• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024 Amakuru, IKORANABUHANGA, Mu Rwanda, POLITIKI

U Rwanda rukunze kuza mu myanya ya mbere muri Afurika mu korohereza abashoramari nk’uko raporo zinyuranye zibigaragaza. Gusa kuba rufite umutekano nayo ni indi ngingo ikomeye ituma abantu badaseta ibirenge mu kurushoramo imari.

Bamwe mu bashoye imari mu mishinga migari y’inyubako zirimo n’iz’imiturirwa mu Mujyi wa Kigali bashimangira ko icyizere bagirirwa n’Ubuyobozi bw’Igihugu ndetse n’umutekano biri mu bituma inyubako nini kandi ziyubashye zikomeza kwiyongera.

Ni mu gihe abikorera bo bavuga ko ubwiyongere bw’inyubako butuma babasha gucuruza ibikoresho by’ubwubatsi ku bwinshi.

Ibice hafi ya byose mu Mujyi wa Kigali muri iyi minsi birazamukamo inzu z’amagorofa ziganjemo izagenewe kuzakorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi bw’ingeri zinyuranye.

Umuyobozi wa Group Duval Great Lakes yashoye imari mu nyubako ya Inzovu Mall iherereye ku Kimihurura, Vicky Murabukirwa, ashimangira ko guhitimo gukora umushinga nk’uyu uremereye ari icyizere bafitiwe n’ubuyobozi bw’u Rwanda.

Inzovu Mall ni urugero rw’umwe mu mishinga y’ubwubatsi ikomeye muri iyi minsi mu Mujyi wa Kigali.

Gusa siwo gusa kuko nk’i Remera hafi ya Stade Amahoro harimo gushyirwa inyubako z’uruhurirane zizifashishwa n’abazaza bari mu bikorwa bifitanye isano n’imikino birimo amahoteli n’ibindi bikubiye mu mushinga wiswe Zaria Court.

Rwagati mu Mujyi hafi y’Ibiro by’Umujyi wa Kigali kandi harimo kuzamuka inzu 2 zibangikanye za Equity Bank zizaba zifite amagorofa 25.

Ni nako umurambi w’ahazwi nko kuri Plateau, myinshi mu miturirwa yamaze kubakwa ikaba itegereje gutahwa ku mugaragaro no gukorerwamo, ibi ariko byanahinduye isura yaho ugereranije n’uko hari hameze mu myaka yo hambere.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali Emma Claudine Ntirenganya ashimangira ko ubwiyongere bw’imiturirwa muri uyu Mujyi atari uguhindura isura yawo gusa, ko ahubwo ari n’ikimenyetso cy’uko abikorera n’abashoramari bishimiye u Rwanda.

Hari imiturirwa myinshi igitangira kubakwa, indi iracyazamurwa aho nk’igiye kubakwa ahahoze Inzu Ndangamuco y’u Rwanda n’Ubufaransa mu Kiyovu naho hagiye gushyirwa inzu izaba yubatswe mu buryo budasanzwe.

Kwaguka k’Umujyi wa Kigali, kuvugurura imyubakire no gusirimuka kwawo muri rusange abikorera babibonamo andi mahirwe akomeye yo kongera ingano y’ibyo bacuruza bikenerwa muri bene iyo mishinga birimo n’ibikoresho by’ubwubatsi cyane ko byinshi bitavanwa mu mahanga.

2024-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Editorial 07 Jan 2025
Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Editorial 09 Feb 2017
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Editorial 21 Jan 2021
Icyo CNLG  Ivuga  kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa  Missile zahanuye  Indege ya Habyarimana

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Editorial 10 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Serge Ndayizeye  yerekeje ahazabera Rwanda  Cultural   Day n’ibiradio bye
ITOHOZA

Serge Ndayizeye yerekeje ahazabera Rwanda Cultural Day n’ibiradio bye

Editorial 22 Sep 2016
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera
Amakuru

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Editorial 21 Jun 2021
Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane
IMIKINO

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Editorial 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru