• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Abantu 25 bakurikiranweho kuba abarwanyi b’umutwe wa RNC, urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bafatiwe mu gikorwa cy’igisirikare cya Congo, kuri uyu wa Mbere bongeye gusubizwa imbere y’urukiko rwa Gisirikare rwa Nyarugenge harebwa niba biteguye gutangira kuburana nyuma y’aho ubushize bari bagaragaje ko batiteguye gutangira kuburana.

Ubushize urubanza rwasubitswe bisabwe n’abakekwa bavuze ko bakeneye ikindi gihe cyo gushaka abunganizi mu mategeko mbere y’uko iburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rikomeza.

Kuri ubu abashinjwa 23 muri 25 bahawe abunganizi, umwe muri bo uza ku isonga, Major (Rtd) Habib Muthatiru, afite umwunganizi yishakiye witwa Paula Umulisa, naho undi yemeye kuziburanira.

Batatu kandi muri aba bunganirwa na Dismas Butera, bo bavuze ko nta mahirwe bagize yo kubonana nawe ngo baganire ku kwiregura kwabo.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye gusubika urubanza ngo abakekwa bose babonane n’abunganizi babo, buvuga ko kunganirwa mu mategeko ari uburenganzira bw’abashinjwa mu mategeko y’u Rwanda.

Umucamanza uyoboye ariko yavuze ko mu nyungu zo gukoresha igihe neza, urukiko rukomezanya n’abafite abunganizi babo bahari, urubanza rukaba ruzakomeza kuwa Gatanu.

Umwe mu bashinjwa yabwiye urukiko ko aziburanira kubw’ibyo nta bufasha bw’umunyamategeko azakenera mu rubanza.

Uwunganira Major (Rtd) Muthathiru, Paula Umulisa yahise abaza urukiko icyo we n’umukiriya we bakora mu rukiko rwa gisirikare agira ati: “Turashaka kumenya icyo abasivili bakora mu rukiko rwa gisirikare. Umukiriya wanjye ntabwo akiri umusirikare….ni iki mu by’ukuri arimo gukora muri uru rukiko?”

Mudhatiru yunzemo ko “atahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Abacamanza basabye akaruhuko bavuga ko basubira mu rukiko bemeza niba bafite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza cyangwa rwakwimurirwa mu nkiko zisanzwe, bakaza gutanga umwanzuro mu kanya kari imbere.

Byibuze abanyamategeko 11 nibo bari mu rukiko bunganira abantu 20.

Abakekwa bose bakaba barafatiwe mu gikorwa cy’Igisirikare cya Congo (FARDC).

Bose bahuriye ku byaha bine birimo kurema no kuba mu mutwe witwaje intwaro utemewe, ubugambanyi, kugambanira guverinoma iriho no kugirana imibanire na guverinoma y’amahanga.

Abashinjwa hafi ya bose ni Abanyarwanda ariko harimo n’Abagande, Abarundi n’Umunyamalawi.

Ni abarwanyi b’ihuriro rya P5 rihuriyemo imitwe itandukanye irwanya u Rwanda nka RNC na FDLR n’iyindi.

Ubushinjacyaha buvuga ko abashinjwa bose bafashijwe ndetse bakoroherezwa na Uganda n’u Burundi kugirango bagere mu mutwe wa P5, ibikorwa byawo bivugwa muri raporo y’impuguke za Loni yasohowe mu Ukuboza umwaka ushize.

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ese Uwimana Agnès Nkusi yaba agiye kuba Sawuli wo mui Bibiliya, cyangwa yemeye guhinduka bya nyirarureshwa agirango yivire imbere y’umugenzacyaha?

Ubwanditsi 03 Nov 2022
Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2019
Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda
Mu Mahanga

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo
Mu Mahanga

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru