• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Leta iraburira abanyarwanda ku bushukanyi bw’abiyita abahanuzi mu madini n’amatorero

Editorial 26 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwasabye abanyarwanda, cyane cyane abayoboke b’amatorero n’amadini kuba maso ku nyigisho zitangwa n’abiyita abahanuzi b’akataraboneka, nyamara bagamije kubayobya no kubacuza utwabo.

RGB ivuga ko hashize iminsi mu matorero n’amadini mu Rwanda humvikana bamwe mu bayobozi bayo biyita abahanuzi b’akataraboneka, bakabyifashisha baka abayoboke amaturo cyangwa bakabaha inyigisho zishobora kubayobya.

Abakurikiranira hafi iby’imyemerere n’amadini bavuga ko hari ubuhanuzi bw’abo babyiyitirira bubatera ubwoba kuko buba bugamije indoke z’amaturo cyangwa bukaba bwayobya abayoboke.

Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika akaba n’umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare, Philippe Rukamba, yabwiye IGIHE ngo “Hari ubuhanuzi buntera n’ubwoba busigaye buriho. Barakubwira bati ‘turahanura wowe Imana iragukiza ntuzongere no kunywa imiti, ntuzongere kureba muganga, emera gusa usenge.”

Rukamba yakomeje avuga ko ibyo ari ibinyoma.

Itangazo RGB yasohoye kuri uyu wa 25 Nzeri 2018, rimenyesha abanyarwanda n’abayoboke b’amadini n’amatorero ko bakwiye kuba maso kuri abo biyita abahanuzi, akenshi babyifashisha bagatwara abantu imitungo cyangwa bakayobya.

Hari aho rigira riti “Abantu basabwa amafaranga (amaturo) cyangwa imitungo yabo babwirwa ko uzatanga iby’umurengera ari we uzahabwa umwanya ukomeye mu ijuru.”

Risobanura ko hari n’ababuza abarwayi kwivuza, bakabishyuza, bababwira ko bazabasengera bagakira, abandi bagacuzwa utwabo babeshwa ko Imana izabishyurira imyenda bafite muri banki, cyangwa ikabatuza mu mahanga.

Si ibyo gusa kuko hari n’ababeshya abayoboke ko nibatanga amaturo runaka, bazazamurwa mu ntera mu mirimo yabo n’ibindi.

Iri tangazo ryashyizweho umukomo n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Prof. Shyaka Anastase, rinavuga ko hanagaragaye inyigisho zihabwa abayoboke zikabashyira mu bikorwa bibangamiye uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.

Muri ibyo bikorwa harimo nko kwiyicisha inzara igihe kirekire basenga, bikabagiraho ingaruka zikomeye.

Urugero ni nk’Umukirisitu yafatiwe n’uburwayi mu cyumba cy’amasengesho cy’itorero rya Restoration Church riherereye i Masoro muri Mutarama uyu mwaka, bimuviramo urupfu.

RGB ivuga kandi ko hari ibindi bikorwa by’abo biyita abahanuzi, bishora abayoboke mu bibabaza umubiri nko kwitwika ngo bababare nkuko umwana w’Imana yababaye.

Ngo hari n’abandi bashuka abagore babuze urubyaro bakemera gusambana nabo, babizeza ko bazahita babyara n’ibindi.

Rikomeza rigira riti “Abayoboke b’amadini n’amatorero barasabwa kugira ubushishozi, bakirinda kwemera ibyo bizezwa n’abiyita abahanuzi b’ibitangaza bakamunga umutungo w’ingo zabo cyangwa bikagira ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

RGB ikomeza isaba n’abayobozi b’amadini n’amatorero n’abakora umurimo wo kwigisha iyobokamana, gutanga inyigisho ziboneye kandi zifasha abanyarwanda kwirinda inyigisho zibangamira amahame y’uburenganzira bwa muntu cyangwa zinyuranya n’amategeko y’igihugu.

2018-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’  Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’ Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

Editorial 26 Aug 2018
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Editorial 30 May 2019
Amabanga 10  akomeye mu gushinga Urugo

Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Editorial 25 Feb 2017
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Editorial 06 Nov 2023
U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’  Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’ Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

Editorial 26 Aug 2018
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Editorial 30 May 2019
Amabanga 10  akomeye mu gushinga Urugo

Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Editorial 25 Feb 2017
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

Editorial 06 Nov 2023
U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’  Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

U Burundi Bugiye Kugura Mu Burusiya ‘Pantsir-S1’ Irasa Missiles Zikingira Ibitero Byo Mu Kirere

Editorial 26 Aug 2018
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Editorial 30 May 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    September 27, 20187:25 am -

    Ni byo rwose abatekamutwe biyambika uruhu rw’intama biyita abakozi b’Imana baragwiriye mu matorero akenshi mu byumba by’amasengesho niho bategera abapfu bakirira ibyabo . Bashenye ingo z’abandi barazimaze babahanurira ngo uriya si Imana yamuguhaye….abantu bareke ubwo bujiji bwo kwakira ibyo babwiwe n’ibyo birura byose nk’ukuri.
    izo ngirwa bahanuzi rero, nta n’Imana baba bemera kuko bayizi ntibakinisha izina ryayo kariya kageni.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi
Mu Rwanda

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Editorial 14 Aug 2017
Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano
Mu Rwanda

Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Editorial 05 Aug 2017
#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo
IMIKINO

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Editorial 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru