• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Editorial 30 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu kiganiro cyuzuyemo agahinda n’amaganya Leah Karegeya umugore wa Patrick Karegeya yagiranye na Matabaro wa therwandan.com cyaje gishimangira ibyo Rushashya yagiye itangaza ku mwiryane ubarizwa muri RNC. Ibiri kuba kuri Leah Karegeya umugabo we yari yarabimubwiye ariko kubera uburyo Kayumba Nyamwasa yamwiyegereje nyuma y’urupfu rw’umugabo we, bakomeje kubana kubera imigambi mibisha bari bahuriyeho ariko ngo burya ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, ukuri ko muri RNC ndetse n’imibanire ya Leah na Kayumba nibo ubwabo bayishyirira hanze bashimangira ibyo Rushyashya yagiye itangaza. Ushaka amakuru yo muri RNC atega amatwi Jean Paul Turayishimye, Leah Karegeya cyangwa Kayumba Nyamwasa ubwe kuko bavuga ibyatangajwe kera. Leah Karegeya nareke kwikoma Rushyashya nkuko yabikoze mu kiganiro yagiranye na The Rwandan.

Leah Karegeya yashimiye The Rwandan ko yamuhaye ijambo kuko Itahuka ya Kayumba Nyamwasa yari yarimwimye, nuko arerura yemeza ko atazava muri RNC kubera ko kuri we uteza ibibazo (Kayumba Nyamwasa) ariwe ukwiye kuyivamo. Gusa umuntu yakwibaza uburyo avuga ko ari muri iri shyaka kandi yarakuwe ku mirimo ye, nawe ubwe akabyemeza kandi yari afite umwanya wakwita w’ubunararibonye muri iryo shyaka. Mu nkuru twabagejejeho ubushize, twababwiye uburyo Kayumba Nyamwasa yaburijemo akanabuza abanyamuryango ba RNC kwitabira umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya wari wateguwe n’umugore we Leah Karegeya; ku ikubitiro Kayumba Nyamwasa yabanje gukura Leah ku nshuti ze za kera z’umugabo we aribo Theogene Rudasingwa na Gerard Gahima bafatanyije gushinga RNC, aziko asigaranye n’umuntu muzima kandi umugambi wa Kayumba kwari ukubigizayo wese agasiagarana RNC nk’akarima ke asoromamo igihe ashakiye.

Indi mpamvu ituma Leah Karegeya ari mu gahinda, ni uruzinduko rukomeye nawe yari yarateguye kugirira muri Uganda mu rwego rwo kwihimura kuri Kayumba Nyamwasa maze agakoranya abayoboke bose ba RNC akabaca kuri Kayumba; ibi ntibyaje gukunda kuko mu bantu yavugishaga bari bafitanye uwo mugambi, akaba ari Lt Gen Henry Tumukunde nawe yaje gufungwa, ubwo yazamuye intugu kuri Perezida Museveni nyuma akaza kuba amubitse muri gereza. Tumukunde  wari inshuti magara na Patrick Karegeya yari yijeje Leah kumucungira umutekano ndetse no kumuhuza n’abandi bantu bakomeye muri Uganda. Bakina umukino wo guhanganira muri Uganda, bikaza gushimangira ko Kampala ari indiri n’isoko ya RNC; ushaka kwigaragaza mu ishyaka cyangwa kwigumura kuri Kayumba Nyamwasa niho yikoza, dore ko Rutabana yahuye nuruva gusenya nawe ariho yagiye. Icyo biyibagiza aba bose ni uko Kayumba Nyamwasa ashyigikiwe na Museveni bityo CMI ikaba nawe imukorera.

Ngurwo uruhurirane rw’ibibazo Leah Karegeya afite muri iyi minsi, iyo bimuyobeye arasenga, agatuka Kayumba, naho kuruhande rwa Kayumba Nyamwasa nawe akagira Charlotte Mukankusi umusengera; nyuma y’intambara y’amagambo, iyamasasu muri Bijombo abatavuga rumwe muri RNC ubu barwanisha amasengesho. Leha Karegeya siwe wenyine ushyizwe mu gahinda na Kayumba Nyamwasa kuko benshi bagasaziyemo barimo Jean Paul Turayishimye, Jean Marie Micombero, umuryango wa Rutabana, Deo Nyirigira na mwene nyina baba muri Uganda. Ngibyo ibya Leah Karegeya!

Lea Karegeya ashaje nabi

Leah Karegeya iyo avuga amatiku ari muri RNC avuga atsindagira kuko yo arayazi kandi arayamenyereye kuko abana nayo, ariko ikibazo ni ukumugora ukamubaza ibijyanye na politiki y’u Rwanda; bamubajije ku kibazo gihangayikishije isi muri rusange harimo n’u Rwanda cya Corona Virus, Leah Karegeya yahise asubiza ko Perezida Kagame agomba gutanga Miliyoni 12 bakazigabanya miliyoni 12 z’Abanyarwanda bityo nibura umunyarwanda agatwara miliyoni bityo akamara umwaka ntakibazo afite. Ntabwo byagarukiye aho mu mibare ye, Leah Karegeya yongeyeho ko nibura miliyoni ebyiri z’Abanyarwanda babasha kwitunga, bityo hagasigara miliyoni 10, bityo ko Perezida Kagame agomba kurekura miliyoni 10 akazigabanya abanyarwanda miliyoni 10 hanyuma bakabaho igihe kigera ku mwaka. Ubwo rero kuri Leah Karegeya cyangwa RNC niba watungwa n’ifaranga rimwe umwaka wose, nicyo umuntu yakwibaza. Ubanza imibare yo mu bukungu yarayigishijwe na David Himbara.

2020-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

Editorial 04 Mar 2024
Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Editorial 30 Sep 2019
Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Editorial 09 Feb 2018
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Editorial 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika
ITOHOZA

Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Editorial 03 Mar 2018
Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka
IMIKINO

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Editorial 10 Feb 2020
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho
Amakuru

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Editorial 31 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru