• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Editorial 29 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu itangazo Leta ya Uganda yahise ishyira ahagaragara amasaha make u Rwanda rutangarije ko umupaka wa Gatuna uzafungurwa tariki ya 31 Mutarama 2022, abategetsi ba Uganda baravuga ko biyemeje kuvana mu nzira ibintu byose byakuruye urwikekwe no kurebana ay’ingwe, kugeza igihe umubano w’ibihugu byombi uzaba wongeye kuba ntamakemwa.

Ibi byanashimangiwe na Amb. Adonia Ayebare,uhagarariye Uganda mu Muryango w’Abibumye, ubwo yabwiraga televiziyo NTV, ko igihugu cye cyavanye isomo rikomeye mu bibazo cyagiranye n’u Rwanda, bityo ngo bakaba biteguye gukora ibisabwa byose ngo umwuka wa gicuti na kivandimwe ugaruke hagati y’ibi bihugu bisangiye byinshi.

Hari ibimenyetso bigaragaza ko ibyo Uganda ivuga byaba atari amareshyamugeni. Dore nk’ubu hari Abanyarwanda 58 bari bafungiye ahantu hatazwi bahise barekurwa, iyi ngo akaba ari intangiriro nziza yo gufungura n’abandi amagana bari bararenganyijwe na Gen abel Kandiho uherutse kuvanwa ku buyobozi bw’urwego rw’ubutasi mu gisirikari cya Uganda, CMI.

Amb. Ayebare yavuze ko Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kuza mu Rwanda kubonana na Perezida Paul Kagame, ari umusemburo w’impinduka nziza (game changer), ngo kuko yumva neza imiterere y’ikibazo, kandi akaba afite ubushake bukomeye bwo kugikemura.

Uretse guhohotera Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri Uganda, Leta y’u Rwanda inavuga ko hari ibindi bibazo Uganda igomba kubonera umuti, birimo guhagarika ubufasha yahaga abagambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abakurikiranira hafi iby’umubano wa Uganda n’u Rwanda bategereje kureba niba koko abategetsi ba Uganda bagiye gucutsa RNC ya Kayumba Nyamwasa, n’indi mitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi.

Amakuru ava mu bigarasha aravuga ko ba David Himbara, Kayumba Rugema, Charles Kambanda, Sula Wakabiligi Nuwamanya, Prossy Bonabana n’abandi CMI ihembera guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo, bahiye ubwoba ko bagiye kuvanwa amata mu kanwa.

Nyamara wabona uwahekwaga agiye kwigenza nako gucumbagira!

2022-01-29
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Editorial 24 Jul 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Editorial 29 Nov 2019
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri village urugwiro kuwa gatanu tariki ya 09/12/2016

Editorial 13 Dec 2016
Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Perezida Museveni yamaze iminota icumi mu mwijima mu gitaramo cya Bebe Cool

Editorial 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN
Mu Mahanga

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Editorial 07 Feb 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Editorial 03 Jul 2017
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Editorial 07 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru