• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

MTN yinjiye mu bufatanye buzafasha abakiliya bayo gukoresha Facebook nta kiguzi

Editorial 16 Dec 2018 IKORANABUHANGA

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yatangije imikoranire mishya na Facebook binyuze muri “Facebook Flex” izafasha abakiliya bayo gukoresha uru rubuga nkoranyambaga ku buntu.

Facebook Flex izafasha abakoresha MTN kuganira, kumenya amakuru agezweho, kwandika ibyiyumviro byabo no kubisangiza ababakurikira nta kiguzi banyuze kuri Facebook.com cyangwa Facebook App.

Itangazo MTN yageneye itangazamakuru rigaragaza ko imikoranire yayo na Facebook yashyizweho umukono ku wa 14 Ukuboza 2018.

Facebook Flex ntiyeremera uyikoresha kureba amafoto n’amashusho abantu batandukanye bashyize ku nkuta zabo za Facebook. Hashyizweho amahitamo afasha kuva muri Facebook Flex idasaba ikiguzi, ugana ku isanzwe yishyurwa.

Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha Ibikorwa muri MTN, Richard Acheampong, yavuze ko Facebook Flex igamije kuzamura abagerwaho na serivisi z’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Yagize ati “Ubu bufatanye buzahuza abakiliya bacu n’inshuti zabo ziri mu bice bitandukanye by’Isi, mu biganiro no kungurana ibitekerezo bitabasabye amafaranga ya internet.”

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’Ihuzanzira rya Facebook muri Afurika, Kojo Boakye, yavuze ko yishimiye imikoranire mishya na MTN Rwanda.

Yagize ati “Ni intambwe igana imbere muri gahunda ya Facebook yo guha abantu ubushobozi bwo kubaka sosiyete no guhuza abari mu bice bitandukanye by’Isi.”

Facebook Flex yitezweho gufasha abafatabuguzi ba MTN gukoresha Facebook byisumbuyeho no kuyibyaza umusaruro mu bucuruzi n’ahandi.

Urubuga rwa Facebook rwatangiye ku wa 4 Gashyantare 2004, ubu rusurwa n’abarenga miliyari 2.27 mu kwezi.

MTN Rwanda ibarizwa muri MTN Group yo muri Afurika y’Epfo yatangiye gukorera mu rwa Gasabo mu 1998. Iyi sosiyete iri ku isonga mu bigo by’itumanaho mu gihugu, ifite abakiliya basaga miliyoni enye n’ibihumbi 500.

Itanga serivisi zo guhamagarana, ama-unité yo gukoresha kuri internet binyuze muri MTN Irekure. MTN Rwanda yanagize uruhare muri gahunda y’ubukungu budashingiye ku guhererekanya amafaranga mu ntoki binyuze muri Mobile Money, Tap&Pay ndetse no kwizigamira no kubona inguzanyo muri MoKash.

2018-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Uko Robot yiswe Sophia yatumiwe kuzitabira ikiganiro kirimo Perezida Kagame

Editorial 15 May 2019
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Editorial 16 Jan 2019
Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Editorial 29 Sep 2018
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Editorial 13 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha
INKURU NYAMUKURU

Muri Kaminuza ya Makerere Ihohoterwa rishingiye ku gitsina riravuza ubuhuha

Editorial 17 Mar 2018
Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru
ITOHOZA

Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Editorial 09 Jan 2018
Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye
IMIKINO

Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Editorial 12 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru