• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver (Ifoto/Internet)

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Editorial 16 Nov 2017 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko hagiye kurebwa uburyo guteza cyamunara imitungo y’abaturage byakorwa neza bityo ruswa ivugwamo ikarwanywa.

Amb. Claver Gatete avuga ko hagiye kurebwa uko hajya hashyirwaho umuntu wigenga, ku buryo ari we wajya ajya mu guteza cyamunara umutungo w’umuntu wananiwe kwishyura umwenda wa banki, aho gukorwa na banki.

Gatete avuze ibi nyuma yo guhamagazwa na Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, mu gusuzuma raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2016/17.

Muri raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2016-2017 hagaragaye ikibazo cy’abaturage binubira ikibazo cyo guteza cyamunara imitungo yabo, aho ngo bigaragara ko hari ikibazo cyo kugena agaciro k’imitungo itezwa cyamunara ndetse n’inzira za cyamurana zitubahirizwa ibi bikaba bigaragaramo ibyuho bya ruswa n’akarengane.

Alfred Kayiranga Rwasa uyobora iyi komisiyo, avuga ko iki ari ikibazo gihangayikishije abaturage kandi Leta igomba guhagurukira.

Rwasa avuga ko bitumvikana uburyo umutungo uba ufite nk’agaciro ka miliyoni 60, banki yaza guteza cyamunara kubera ko wa muturage yari afite umwenda muto wa banki, yo ugasanga igurishije wa mutungo ku mafaranga make ishaka kuvanamo ayayo, akenshi ngo ugasanga hari ababa babyihishe inyuma.

Mu mwaka wa 2015 umushoramari Inyarubuga Bonaventure nyiri Cari Hotel iherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, yandikiye Perezida Kagame amusaba guhagarika cyamunara ya Banki ya Kigali, aho banki yavugaga ko iyo hoteli ifite agaciro ka miliyoni 220 mu gihe we yavugaga ko abagenagaciro bemewe na Banki y’Igihugu banzuye ko ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyari.

  • Umushoramari yandikiye Perezida Kagame atabariza hoteli ye igiye gutezwa cyamunara

Minisitiri Gatete na we avuga ko n’ubwo bitoroshye kuba watahura icyaha, gusa ngo hari ikigomba gukorwa.

Agira ati “Ubusanzwe ntabwo umuntu unaniwe kwishyura bahita bateza cyamunara umutungo we, barabanza bakagerageza ariko byavaho bikanga, hari amategeko abiteganya, ntabwo uyu munsi unanirwa kwishyura ngo bahite bateza cyamunara kuko igira amategeko ayigenga.”

Yakomeje agira ati “Kuba harimo ruswa akenshi ushobora kuyikurikirana ukanayibura ariko ukaba ureba ibikorwa ukavuga uti ‘aha hari ikibazo’, ukamenya ko hari ikibazo ariko udafite ukuntu wagifata, ubu ibyo turimo kureba ni uko hari abantu babiri, hari banki hari n’uwafashe inguzanyo wananiwe kwishyura, ngira ngo twareba umuntu wigenga akaba ari we ukoresha cyamunara, banki itarimo na wa wundi atarimo, ese ibi bintu wenda ntibyagira icyo bitanga? Icyo ni igitekerezo cyiza abantu bareba turashaka kureba uko twashaka umuti urambye.”

Ni kenshi abaka inguzanyo bagenda bagaragaza ko guteza cyamunara harimo ruswa, bakavuga ko akenshi bigirwamo uruhare na bamwe mu bakozi bo mu mabanki baba bashaka kwigurira ya mitungo,cyangwa indi ruswa.

2017-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Kagame na Shinzo Abe bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ya miliyoni $29 azashorwa ku ruganda rwa Nzove

Editorial 09 Jan 2019
Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Editorial 25 Apr 2018
Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye
HIRYA NO HINO

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye

Editorial 05 Feb 2018
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Editorial 19 Jan 2021
Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Editorial 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru