• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Editorial 11 Jan 2018 UBUKERARUGENDO

Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko ashimishijwe n’uburyo u Rwanda ruri kuza ku isonga mu kurengera ibidukikije, mu gihe ibindi bihugu bisubira inyuma.

Mkapa ni umwe mu bayobozi b’Umuryango Nyafurika wita ku bidukikije “African Wildlife Foundation (AWF)”, akaba yari mu Rwanda mu gikorwa cyo kwegurira hegitari 27.8 Pariki y’Ibirunga, kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Mutarama 2018.

Yagize ati “Nshimishijwe no kuba ngize uruhare mu gikorwa cyo kwegurira guverinoma uyu mutungo, kuko yagize uruhare rugaragara mu guharanira kurinda ibidukikije.”

Iyi pariki icumbikiye ingagi zo mu birunga zigera kuri 540, kandi zikaba nta handi zigaragara uretse mu Rwanda, Uganda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Yakomeje agira ati “Akenshi usanga abayobozi bo muri Afurika bafata ibyemezo bigira ingaruka ku ihungabana ry’umutungo kamere, kuko badasobanukiwe n’akamaro ko kubungabunga ibidukikije.”

JPEG - 969.1 kb
Mkapa atera igiti muri ubu butaka bweguriwe Parike y’Ibirunga

Avuga ko kubungabunga ibidukikije ari imwe mu nzira yo kuzagira isi nziza mu minsi iza, ibyo u Rwanda rukaba rwarabimenye ari nayo mpamvu rukomeza kongera ubuso bwa pariki aho kubugabanya.

Nyuma yo kongeraho izi hegitari, Pariki y’ibirunga izava ku buso bwa hegitari ibihumbi 16 yari isanzweho igere ku 16,027

Clare Akamanzi, umuyobozi wa RDB yavuze ko iki gikorwa kije guhuza inyungu za Leta y’u Rwanda zigamije guha abaturage ahazaza heza ariko hanibandwa ku kurengera ibidukikije.

Ati “Kurinda ingangi n’ubukerarugendo natwe biduha inyungu.”
Mkapa yavuze ko mu myaka ishize muri Afurika hagaragaye ibibazo by aba rushimusi kandi bikagira ingaruka ku nyamaswa zituye muri za pariki.

JPEG - 671.7 kb
Ubu butaka bwashyikirijwe RDB ifite mu nshingano Parike y’ibirunga

Ariko yavuze ko nyuma y’ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame byamuhaye icyizere ko kurengera ibidukikije mu Rwanda ari intego igihugu kitazatezukaho.

JPEG - 1.1 Mb
Uyu muhango wari witabiriwe n’ingeri zitandukanye z’abantu
JPEG - 1010.5 kb
Urekerereza nirwo rwasusurukije iyi gahunda

2018-01-11
Editorial

IZINDI NKURU

Abakerarugendo bahawe imyaka ibiri yo guhindura amatariki yo gusura pariki kubera Coronavirus

Abakerarugendo bahawe imyaka ibiri yo guhindura amatariki yo gusura pariki kubera Coronavirus

Editorial 10 Mar 2020
Boeing 737 Max zatangiye kongera kugurwa nyuma yo gukumirwa mu bihugu birimo u Rwanda

Boeing 737 Max zatangiye kongera kugurwa nyuma yo gukumirwa mu bihugu birimo u Rwanda

Editorial 20 Jun 2019
Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Editorial 06 Dec 2018
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Editorial 30 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda
POLITIKI

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Editorial 18 Jan 2020
Ibya RNC bikomeje kuba  agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”
INKURU NYAMUKURU

Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Editorial 31 Dec 2019
Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame
Mu Rwanda

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Editorial 29 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru