwa ko uretse ibyo bizamini bitangwa, byaba ibyo kwandika cyangwa kuvuga ndetse n’ibindi Polisi iba ikeneye, gutoranya abinjira muri Polisi bisaba abasore n’inkumi bashaka kuyinjiramo kuba bafite ubuhanga, ubunyangamugayo n’imico myiza.

Abakandida rero bagomba kuba bujuje ku buryo buhagije ibi byavuzwe haruguru kuko kugira kimwe gusa utabyujuje byose ntibyafasha Polisi. Niyo mpamvu Polisi y’u Rwanda mu gutoranya abayinjiramo ibi byose ibiha agaciro. Ikibazo kiba gihari ni iki: Ese Polisi izabwirwa n’iki ko uwatoranyijwe yujuje ibi bisabwa?

Mbere na mbere, ushaka kwinjira muri Polisi agomba kuba afite ubushake bwo gukorera no kurinda abanyarwanda. Mu minsi ishize ubwo harimo igikorwa cyo gutoranya abinjira muri Polisi, umupolisi umwe wari uri muri iki gikorwa yavuze ko mu myaka yashize twari dufite abaturage bavugaga ngo “Turiho kugirango dukore, ariko aba bakaba barasimbuwe n’abagira bati :”Turakora kugirango tubeho”. Yanongeyeho ko biteye isoni kubona muri iyi minsi abashaka abakozi beza bashishikariza abantu kuza kubera ko mu kigo kibashaka hari umushahara mwiza, n’andi mahirwe umuntu abonera mu kazi.

Polisi nayo ifite amashami atandukanye kandi asaba ko abayakoramo baba bafite ubuhanga buhambaye. Nyamara ubu bigaragara ko abantu b’abahanga baba bifuza kujya gukora mu bigo no mu nzego zitanga imishahara itubutse.

Nyamara, Polisi nayo ikenerwa n’abaturage, bikaba bisaba ko amashami yayo nayo akorwamo n’abahanga, bagomba gutanga serivisi nziza. Ni ngombwa rero ko iyo Polisi itanze serivisi nziza, abaturage bazaba bafite umutekano usesuye, bigatuma gutahura no kurwanya ibyaha bikorwa neza, bityo iterambere ry’igihugu rikagerwaho mu buryo bwihuse.
Kubera ko abapolisi bafite ububasha bukomeye ku baturage, ni ngombwa ko bagira ubushishozi. Birazwi ko akenshi akazi ka Polisi gasaba cyane ibikorwa kurusha gukoresha ubwenge bwinshi bwo mu ishuri, nyamara Polisi mu guhitamo abazayinjiramo igomba gutoranya uzakora ako kazi ke neza, ibyo agiye gukora byose akabanza kubitekerezaho neza kandi akita ku mpamvu n’ingaruka zishobora kugera kuwo akorera.

Urugero rufatika ni aho umupolisi uri kubahiriza amategeko y’umuhanda azahagarika umuntu utwaye imodoka afite umuvuduko ukabije kandi nta n’uruhushya rwo gutwara imodoka afite, agasanga ni umubyeyi ujyanye umwana kwa muganga. Aha niho ubushishozi bw’umupolisi buzagaragarira. Niwe uzahitamo icyo gukora, niba azareka umubyeyi akihutira kujyana umwana kwa muganga akaza kumwandikira nyuma, cyangwa niba azamubwira ngo ntiyongere gutwara ku muvuduko ukabije akareka akajyana umwana kwa muganga.
Ariko na none mutekereze uwo mupolisi atari mu muhanda ngo ahagarike abantu nkabo bihutira kujyana abana babo kwa muganga, aba bashoferi bazakora amakosa angana iki?Aha rero niho ubushishozi bw’umupolisi buzagaragarira.

Hari abantu bamwe bashobora kuvuga ngo gutoranya abinjira muri Polisi bishingirwe ku bunyangamugayo bw’umukandida ngo kuko ubumenyi bwo burigwa. Birashoboka.
Ariko twemeranye ko hari ibintu bimwe bikomeye kwigwa igihe umuntu atabivukanye. Ikindi ntibyoroshye kumenya ubunyangamugayo bw’umuntu igihe uri kumukoresha ikizamini cyanditse cyangwa mu kiganiro cy’iminota 10 mugirana. Aha rero niho bikomerera mu gutoranya abinjira muri Polisi kuko muri ibyo bizamini bitoroha guhita ubona uwujuje ibyavuzwe haruguru.

Igishimishije ariko, ni uko Polisi y’u Rwanda ifite abafatanyabikorwa bizewe mu kurwanya ibyaha ndetse bakagira n’uruhare mu gutoranya abinjira muri Polisi y’u Rwanda. Muri abo bafatanyabikorwa bayo twavugamo: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano, Komite zo kwicungira umutekano, ba ambasaderi ba Polisi y’u Rwanda n’abandi. Aba bakaba bagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’igihugu binyuze mu gutahura, gukumira no kurwanya ibyaha.

Ikindi gifasha Polisi y’u Rwanda kubona abapolisi bashoboye akazi kabo ni amasomo atangirwa mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu karere ka Musanze rihuza ubumenyi bwa gipolisi n’ubumenyi buhambaye bwo mu ishuri. Ibi bikaba bishoboka kubera ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kaminuza nkuru y’u Rwanda.
Muri iri shuri hajyamo ababifitiye ubushobozi bafite amashuri 6 yisumbuye bakigamo imyaka 4 bakarangiza bafite impamyabushobozi y’icyiciro cya 2 cya kaminuza.

Gutoranya abinjira muri Polisi rero bikorwa hashingiwe ku guhitamo abakandida babishoboye, kandi abifuza kuyinjiramo bakaba ari babandi bumva gukorera Polisi ari umuhamagaro, atari abashaka akazi n’ubwo ibi bikiri imbogamizi.

Uruhare rw’abaturage rero mu gushaka abakandida nk’aba ntirwakwirengagizwa. Wenda Polisi y’u Rwanda yagawa kudashyiraho ingamba zihagije mu gukorana n’abaturage kuri iki cyo gutoranya abinjira muri Polisi, ariko ntiyagawa ko ibikora yonyine kuko izi ko aba bafatanyabikorwa ari ingenzi.

-3071.jpg

Yanditswe na ACP Jimmy Hodari

2016-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

ACP Twahirwa yabwiye Abanyabugesera ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo

ACP Twahirwa yabwiye Abanyabugesera ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo

Editorial 09 Sep 2016
Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Editorial 16 Apr 2021
Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Abanyarwandakazi batatu birukanywe muri Uganda nyuma y’umwaka batoterezwa muri gereza banakoreshwa imirmo y’agahato

Editorial 03 Jun 2019
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Editorial 13 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli  azatabarizwa mu Rwanda
ITOHOZA

Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Editorial 05 Jan 2017
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘
Mu Rwanda

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Editorial 30 Apr 2017
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi
Mu Rwanda

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Editorial 03 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru