• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Abantu 25 bakurikiranweho kuba abarwanyi b’umutwe wa RNC, urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bafatiwe mu gikorwa cy’igisirikare cya Congo, kuri uyu wa Mbere bongeye gusubizwa imbere y’urukiko rwa Gisirikare rwa Nyarugenge harebwa niba biteguye gutangira kuburana nyuma y’aho ubushize bari bagaragaje ko batiteguye gutangira kuburana.

Ubushize urubanza rwasubitswe bisabwe n’abakekwa bavuze ko bakeneye ikindi gihe cyo gushaka abunganizi mu mategeko mbere y’uko iburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rikomeza.

Kuri ubu abashinjwa 23 muri 25 bahawe abunganizi, umwe muri bo uza ku isonga, Major (Rtd) Habib Muthatiru, afite umwunganizi yishakiye witwa Paula Umulisa, naho undi yemeye kuziburanira.

Batatu kandi muri aba bunganirwa na Dismas Butera, bo bavuze ko nta mahirwe bagize yo kubonana nawe ngo baganire ku kwiregura kwabo.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye gusubika urubanza ngo abakekwa bose babonane n’abunganizi babo, buvuga ko kunganirwa mu mategeko ari uburenganzira bw’abashinjwa mu mategeko y’u Rwanda.

Umucamanza uyoboye ariko yavuze ko mu nyungu zo gukoresha igihe neza, urukiko rukomezanya n’abafite abunganizi babo bahari, urubanza rukaba ruzakomeza kuwa Gatanu.

Umwe mu bashinjwa yabwiye urukiko ko aziburanira kubw’ibyo nta bufasha bw’umunyamategeko azakenera mu rubanza.

Uwunganira Major (Rtd) Muthathiru, Paula Umulisa yahise abaza urukiko icyo we n’umukiriya we bakora mu rukiko rwa gisirikare agira ati: “Turashaka kumenya icyo abasivili bakora mu rukiko rwa gisirikare. Umukiriya wanjye ntabwo akiri umusirikare….ni iki mu by’ukuri arimo gukora muri uru rukiko?”

Mudhatiru yunzemo ko “atahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Abacamanza basabye akaruhuko bavuga ko basubira mu rukiko bemeza niba bafite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza cyangwa rwakwimurirwa mu nkiko zisanzwe, bakaza gutanga umwanzuro mu kanya kari imbere.

Byibuze abanyamategeko 11 nibo bari mu rukiko bunganira abantu 20.

Abakekwa bose bakaba barafatiwe mu gikorwa cy’Igisirikare cya Congo (FARDC).

Bose bahuriye ku byaha bine birimo kurema no kuba mu mutwe witwaje intwaro utemewe, ubugambanyi, kugambanira guverinoma iriho no kugirana imibanire na guverinoma y’amahanga.

Abashinjwa hafi ya bose ni Abanyarwanda ariko harimo n’Abagande, Abarundi n’Umunyamalawi.

Ni abarwanyi b’ihuriro rya P5 rihuriyemo imitwe itandukanye irwanya u Rwanda nka RNC na FDLR n’iyindi.

Ubushinjacyaha buvuga ko abashinjwa bose bafashijwe ndetse bakoroherezwa na Uganda n’u Burundi kugirango bagere mu mutwe wa P5, ibikorwa byawo bivugwa muri raporo y’impuguke za Loni yasohowe mu Ukuboza umwaka ushize.

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Ubwanditsi 15 Feb 2019
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025
Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Umurage wa Perezida Nkurunziza mu myaka 15 amaze ku butegetsi: Ese CNDD FDD yahawe ubutegetsi yiteguye?

Umurage wa Perezida Nkurunziza mu myaka 15 amaze ku butegetsi: Ese CNDD FDD yahawe ubutegetsi yiteguye?

Ubwanditsi 05 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe
INKURU NYAMUKURU

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.
Amakuru

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Ubwanditsi 25 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru