• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Editorial 18 Nov 2016 Mu Mahanga

Igicuku kinishye ku isaha ya saa 00:40 z’ijoro ku isaha ya Kigali nibwo indege ya Kompanyi, Ethiopian Airlines yasesekaye i Kanombe izanye Seyoboka Henri Jean Claude wahoze mu ngabo za Habyarimana, ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yoherejwe n’ubutabera bwa Canada aho yari amaze imyaka 20.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi, yabwiye itangazamakuru ko Canada ikomeje kugaragaza ubufatanye bukomeye mu guhana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

-4713.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi ( iburyo ) arikumwe na Procureur Mutangana ( Ibumoso)

Yagize ati “Turashimira inzego z’ubutabera za Canada zakoze iki gikorwa, ni ikintu cyiza cyane kuko bigaragaza ubushake, ubufatanye ndetse no kudufasha kugirango abantu bakoze ibyaha ntibakomeze kwihisha inyuma y’ibikorwa bakoze, bagakomeza kugaragaza ko ibihugu bibashakisha ari ku mpamvu za politiki kandi hari ibimenyetso bifatika.”

“Kohereza abakekwaho ibyaha, ni icyizere ku butabera bw’u Rwanda kuko bigaragara ko babona ko kohereza umuntu ngo ahaburanire bizamufasha kubona ubutabera buri ku rwego mpuzamahanga.”

Nkusi yakomeje avuga ko Seyoboka aregwa icyaha cya Jenoside, icyo kwica, icyibasiye inyokomuntu n’icyaha cyo kurimbura imbaga yakoreye mu Kiyovu n’ahandi hatandukanye yayoboraga ibitero akanagenzura za bariyeri. Hari kandi kuba ubwe hari abo yiyiciye arashe afatanyije n’uwari Perefe wa Kigali, Renzaho Tharcisse n’abandi.

Seyoboka ashinjwa no kuba yarakoze inama zateguraga zikanashishikariza abantu gukora Jenoside, izwi cyane ni iyabaye kuwa 21 Mata 1994 yateguye igitero cyagiye kwica Abatutsi bari bahungiye ahitwa kuri CELA ‘Centre d’etudes des Langues Africaine’, aho bukeye bwaho abarenga 72 bishwe.

Akigezwa i Kigali yamenyeshejwe ibyaha aregwa n’uburenganzira yemererwa n’amategeko burimo guhabwa umwunganizi mu by’amategeko. Ku ikubitiro yabajijwe yunganirwa na Nkundabatware Albert.

Amategeko ateganya ko acumbikirwa na polisi iminsi itanu kugirango ubugenzacyaha bwayo butegure bunatunganye dosiye ye.

-4714.jpg

Seyoboka mu bikorwa bya Politiki muri Canada, aha we nabagenzi be barwanya Leta y’u Rwanda bari mucyo bita ” Amahoroiwacu ” Seyoboka yari afite ibyapa bisebya Umukuru w’Igihugu Paul Kagame.

Mu 1996 nibwo Seyoboka yagiye muri Canada ahabwa sitati y’ubuhunzi ariko iza gukurwaho bitewe nuko nyuma byaje kugaragara ko mu myirondoro yatanze hari ibyo yagiye abeshya birimo no kuba ataravuze ko yari umusirikare ufite ipeti rya Sous- Lieutenant mu ngabo za Ex-FAR.

Ibi byiyongeraho ubuhamya bwatanzwe mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICTR), amakuru aza kugaragaza ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bigashimangirwa n’urukiko Gacaca rwa Nyarugenge rwamuhamije ibyo byaha bumukatira gufungwa imyaka 19 adahari.

-4715.jpg

EX.FAR Seyoboka

Ku bijyanye n’igihano yari yarakatiwe na Gacaca, Nkusi yasobanuye ko amategeko y’u Rwanda ateganya ko iyo umuntu yoherejwe yarakatiwe na Gacaca ubushinjacyaha bwemerewe gusaba ko bikurwaho agatangira urubanza bundi bushya. Ubushinjacyaha bukaba bugiye gusaba ko bigenda gutyo yongere aregwe ahabwe umwanya wo kwisobanura.

Guhera muri 2006 ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka muri Canada n’ubutabera byakomeje gushaka kumwohereza mu Rwanda ngo aryozwe ibyo yakoze ariko akomeza kuburana avuga ko naza kuburanira mu Rwanda atazahabwa ubutabera, ko azakorerwa iyicarubozo n’ibindi.

Muri Gicurasi uyu mwaka nibwo hafashwe umwanzuro ntakuka wo kumwohereza.

Seyoboka ntabwo ari ukekwaho ibyaha bya Jenoside wa mbere woherejwe mu Rwanda na Canada, muri 2012 hoherejwe Leon Mugesera araburanishwa akatirwa burundu, aranajurira. Canada yagiye ifata ibindi byemezo birimo kuburanisha Munyaneza Desire wakatiwe gufungwa burundu na Mungwarere Jacques wagizwe umwere.

Canada yanahawe izindi nyandiko zigera kuri 11 zisaba ko yohereza abakekwaho Jenoside kuburanira mu Rwanda.

-4712.jpg

Seyoboka Henri Jean Claude mu maboko ya Polisi y’u Rwanda

2016-11-18
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Editorial 20 Jul 2016
U Rwanda rwatsinze Tanzanie mu gikombe cya Afurika cya Volleyball rugera muri 1/4 aho bzahura na Algerie

U Rwanda rwatsinze Tanzanie mu gikombe cya Afurika cya Volleyball rugera muri 1/4 aho bzahura na Algerie

Editorial 08 Sep 2023
Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Editorial 22 Oct 2017
Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Editorial 15 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 25 Dec 2017
Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye
ITOHOZA

Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye

Editorial 29 Apr 2017
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye
Amakuru

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Editorial 21 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru