• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Minisitiri Biruta yatanze icyizere ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC itazongera gusubikwa

Editorial 10 Jan 2020 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yashimangiye ko nta mpungenge zikwiye kubaho ko inama ya 21 y’abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba, EAC, ishobora kongera gusubikwa nk’uko byabaye mu Ugushyingo 2019.

Dr Biruta yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’itangazamakuru, cyibanze cyane kuri Politike y’u Rwanda n’amahanga.

Muri iki kiganiro, Dr Biruta yabajijwe ikibazo kirebana n’uko iyi nama noneho izaba, kuko mu bihe byatambutse zagiye zisubikwa.

Mu Ugushyingo 2019 nibwo inama yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu bigize EAC yasubitswe, yimurirwa muri Mutarama cyangwa Gashyantare 2020.

Ibaruwa yo kuwa 18 Ugushyingo yari yasinywe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe EAC, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamenyeshaga Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko, ko gusubika iyi nama byasabwe n’umunyamuryango.

Nduhungirehe yagize ati “Nabasabaga nabamenyesha ko mubwira ibindi bihugu binyamuryango ko inama yavuzwe haruguru yasubitswe ikimurirwa ku yindi tariki muri Mutarama cyangwa Gashyantare 2020, bitewe n’ubusabe bw’umunyamuryango muri iyo nama”.

Minisitiri Dr Biruta avuga ko nta kabuza iyi nama izaba kuko n’ubundi ubwo yasubikwaga umwaka ushize, bitatewe n’ibibazo biri hagati ya bimwe muri ibi bihugu nk’uko byavugwaga.

Yagize ati “Ntabwo dufite gushidikanya ko iyi nama izaba kubera ko no mu gihe yasubikwaga mu Ugushyingo 2019, si uko hari ibibazo hagati y’ibihugu bigize aka karere, nta gushidikanya rero ko izaba, mwigira ikibazo ko itazaba.”

Kugeza muri EAC harimo ibibazo ahanini bishingiye ku bwumvikane buke buri hagati y’ibihugu biwugize, aho umubano w’u Rwanda na Uganda urimo agatotsi kimwe n’u Burundi. Kenya na Tanzania nabyo bifitanye amakimbirane mu by’ubucuruzi.

Mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru tariki 8 Ugushyingo 2019, Perezida Paul Kagame ari na we mukuru w’igihugu uyoboye EAC muri iki gihe, yagaragaje ko gukemura imbogamizi zikigaragara mu kwishyira hamwe kw’ibihugu binyamuryango ari byo bikwiye gushyirwa imbere kurusha inama ubwazo.

Yagize ati “Ubusanzwe ntabwo kuba inama itabaye byakabaye ikintu cyerekana ko hari ikibazo runaka, kuko ibibazo biri ahandi kandi ntibiterwa no kuba inama itabaye! Hari n’igihe twamaze imyaka ibiri nta nama ibaye ariko wenda hari n’impamvu zabiteye! Ariko njyewe kuva mu ntangiriro ndabizi neza ko kwishyira hamwe atari ikintu ujyamo ugahita ubona icyo wifuzaga, ibyo rero ni ibintu tuzi kandi twemera ko ibintu bidahita bijya mu buryo ako kanya nk’uko tubyifuza.”

Muri iyi nama byitezwe ko abayobozi bazasuzuma raporo ku cyerekezo cy’ubunyamuryango bwa Sudan y’Epfo ndetse banemeze ibyavuye mu isuzuma ku kwemeza Somalia nk’umunyamuryango wa EAC.

Abayobozi kandi byitezwe ko bazashimangira ugushyigikira ko Kenya igira icyicaro kidahoraho mu Kanama k’Umutekano ka Loni.

Hari kandi kwemerera Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kwinjira muri EAC ni indi ngingo yagombaga kuganirwaho nyuma y’uko iki gihugu gitanze ubusabe muri Kamena uyu mwaka.

RDC yasabye kwinjira muri uyu muryango ku wa 8 Kamena 2019, mu ibaruwa yandikiye umuyobozi wa EAC, Perezida Kagame, ivuga ko impamvu yasabye kuwinjiramo ari ukwiyongera kw’amasezerano y’ubucuruzi igirana n’ibihugu bigize uyu muryango.

Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko, aherutse kuvuga ko kuba uyu munsi hari ibihugu bishaka kwiyunga kuri bitandatu biwusanzwemo, bigaragaza uburyo urimo gutera imbere bituma n’abandi bumva bawuzamo.

Yagize ati “Ku bucuruzi bukorwa hagati mu bihugu biwugize, bwariyongereye kuko bwavuye kuri miliyari 2.7 z’amadorali mu 2016, zigera kuri miliyari 2.9 mu 2017, na miliyari 3.3 mu 2018.”

Si ubwa mbere inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC isubikwa, kuko n’inama ya 20 yasubitswe inshuro nyinshi ariko iza guteranira i Arusha muri Tanzaniya ku wa 01 Mutarama 2019 itarimo Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza umaze hafi imyaka itanu adasohoka mu gihugu, nyuma y’aho yari agiye guhirikwa ku butegetsi mu 2015 ariko bikaza gupfuba.

2020-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Editorial 12 Jan 2019
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Editorial 12 Sep 2019
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Editorial 19 Jul 2018
Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Editorial 24 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Editorial 25 Dec 2019
Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane
Amakuru

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Editorial 27 Oct 2024
Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuba twarasigaye inyuma ntabwo twahora tubivuga nkaho bishimishije- Perezida Kagame

Editorial 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru