• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 09 Apr 2018 Mu Mahanga

Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centre Afrique, Darfur muri Sudani na Sudani y’Epfo bifatanije n’inshuti zabo mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

I Bangui, Perezida wa Repuburika ya Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra, yifatanije n’ Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro hamwe na Diaspora Nyarwanda muri icyo gihugu mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango witabiriwe n’abandi banyacyubahiro bagize Guverinoma n’abayobozi batandukanye ba Loni, ubera mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda, Socatel M’poko i Bangui.

Perezida Touadéra yacanye urumuri rw’icyizere, anashyira indabo ahagenewe kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside.

Mu butumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Intebe Patrice Sarandji, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari urugero rufatika rw’uburyo Umuryango Mpuzamahanga wananiwe kugira icyo ukora mu gihe wari utegerejweho gutabara.

Yanavuze ko abaturage ba Centre Afrique bakura isomo ku Rwanda bagaharanira ubumwe n’ubwiyunge mu gihugu cyabo.

Perezida wa Repuburika ya Centre Afrique, Faustin-Archange Touadéra yacanye urumuri rw’icyizere

Sudani y’Epfo

Abanyarwanda bari mu butumwa muri UNMISS bari kumwe na Diaspora nyarwanda muri Sudani y’Epfo bafatanije n’inshuti mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umuhango wo kwibuka wabereye mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda, Juba Tomping Camp, witabirwa n’abanyacyubahiro barimo n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga wa Loni muri UNMISS, David Shearer watanze ubutumwa bwo kwihanganisha abanyarwanda, anemeza ko Umuryango Mpuzamahanga wananiwe gutabara u Rwanda.

Minisitiri wa Siporo n’Umuco muri Sudani y’Epfo, Salal Rajab Bunduki, wari umushyitsi mukuru, yavuze ko amateka y’u Rwanda afite amsomo menshi atanga kuri Sudani y’Epfo.

Yanashimye ibikorwa abanyarwanda bakora mu kurwanya abashaka guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, haba mu karere n’ahandi mu mahanga.

Uyu muhango wo kwibuka ukaba waabereye n’ahitwa Malakal naho hari ibirindiro by’Ingabo z’U Rwanda.

Darfur

Muri Sudani naho Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro Darfur nabo bifatanije na UNAMID n’inshuti mu kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muhango waranzwe n’urugendo rwo kwibuka ndetse no gucana urumuri rw’ikizere. Witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo n’Umugaba w’Ingabo za UNAMID, Lt Gen Leonard Muriuki Ngondi.

Umujyanama muri Ambasade y’ u Rwanda muri Sudani, Shyaka Ismael, yavuze ko kwibuka ari igikorwa ngarukamwaka kigamije guha agaciro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye nyuma y’imyaka 45 habaye indi Jenoside yakorewe Abayahudi.

Umuryango Mpuzamahanga wari wariyemeje ko ugiye gukumira Jenoside ariko ntibyigeze bigerwaho, Shyaka yibajije aho uyu muryango hamwe na Loni bari bari muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Shyaka yavuze ko abariho n’abazaza bakeneye kumenya aya mateka akaba ari nayo mpamvu yo gukomeza kugaragaza ukuri kw’ibyabaye mu gusigasira ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi rwabereye Darfur

I Juba mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abasaga miliyoni

Umujyanama muri Ambasade y’ u Rwanda muri Sudani, Shyaka Ismael

I Bangui ubwo Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu butumwa bw’amahoro bari mu muhango wo kwibuka

Abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka

2018-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Uko ikoranabuhanga rya Polisi Mpuzamahanga ryitwa I-24/7 rifasha mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka

Editorial 26 Feb 2016
Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Editorial 01 Dec 2016
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Editorial 28 Jul 2016
Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Editorial 04 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU
Mu Mahanga

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Editorial 18 Jul 2016
Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Visi Perezida wa Rayon Sports, Gacinya Denis yatawe muri yombi

Editorial 20 Dec 2017
Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim
Mu Mahanga

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Editorial 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru