• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Editorial 12 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Leta y’Amerika binyuze k’Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’Amahanga yatangaje ko bari gukurikiranira hafi ibibera muri Uganda ariko ko ababigizemo uruhare bagomba kubibazwa.

Ibi bije bikurikira ibaruwa yanditswe n’umukuru ushinzwe komisiyo y’ububanyi n’amahanga mu nteko ishinga amategeko y’Amerika, Elliot Angel asaba ko hahita hafatwa ibihano bikakaye bigafatirwa abasirikari bakuru mu gihugu cya Uganda bitewe n’uburyo bahohotera abarwanashyaka ba Bobi Wine.

Iyo baruwa yanditswe tariki ya 9 Ukuboza 2020 igaragaza amazina asabirwa gufatirwa ibihano, muri ayo harimo ukuriye ingabo zo ku butaka Maj Gen Peter Elwelu, Ukuriye ingabo zidasanzwe (Special Foreces) Maj Gen James Birungi, Uwari ukuriye ingabo za Uganda  muri Somalia Maj Gen Don William Nabasa na Maj Gen Kandiho ukuriye umutwe ushinzwe iperereza mu gisirikari cya Uganda.

Urutonde rw’abagomba gufatirwa ibihano rwageze no muri Polisi aho uwungirije umukuru wa Polisi ya Uganda Lt Gen Peter Steven Sabiiti Muzeeyi, nukuriye iperereza Franc Mwesigwa nabo basabirwa ibihano.

Isi yose ihangayikishijwe nibiri kubera muri Uganda aho abantu benshi bamaze kwica n’inzego z’umutekano zicyo gihugu. Mu gihe cya se, Amerika yigeze gufatira ibihano Gen Kale Kayihura wari ukuriye Polisi. Muri Mata 2017, Lt Gen Elwelu yangiye kwinjira mu nama yahuzaga Amerika n’Afurika aho abakuriye ingabo zo kubutaka bari bateraniye, I Lililongwe muri Malawi kubera ibyo bari bakoreye abaturage barindaga umwami wa Kasese bagera kuri 155 bakicwa. Kugeza uyu munsi abarwanashyaka ba Bobi Wine bagera kuri 54 bamaze kwicwa uhereye tariki ya 18 Ugushyingo

Ibaruwa yanditswe n’amerika ivuga ibyaha bitandukanye byakozwe n’ingabo za Uganda aho binjiye no mu nteko ishinga amategeko bagasohora abadepite batavugaga rumwe ku itorwa ryo guhindura itegeko maze Perezida Museveni akemererwa kuyobora Uganda kandi arengeje imyaka 75. Bagarutse kandi ku ihohoterwa rya Bobi Wine n’abarwanashyaka be 33 Arua ubwo umushoferi we yicwaga baziko bishe Bobi Wine. Ntawigeze afatwa ngo aryozwe ibi byaha.

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko hari abasirikari bakuru mu gisirikari cya Uganda bitandukanyije na Perezida Museveni kubera guhabwa amabwiriza yo kwica abaturage.

2020-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Editorial 22 Nov 2016
Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Editorial 04 Jul 2018
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Editorial 06 Sep 2024
Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Editorial 03 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!
Amakuru

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Editorial 10 May 2021
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere
Mu Mahanga

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Editorial 26 Feb 2017
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8
IMIKINO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Editorial 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru