• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Editorial 08 Apr 2018 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatandatu Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen James Kabarebe, ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi mu bya gisirikare.

Lancaster yavuze ko ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu bya gisirikare.

Yagize ati “Nishimiye kugaruka mu Rwanda, iyi ni inshuro ya gatatu nsura u Rwanda. U Bwongereza n’u Rwanda bifitanye umubano ukomeye, nkaba ndi hano nka Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza kureba uko twafatanya n’u Rwanda by’umwihariko mu bijyanye no kugarura amahoro n’imyitozo, kandi ibiganiro byagenze neza.”

U Rwanda rufite ingabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Amajyepfo. Muri icyo gihugu u Bwongereza nabwo bufiteyo itsinda ry’ingabo z’inzobere mu mirimo itandukanye (Engineers Regiment).

Lancaster yavuze ko mu biganiro bagize, barebye uburyo Ingabo z’u Bwongereza zakomeza gufasha iz’u Rwanda mu bijyanye n’imyitozo.

Ati “Icyo twibanzeho ni ukureba uko twakomeza gufatanya mu bijyanye n’imyitozo, n’uko ingabo z’u Bwongereza zakomeza gufasha iz’u Rwanda mu myitozo itandukanye.”

U Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe bifitanye ubufatanye mu guhugura ingabo zijya mu bikorwa byo kugarura amahoro.

U Bwongereza kandi busanzwe butera inkunga u Rwanda mu bindi birimo guteza imbere uburezi, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi n’ishoramari binyuze mu Kigo cy’u Bwongereza gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (DFID).

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen James Kabarebe

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster ari mu Rwanda gutsura ubufatanye mu bya gisirikare

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo y’u Bwongereza, Rtd Col John Mark Lancaster aramukanya n’Umugaba mukuru wa RDF, Gen Patrick Nyamvumba


2018-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Editorial 14 Feb 2018
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Editorial 02 Jul 2025
Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018
CNLG yongeye gutunga agatoki  ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga

CNLG yongeye gutunga agatoki ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga

Editorial 14 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Editorial 13 Sep 2016
CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi
POLITIKI

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Editorial 11 Jan 2019
Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali
IMIKINO

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Editorial 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru