• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Editorial 02 Feb 2018 POLITIKI

Nyuma yo kwirahiza kwa Raila Odinga ku wa 30 Mutarama 2017 yiyitirira  kuba ari we  Perezida w’abaturage ba Kenya , bamwe  mu basesenguzi babonamo uburyo bwo gushaka imishyikirano yo kugabana ubutegetsi n’ishyaka Jubilee riri ku butegetsi, abandi bati ni ugushaka kunaniza ubutegetsi buriho, mu gihe abayoboke ba NASA bo babibonamo intsinzi ikomeye ya Demokarasi.

Amateka y’amatora muri manda eshatu zikurikiranye mu gihugu cya Kenya agaragaza ko buri gihe yaherekejwe n’imvururu ,  zishingiye ahanini  ku moko n’uturere kurusha uko zishingiye ku nyungu za politiki rusange y’igihugu.

Gusaranganya ubutegetsi nabyo byakomeje kuba ingorabahizi buri gihe, ari nako abantu batari bake bahasiga ubuzima, byaba mbere cyangwa  nyuma y’amatora ya 2007, aya 2013 ndetse n’ay’uyu mwaka  2017.

Kuba uyu mwaka Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwarasheshe amatora rushingiye ko hari amakosa yakozwe na Komsiyo y’amatora, byatumye yasubiwemo ariko Ihuriro NASA n’umukuru waryo Odinga bayikuramo bityo Ishyaka Jubilee ryegukana intsinzi , Urukiko  noneho rwemeza ibyayavuyemo, ndetse  n’Umuryango mpuzamahanga ubiha umugisha. Odinga utaremeye uyu mwanzuro, ubu arakoresha uburyo bwose ngo arebe uko yakwigarurira ubutegetsi bwamucitse mu matora, ariko amahirwe ye asa n’aho ari make kuko, ku munsi yirahiza nka Perezida wa Kenya, Minisiteri y’ubutegetsi ya Kenya nayo yahise itangaza ko ibikorwa by’ihuriro NASA  bizafatwa nk’iby’umutwe w’iterabwoba, ibi binashoka mu Igazeti ya Leta.

Raila Odinga yaba ashaka kotsa igitutu Jubilee ngo  NASA nayo ihabwe imyanya

Nubwo nyuma y’amatora ya 2007 hakurikiye imvururu zahitanye ibihumbi by’abanyakenya, hakurikiyeho isangira ry’ubutegetsi ryahesheje Raila Odinga kuba Minisitiri w’Intebe, ndetse binagenda bityo muri 2013.

Iminsi mike nyuma y’uko  Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya ruseseye amatora y’Umukuru w’igihugu yo muri Kanama 2017, Raila Odinga wahise yumva ko icyazaga gukurikira kwari ukwemeza intsinzi ye, maze atangaza ko nta kugabana ubutegeti bizabaho uko byagenda kose. Yagize ati “nta butegetsi tuzagabana”, “ntituzasangira umugati” nkuko byatangajwe ku rubuga https://www.zonebourse.com

Ariko, ntibyaje kuba uko abyifuza kuko amatora yasubiwemo, kutayitabira kwe binanyuranije n’amategeko ntibyamuhira.

Kutemera uburyo amatora yarangiye, biratuma Odinga utagifite amahirwe yo kongera kwiyamamaza muri manda itaha akoresha ibishoboka byose ngo azataviramo aho, ndetse n’amashyaka amushyigikiye adashinze imizi ku buryo NASA yazayobora igihugu.

Amwe mu mayeri  Odinga aheruka gukoresha mu kureshya bamwe mu bayobozi b’ishyaka  Jubilee nkuko bitangazwa n’urubuga www.Tuko.co.ke rwo muri Kenya , ni nk’amagambo aherutse kuvuga kuwa 25 Mutarama 2018 mu muhango wo gushyingura  William KOECH, umuyobozi w’ishyaka OMD wari uhagarariye NASA mu karere ka Kipkelion East.

Odinga yavuze ko Vice-Perezida wa Jubilee, William Ruto, biteganijwe ko yazasimbura Uhuru Kenyata mu matora ya 2022, adashobora kuyatsinda atari we umushyigikiye ubwe. Kuba Odinga yaravuze ko yiteguye kuzashyigikira Ruto mu matora ya 2022, abashishoza babibonamo uburyo bwo kumushakamo umuhuza muri iki gihe kugira ngo imishyikirano na Jubilee ibe yashoboka.

Ku rundi ruhande, kuba igisonga cya Odinga muri NASA ariwe Kalonzo Musyoka ataritabiriye irahira rya Odinga ku wa 30 Mutarama 2017 ahubwo ngo nawe arahirire umwanya wa Vice-Perezida wa Kenya,  yaje gusobanura ko byatewe no kutizera umutekano we, nyamara Polisi yaje kumunyomoza hanyuma ivuga ko nta kibazo na kimwe yari afite cy’umutekano

Abashishoza bavuga ko iby’umutekano muke wa Musyoka byaba atari byo, ahubwo ari uburyo bwa Odinga bwo kwitangaho igitambo nkuko yari yanabivuze mbere gato, ko yiteguye byose harimo urupfu cyangwa igifungo cya burundu, bityo Musyoka agasigara ku rugamba.

Mu bisanzwe, nta n’undi mukandida Raila Odinga yakabaye ashyigikira uretse uwo muri NASA, by’umwihariko usanzwe amwungirije akaba anafite amahirwe yo kwiyamamaza muri 2022 ariwe Musyoka.

Nkuko bishyigikiwe n’abatari bake byaba imbere muri Kenya, ni ukuvuga abaturage ba Kenya, ndetse n’Umuryango mpuzamahanga, inzira ishoboka kugira ngo amahoro aboneke, ni uko abanyapolitiki ba Kenya bakwicara hamwe bagashakira igisubizo cya politiki ibibazo bafite no gusangira ubutegetsi birimo.

Ubuyobozi  bwa Kenya buzakomezwa n’inzego zibugize

Biroroshye ko muntu wese yatangaza ko guhera ku munsi runaka abaye umuyobozi w’agace runaka cyangwa w’ikigo runaka. Ariko kugira ngo habeho kuyobora ako gace, by’umwihariko igihugu, bisaba kuba ufite ububasha ku nzego zose zacyo, by’umwihariko iz’umutekano, iz’ubutabera, iz’ubukungu ndetse unashyigikiwe n’Umuryango mpuzamahanga.

Kuba rero Raila Odinga yarirahije kuba perezida w’abaturage, ibyo byonyine  ntibimuha ubushobozi bwo kuyobora igihugu  ashingiye  gusa ku mubare munini w’abaturage bamushyigikiye. Biramusaba kugira ububasha ku nzego zose z’ubutegetsi, cyangwa se guverinoma azashinga ikagaragaza intege  zihagije zo guhangana n’iriho.

Muri urwo rwego, amahirwe ya NASA asa n’aho ari make kuko Odinga n’abamushyigikiwe ubu bafatwa nk’umutwe w’abaterabwoba mu mategeko ya Kenya, byumvikana ko n’ibikorwa byabo bitazaborohera.

Bibaye ibyo kwifuriza Kenya amahoro ashingiye ku bworoherane no gushyira imbaraga mu kubaka inzego z’ubyobozi, ntawareka kuvuga ko gufunga Odinga cyangwa kumukatira urwo gupfa bitaba ari cyo gisubizo cy’ibibazo. Gusa, ku rundi ruhande, ikibazo cy’umutekano giteye impungenge umuntu ashingiye ku bwinshi bw’abayoboke ba Odinga n’imyitwarire yabo mu myigaragambyo.

Ubushishozi bw’abayobozi ba Kenya n’inkunga y’Umuryango mpuzamahanga nibyo bizarokora iki gihugu.

Jean Louis KAGAHE.

 

2018-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Editorial 08 Mar 2024
Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Editorial 05 Jan 2020
RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

Editorial 08 Aug 2018
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya
ITOHOZA

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya

Editorial 15 Apr 2018
Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye
SHOWBIZ

Umunyamakuru Eugene Anangwe yarongoye

Editorial 04 Dec 2017
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni
INKURU NYAMUKURU

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Editorial 06 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru