• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Meya Nyamurinda arasaba uruhare rwa buri wese mu kurwanya ibiyobyabwenge nyuma yo kwangiza ibifite agaciro ka hafi Miliyoni ijana

Editorial 27 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Nzeri, Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa kigali bangije ibiyobyabwenge bitandukanye birimo kanyanga litiro 185, litiro ibihumbi bibiri z’inzoga zitemewe mu Rwanda, n’ibiro 900 by’urumogi.

Iki gikorwa cyo kwangiza ibi biyobyabwenge kikaba cyabereye ku kimoteri cya Nduba kiri mu murenge wa Nduba akarere Ka Gasabo, ibi biyobwabwenge byose bikaba bifite agaciro gakabakaba miliyoni ijana z’amafaranga y’uRwanda.

Nyuma yo kubyangiza, Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP ) Rogers Rutikanga, yavuze ko ibiyobyabwenge byangijwe byafatiwe mu turere 3 tw’umugi wa Kigali mu gihe cy’amezi atatu.

-8147.jpg

ACP Rogers Rutikanga Umuyobozi wa Polisi y’Umujyi

Yakomeje avuga ko ibi byose byafashwe kubera amakuru bahawe n’abaturage, aha akaba yavuze ati:”Tuzakomeza gufatanya n’abaturage gukora imikwabu ngo duhashye ibiyobyabwenge, kandi ntituzareba niba ari ibifi binini cyangwa ibito, twe tureba icyaha kandi uwo ariwe wese azafatwa. ”

ACP Rutikanga yavuze kandi ati:”Ibi biyobyabwenge bigira ingaruka k’ubabinyoye, kuko nibo usanga bijanditse mu byaha birimo gukubita no gukomeretsa, n’ibindi byaha.”

Yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ibi biyobyabwenge bifatwa, anakangurira abatayatanga kubafataho urugero nabo bagafatanya na Polisi y’u Rwanda urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge.

ACP Rutikanga yasoje ashishikariza urubyiruko kutishora mu biyobyabwenge kuko aribo bayobozi b’ejo b’igihugu, ahubwo bagashaka ibindi bibyara inyungu bakora.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Nyamurinda Pascal yavuze ko ibi biyobyabwenge biteye impungenge aho yavuze ati :”Ubundi umujyi wa Kigali urangwa n’isuku n’umutekano, ibi biyobyabwenge rero biduhungabanyiriza umutekano, ariko tuzakomeza gukorana na Polisi y’u Rwanda mu kubirwanya kugirango bicike burundu. ”

Nyamurinda yavuze ko umujyi wa Kigali washyizeho ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge binyuze mu bukangurambaga baha abaturage cyane cyane urubyiruko, barukangurira kutabyishoramo.

Yavuze kandi ko bazakomeza guhana ababifatiwemo, bakazanafatanya na Minisiteri y’urubyiruko mu kuruhuriza mu bigo bibigisha imyuga bakabona imirimo bakivana mu bukene.

Yashoje asaba abaturage guharanira intego y’umujyi wa Kigali ariyo “Isuku n’umutekano, bagaharanira gufatanya n’ubuyobozi kurwanya ibiyobyabwenge, barushaho gutungira agatoki inzego z’umutekano ababyishoramo kugirango bicike.

Source : RNP

2017-09-27
Editorial

IZINDI NKURU

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Editorial 19 Apr 2017
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Editorial 10 Jul 2017
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Editorial 25 Dec 2017
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Editorial 19 Apr 2017
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Editorial 10 Jul 2017
Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Polisi y’ u Rwanda yagaragaje uko umutekano waraye wifashe mu gihugu

Editorial 25 Dec 2017
Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Editorial 09 Apr 2018
Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Polisi yataye muri yombi umuforomokazi n’abandi bantu 2 bakekwaho kwica uruhinja

Editorial 19 Apr 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru