• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Editorial 29 Dec 2024 Amakuru, IMIKINO

Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yashimiye Ikipe y’Igihugu “Amavubi” nyuma yo gutsinda Sudani y’Epfo ibitego 2-1 mu mukino wo gushaka itike ya CHAN 2024.

Ni umukino wakinwe kuri uyu wa Gatandatu kuri Sitade Amahoro guhera ku isaha ya Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoro.

Ni umukino wo kwishyura waje nyuma yaho Amakipe yombi yaherukaga guhurira i juba ku wa Gatandatu ushize, aho Sudani y’epfo yari yatsinze u Rwanda ibitego 3-2.

Ni umukino watangiye neza ku ruhande rw’u Rwand aho ubwo hari ku munota wa 36, ikipe y’igihugu yabonye igitego cya mbere.

Ni kumupira Tuyisenge Arsene yatereye kure, umupira ukora kuri Mugisha Didier wari mu rubuga rw’Amahina, umunyezamu Juma awukoraho ukubita ipoto uramugarukira ku mugongo ujya mu izamu.

Bigeze ku munota wa 45, Amavubi yabonye penaliti nyuma yaho Claude Niyomugabo yashyize umupira mu rubuga rw’amahina, Joseph Malish akora umupira n’akaboko. Penaliti yemejwe n’umusifuzi ukomoka muri Tuniziya.

Ni penaliti ariko itahiriye u Rwanda kuko kapiteni Muhire Kevin wari uyoboye bagenzi bakina mu Rwanda, yayiteye mu maboko y’umunyezamu bityo amakipe yombi ajya kuruhuka ari 1-0.

Mu gice cya Kabiri cy’umukino, U Rwabda rwabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Muhire Kevin, ni nyuma y’Amakosa yakozwe naba myugariro maze Kapiteni atsinda gitego bitamugoye.

Bigeze ku munota wa 85, David Sebith wagiye mu kibuga asimbuye atsindiye Sudani y’Epfo igitego ku mupira ahawe ibumoso agasiga myugariro Niyomugabo Claude.

Icyo gitego akaba aricyo cyagejeje ku musozo w’umukino w’ impande zombi, Amavubi atsinze Sudani y’epfo ibitego 2-1 ayisezerera mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike ya CHAN 2024.

Amakipe yombi yanaganyije ibitego 4-4 mu mikino yombi ariko Sudani y’epfo isezererwa kubera ibitego byinshi yatsindiwe mu rugo.

U Rwanda ruzategereza umwanzuro wa CAF niba ruzaba kimwe mu bihugu bizahagararira akarere ka CECAFA mu irushanwa rizakinirwa muri Kenya, Uganda na Tanzania.

Nyuma y’instinzi y’uyu mukino nibwo  Minisitiri Nelly yashimiye Amavubi, Ati “Iki ni ikimenyetso ko nidukomeza gushyiramo ikinyamwuga , umuhate no guharanira intsinzi ntakabuza tuzagera kure.”

Yanashimiye abafana baserutse ari benshi bagashyigikira u Rwanda.

2024-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 20 Jan 2023
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Editorial 28 Apr 2022
Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Editorial 27 Apr 2021
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Editorial 04 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Anita Pendo  arahakana  ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro
SHOWBIZ

Anita Pendo arahakana ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Editorial 27 Apr 2017
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Editorial 04 Apr 2019
Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021
Amakuru

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Editorial 19 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru