• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Editorial 06 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki 5 Gicurasi 2021, ikipe ya Kiyovu SC yaraye itsinze Rayon Sports ibitego 3 kuri 2, ni umukino wakurikiwe n’umutoza mushya wa Kiyovu SC Ndayiragije Etienne wahawe gutoza ikipe y’urucaca mu gihe cy’amezi abiri.

Mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda irimo gukinwa mu matsinda, Kiyovu SC yari yakiriye uyu mikino yatangiye itsindwa igitego na Manasse Mutatu Mbedi ubwo hari ku munota wa 4, ni igitego cyahise cyishyurwa na Robert Sabbah ku munota wa 10.

Mbere y’uko igice cya mbere cy’uyu mukino kirangira ikipe ya Rayon Sport yagize ikibazo cyo gutakaza umukinnyi ukina hagati ufasha ba rutahizamu ariwe Muhire Kevin wagoganye n’umukinnyi wa Kiyovu SC binatuma ajyanwa kwa muganga dore ko igice cya kabiri uyu mukinnyi yahise anasimbuzwa.

Bavuye kuruhuka ikipe y’urucaca yatozwaga n’umutoza wungirije Banamwana Camarade yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 52 gitsinzwe na Armel Ghyslain, ikipe ya Gikundiro yishyuriwe icyo gitego na Drissa Dagnogo winjiyemo asimbuye, ni igitego cyabonetse ku munota wa 70.

Nyuma y’iminota itandatu gusa icyo gitego kibonetse Rayon Sports yabonye ikarita itukura yahawe myugariro Niyibizi Emmanuel uzwi nka Kibungo, iyo karita kandi yakurikiwe n’igitego cya gatatu cyatsinzwe na Bigirimana Abbedy ku munota wa 86, ni igitego yatsinze kuri penaliti nyuma yaho Rugwiro Herve yakoreye ikosa rutahizamu Armel Ghyslain.

Uyu mukino wo mu itsinda rya D waje kurangira Kiyovu SC yegukanye itsinzi y’ibitego bitatu kuri bibiri, undi mukino wabaye muri iri tsinda ni Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC ubusa ku busa.

Kuri uyu wa gatatu kandi ikipe ya APR FC yo mu itsinda rya A yatsinze AS Muhanga iyisanze iwayo ibitego bitatu kuri kimwe, ku ruhande rwa APR FC yatsindiwe na Danny Usengimana, Niyonzima Olivier Sefu ndetse na Bizimana Yannick.

Mu yindi mikino yabaye ikipe ya Gorilla FC yo mu itsinda rya A yatsinze ikipe ya Bugesera ibitego bitatu kuri bibiri.

Ibyo wamenya kuri uyu munsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda:

Hinjijwe ibitego 25 birimo penaliti 4,
byatsinzwe n’abakinnyi 24.

Muri ibyo bitego? 13 byinjiye mu gice cya mbere cy’umukino.

Mu makipe 16 ari mu cyiciro cya mbere Gasogi United niyo itaratsinda igitego mu izamu ry’ikipe bahanganye.

Ikipe ya Etincelles niyo kipe imaze kwinjizwa ibitego byinshi, imaze kwinjizwa ibitego 8.

2021-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Editorial 13 Apr 2025
Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Editorial 08 Dec 2017
Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Editorial 22 Dec 2020
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali,  Icyamamare  Davido yatahanye  na Kate Bashabe.
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’Itaramo yakoreye i Kigali, Icyamamare Davido yatahanye na Kate Bashabe.

Editorial 05 Mar 2018
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza
ITOHOZA

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Editorial 11 Apr 2018
Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC
Amakuru

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC

Editorial 20 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru