• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Editorial 06 Dec 2019 POLITIKI

Inkubiri yo kweguza Perezida Donald Trump yatangiye mu mezi abiri ashize, bigizwemo uruhare n’ishyaka ry’aba-démocrate ariko kuva ubwo risa n’aho rigeze ahantu kure abantu batatekerezaga kandi mu gihe gito.

Imvano ya byose yabaye ikiganiro Trump yagiranye na mugenzi we wa Ukraine,Volodymyr Zelensky kigaruka ku ruhare rw’amahanga mu matora ya Amerika.

Ni ikiganiro bivugwa ko aba bakuru b’ibihugu byombi bagiranye muri Nyakanga 2019; icyo gihe ngo Zelensky yasabaga Trump kongera inkunga mu bya gisirikare, uyu na we amusaba ko amufasha kumenya amakuru bivugwa ko Ukraine ibitse ajyanye no kwivanga mu matora ya Amerika kw’amahanga.

Iki kibazo cyanajemo Joe Biden wari Visi Perezida ku bwa Obama, aho Trump yashakaga ko akorwaho iperereza. Impamvu ni uko bwo Biden yari Visi yageragezaga gufasha Ukraine mu kibazo cyayo n’u Burusiya, Amerika yaje gutangaza ko ruswa iri mu bayobozi bakuru ba Ukraine ari imbogamizi ku bufasha itanga ndetse ko Viktor Mykolayovych Shokin [Wabaye Umushinjacyaha Mukuru] abifitemo uruhare runini cyane.

Ku gitutu cya Amerika binyuze kuri Biden wari uyihagarariye muri iki kibazo, Ukraine yakoze impinduka zirimo kwirukana Shokin nyuma na we atangira gushinja Biden kumwirukanisha kugira ngo akingire ikibaba umuhungu we Hunter Biden, yari yaratangiye gukoraho iperereza ku mikoranire ye na Kompanyi itanga ingufu muri Ukraine yitwa ‘Burisma Holdings’.

Kuko Joe Biden ashobora kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha ahanganye na Trump, ishyaka rye ryahise ritangira gukurikirana Trump ku mpamvu yaba ashaka gukoresha amahanga mu gusinsibiranya ibimenyetso ku mugambi w’amahanga mu gutuma atorwa mu matora aheruka.

Bahise bashyira imbaraga muri iyi gahunda, inteko itora ko itegeka ko hatangira kumvwa abatangabuhamya, ndetse na komisiyo ishinzwe ubutabera mu nteko itangira akazi kayo. Byose byakozwe bitabaye ngombwa ko hategerezwa iperereza ryimbitse ku byo Trump ashinjwa.

Hari impamvu iri shyaka riri kwihutisha iyi gahunda y’uko Trump yakweguzwa. Imwe muri izo ni uko rifite icyizere ko nibura abasenateri bajya mu kiruhuko cya Ukuboza hari ikintu gifatika kigezweho.

Ibi bisobanuye ko bifuza ko nibura mu byumweru bibiri baba bamaze gukora amatora ya nyuma bakemeza ko Trump akwiye kweguzwa.

Niba ibi bizaba cyangwa bitazashoboka ni ibyo gutega amaso kuko nta gihe ntarengwa bihaye, ndetse birashoboka ko amatora ashobora kuba umwaka utaha.

Umudepite ukuriye Komite ishinzwe ubutasi, Adam Schiff, mu cyumweru gishize yagize ati “iki kibazo tukibona nk’icyihutirwa.” Nancy Pelosi ukuriye Inteko akaba ari n’umu- démocrate, we yagize ati “Ntituzategereza ko urukiko rufata umwanzuro, ntitwabitegereza.”

Aba-démocrate bafite gahunda ko kweguza Trump byaba mu ntangiriro za 2020 aho gutegereza ko byegera amatora ateganyijwe ku wa 03 Ugushyingo 2020.

Aho ibi bishyira naho harigaragaza: biraganisha ku rubanza muri Sena, ikaburanisha Trump aho amahirwe menshi ari uko imyanzuro izarangira ari uko ahanaguweho ibyaha agakomeza kuyobora dore ko ishyaka rye ariryo rifite ubwiganze muri Sena.

Aba- Républicains bakunze kuba inyuma ya Trump kuva ibi byose byatangira, ndetse nta cyizere kinini gihari ko hashobora kuba ubwiganze bw’abasenateri 67 basaba ko yegurwa.

Icyo ubu aba- démocrate bari gukora, ni ukumvikanisha amabi ya Trump mu ijwi riranguruye, ku buryo bizajya kugera mu Basenateri nibura hari icyizere cy’uko yakurwaho.

Src : IGIHE

2019-12-06
Editorial

IZINDI NKURU

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Editorial 02 Feb 2018
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Editorial 05 Feb 2024
RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Editorial 13 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 14 Nov 2022
Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)
ITOHOZA

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Editorial 28 Nov 2016
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite
Amakuru

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Editorial 06 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru