• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, yemera ko intambara iyogoza igihugu cye ifite inkomoko ku kuba cyaracumbikiye abajenosideri imyaka 28 yose!

Editorial 31 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nubwo abakongomani bashyushye umutwe bakagereka ibibazo byabo ku Rwanda, hari abazi neza intandaro y’akaga Kongo ihoramo. Umwe muri abo ni Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano.

Christophe Lutundula, Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kongo, unafite ububanyi n’amahanga mu nshingano

Ubwo mu mpera z’icyumweru gishize yari mu nama y’Afrika Yunze Ubumwe yabereye i Malabo muri Guinée Equatoriale, Christophe Lutundula yareruye yemera ko kuba igihugu cye cyarakiriye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, ndetse na nyuma y’imyaka 28 bakaba bagicumbikiwe, ari imwe mu mpamvu zikomeye zituma Kongo ihora mu midugararo.

Minisiri w’Intebe Wungirije wa Kongo yavuze ko kuva abo bajenosideri bagera muri Kongo bitwara nk’ibyihebe, bakica abaturage b’Abanyekongo, bakabasahura, bagasambanya abagore ku ngufu.

Uyu mutegetsi mukuru yirinze kuvuga FDLR, nyamara isi yose irabizi ko ari umutwe ugizwe n’abajenosideri, ukaba ariwo umaze iyo myaka yose yica igakiza mu burasirazuba bwa Kongo.

Nubwo Bwana Lutundula avuga ibi ariko, hari ibyegeranyo byinshi cyane birimo n’ibyakozwe na Loni ndetse n’imiryango mpuzamahanga, bikagaragaza ko FDLR ikorana bya hafi n’abategetsi ba Kongo , baba abasivili baba n’abasirikari.

Amakuru afitiwe gihamya aravuga ko mu ntambara igisirikari cya Kongo ubu cyifatanyije na FDLR mu kurwanya umutwe wa M23, ndetse na Perezida Felix Tshisekedi ubwo yahuraga n’abayobozi mu gisirikari mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye kuvuga ko afite amakuru ko hari abarwanyi b’ imitwe y’inyeshyamba binjijwe muri FARDC, kubera inyungu bamwe mu bategetsi ba Kongo bafite muri iyo mikoranire, harimo no gusahura abaturage.

Kuba FDLR kandi imaze imyaka muri Kongo, byatumye Abanyekongo bagira ingengabitekerezo ya Jenoside. Magingo aya baratyaza imihoro ngo bice uwo bita icyitso cya M23, ni ukuvuga Umututsi n’ abandi bavuga Ikinyarwanda.

Undi usaba Abanyekongo gushyira mu gaciro bagashakira umuti urambye ibibazo byabo, ni Karidinali Firdolin Ambongo akaba Arisheveki wa Kinshasa.

Ubwo yasuraga abakristu b’ahitwa Kikwit, yagize ati:’’ Kongo nicyo gihugu cyaboze kurusha ibindi ku isi. Nta kintu na kimwe kiri mu buryo, kandi kubera imiyoborere mibi n’ imyumvire ipfuye’’. Karidinali Ambongo yasabye Abanyekongo kureka guhora baririmba ngo igihugu cyabo ni ‘’paradizo’’ kubera umutungo kamere, kandi bitababuza kuba abenshi muri bo ari abatindi nyakujya. yagize ati:’’Niba paradizo batubwira muri Bibiliya isa na Kongo, sinzayijyemo’’.

Abanyekongo b’ibihubutsi ubu baratyaza imipanga yo kwica bagenzi babo basangiye Igihugu. Baririrwa basakuza ngo bazatera u Rwanda barwomeke kuri Kongo, biyibagije ko ubugwari bwabo buzwi ku rwego mpuzamahanga.

U Rwanda rufite ubushobozi n’ubushake bwo kwirengera igihe cyose byaba ngombwa, kandi ubwo bushotoranyi nibukomeza abacanye uwo muriro bazawota.

 

2022-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
Umudepite w’umufaransa ukomoka mu Rwanda yatewe ubwoba ko azicwa

Umudepite w’umufaransa ukomoka mu Rwanda yatewe ubwoba ko azicwa

Editorial 12 Jan 2019
BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

BNP Paribas, banki y’igihangange  mu Bufaransa,  yaba irimo kurigisa ibimenyetso  biyihamya uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 15 Jan 2021
#Indangamirwa12: Yasipi Casmir wabaye igisonga cya Miss Rwanda yagaragaye nk’umuyobozi w’urugamba

#Indangamirwa12: Yasipi Casmir wabaye igisonga cya Miss Rwanda yagaragaye nk’umuyobozi w’urugamba

Editorial 08 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Editorial 25 Sep 2019
Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko
ITOHOZA

Umupolisi w’Umurundi yafatiwe mu Rwanda yinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Editorial 14 Apr 2018
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!
Amakuru

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Editorial 12 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru