• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

‘Momo’, umukino wadutse kuri WhatsApp ukomeje gutera abakiri bato kwiyahura

Editorial 02 Aug 2018 IKORANABUHANGA

Ababyeyi n’abakiri bato baburiwe kwirinda umukino mushya wadutse kuri WhatsApp, uzwi nka ‘Momo’ kuko ukomeje gutuma abiganjemo ingimbi n’abangavu biyahura.

Uyu mukino mushya wibasira cyane abakiri bato, utera ubwoba abawukina iyo baramutse banze gukurikiza amabwiriza yawo kandi abemeye kuwuyoboka ukabategeka kwikorera ibikorwa bibi kugeza biyahuye.

Abawukina babanza gusabwa kohereza ubutumwa kuri nimero batazi nyuma bagasubizwa amashusho ateye ubwoba aherekejwe n’ubutumwa bukanganye.

Kuri ubu birakekwa ko ari wo waba waratumye umwana w’imyaka 12 wo muri Argentina, yiyahura ukaba ugereranywa na Blue Whale Challenge watumye abarenga 100 mu Burusiya biyahura umwaka ushize.

Kugeza kuri ubu inzego z’umutekano zo muri Argentine ziracyashakisha umuntu waba warashishikarije uriya mukobwa kwiyahura, kuko bigaragara ko mu kwiyahura kwe haba hari umuntu wabimushishikarije, bityo hakaba harimo hashakishwa umusore w’imyaka 18 bivugwa ko yakunze kugirana ibiganiro n’uyu mukobwa biciye kuri WhatsApp.

Uyu mukino ugereranywa na ‘Blue Whale’, aho abawukina bahabwa ibyo bakora birimo kwibabaza, kureba filime ziteye ubwoba, ndetse no kubyuka mu masaha adasanzwe. Iyi mikoro ngo ikomeza guhabwa ukina uyu mukino kugera ku munsi wa 50 aho asabwa kwiyahura.

Ingaruka z’iyi mikino idasanzwe ku bakiri bato, ni uko abanyabyaha bawifashisha mu kwiba amakuru y’ibanga ku muntu, gushishikariza abantu kwiyahura, kwishora mu bikorwa by’ihohoterwa, iterabwoba, guteza abantu umujajagararo wo ku mubiriri no mu mutwe, bagahorana impungenge, agahinda no kudasinzira.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga kandi bagiriwe inama yo kwirinda kwandikirana n’abantu batazi ndetse no kwirinda kujya mu kwandikirana ubutumwa budashira.

Uyu mukino wa Momo uravugwa mu bihugu bitandukanye birimo; u Bufaransa, u Budage, Argentine na Leta zunze Ubumwe za Amerika, ukaba uniganje cyane mu bihugu bya Amerika y’Amajyepfo.

Ntiharamenyekana neza inkomoko yawo. Amashusho akoreshwa nk’aranga uyu mukino ni ayakuwe kuri Instagram y’umunyabugeni wo mu Buyapani udafite aho ahuriye nawo.

2018-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Editorial 10 Mar 2019
U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

U Rwanda rufite icyizere ku ikoranabuhanga rishya ryo kubaga umubiri udafunguwe

Editorial 02 Mar 2018
BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

BNR yemeye igeragezwa ry’uburyo bwa ‘RIHA’ mu kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga

Editorial 12 Oct 2018
Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Youtube igiye gushora miliyoni 20$ mu guteza imbere uburezi

Editorial 25 Oct 2018

2 Ibitekerezo

  1. niyogihozo
    August 7, 20183:26 pm -

    Akumiro ni amavunja, igitangaza ni ubuheri.Ngo iki? Umuntu se agapfa kwiyahura ngo ni uko undi muntu abimusabye atanamuzi? Ibyo ku bwanjye simbyumva.

    Subiza
    • Ugirayezu
      August 14, 20181:51 pm -

      Ibyobyo nanjye sinabyemera, ubusanzwe n’ubundi uwo muntu aba yisanganiwe ikibazocye.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya :   Dyer&Blair  Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro
ITOHOZA

Kenya : Dyer&Blair Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro

Editorial 20 Jun 2016
Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko  umuhango wo kwibuka  Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo
ITOHOZA

Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko umuhango wo kwibuka Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo

Editorial 02 Jan 2017
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti
Mu Mahanga

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Editorial 24 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru