• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

Editorial 02 Aug 2018 IKORANABUHANGA

Ababyeyi n’abakiri bato baburiwe kwirinda umukino mushya wadutse kuri WhatsApp, uzwi nka ‘Momo’ kuko ukomeje gutuma abiganjemo ingimbi n’abangavu biyahura.

Uyu mukino mushya wibasira cyane abakiri bato, utera ubwoba abawukina iyo baramutse banze gukurikiza amabwiriza yawo kandi abemeye kuwuyoboka ukabategeka kwikorera ibikorwa bibi kugeza biyahuye.

Abawukina babanza gusabwa kohereza ubutumwa kuri nimero batazi nyuma bagasubizwa amashusho ateye ubwoba aherekejwe n’ubutumwa bukanganye.

Kuri ubu birakekwa ko ari wo waba waratumye umwana w’imyaka 12 wo muri Argentina, yiyahura ukaba ugereranywa na Blue Whale Challenge watumye abarenga 100 mu Burusiya biyahura umwaka ushize.

Kugeza kuri ubu inzego z’umutekano zo muri Argentine ziracyashakisha umuntu waba warashishikarije uriya mukobwa kwiyahura, kuko bigaragara ko mu kwiyahura kwe haba hari umuntu wabimushishikarije, bityo hakaba harimo hashakishwa umusore w’imyaka 18 bivugwa ko yakunze kugirana ibiganiro n’uyu mukobwa biciye kuri WhatsApp.

Uyu mukino ugereranywa na ‘Blue Whale’, aho abawukina bahabwa ibyo bakora birimo kwibabaza, kureba filime ziteye ubwoba, ndetse no kubyuka mu masaha adasanzwe. Iyi mikoro ngo ikomeza guhabwa ukina uyu mukino kugera ku munsi wa 50 aho asabwa kwiyahura.

Ingaruka z’iyi mikino idasanzwe ku bakiri bato, ni uko abanyabyaha bawifashisha mu kwiba amakuru y’ibanga ku muntu, gushishikariza abantu kwiyahura, kwishora mu bikorwa by’ihohoterwa, iterabwoba, guteza abantu umujajagararo wo ku mubiriri no mu mutwe, bagahorana impungenge, agahinda no kudasinzira.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga kandi bagiriwe inama yo kwirinda kwandikirana n’abantu batazi ndetse no kwirinda kujya mu kwandikirana ubutumwa budashira.

Uyu mukino wa Momo uravugwa mu bihugu bitandukanye birimo; u Bufaransa, u Budage, Argentine na Leta zunze Ubumwe za Amerika, ukaba uniganje cyane mu bihugu bya Amerika y’Amajyepfo.

Ntiharamenyekana neza inkomoko yawo. Amashusho akoreshwa nk’aranga uyu mukino ni ayakuwe kuri Instagram y’umunyabugeni wo mu Buyapani udafite aho ahuriye nawo.

2018-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

Umukobwa w’iRobot yitwa  ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Umukobwa w’iRobot yitwa ” Sophia ” yamamaye kubera ubwenge buhambaye izagaragara mu nama ya Transform Africa i Kigali

Editorial 15 Apr 2019
MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

MTN yatangije poromosiyo ’Izihirwe’ mu gushimira abakiliya yizihiza isabukuru y’imyaka 20

Editorial 19 Sep 2018
Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Editorial 26 Sep 2018
Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Hagiye koherezwa mu kirere icyogajuru kizakwirakwiza Internet mu mashuri yo mu Rwanda

Editorial 27 Feb 2019

2 Ibitekerezo

  1. niyogihozo
    August 7, 20183:26 pm -

    Akumiro ni amavunja, igitangaza ni ubuheri.Ngo iki? Umuntu se agapfa kwiyahura ngo ni uko undi muntu abimusabye atanamuzi? Ibyo ku bwanjye simbyumva.

    Subiza
    • Ugirayezu
      August 14, 20181:51 pm -

      Ibyobyo nanjye sinabyemera, ubusanzwe n’ubundi uwo muntu aba yisanganiwe ikibazocye.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yifurije Abagore Umunsi mukuru mwiza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yifurije Abagore Umunsi mukuru mwiza

Editorial 08 Mar 2018
Bitewe n’amasomo, Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso wari umutoza wungirije yatandukanye n’ikipe ya Musanze FC
Amakuru

Bitewe n’amasomo, Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso wari umutoza wungirije yatandukanye n’ikipe ya Musanze FC

Editorial 13 Dec 2022
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru