• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Editorial 04 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuri uyu munsi mu Rwanda twizihiza isabukuru y’imyaka 30 Abanyarwanda twibohoye, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize ati:”Muri kamere yarwo, u Rwanda rurwana intambara yo kwitabara no gukumira akaga rutejwe n’abandi, ntiruyishoza byo kugaba ibitero ku bandi gusa.

Twifuza amahoro tukanayifuriza n’abandi bo muri aka karere.Tuzi agaciro k’amahoro kuri twe ubwacu, no ku baturanyi bo mu karere. Turakazi nk’uko n’undi wese akazi, ndetse dushobora no kuba tubarusha kukamenya”.

” Ahazakenerwa ibikorwa by’ubutabazi, u Rwanda ntiruzahatangwa. Icyakora mu gukumira igituma hakenerwa ibikorwa by’ubutabazi, ni ngimbwa kurandura ibitera ibibazo uhereye mu mizi. Iyo tudahindura imyumvire, nta kabuza mu Rwanda twari kuba tukirinzwe n’ingabo za Loni zibungabunga amahoro ku isi”

Perezida Kagame yagarutse no kubahora bahigira u Rwanda, maze abakurira inzira ku murima. Ati:”Haracyari bake hanze y’u Rwanda batatwumva, ndetse bahora bashaka gusenya ibyo tugeraho. Abo turabazi, turababona. Icyakora imigambi yabo ntacyo izageraho, izakomeza kugarukira ku mbuga nkoranyambaga no mu biro by’ibikomerezwa. Ntacyo badutwara kuko nta bushobozi na mba badufiteho”.

Umukuru w’Igihugu kandi yagize n’ubutumwa bwihariye agenera urubyiruko, arusaba gutera ikirenge mu cy’abarubanjirije, haba mu kurinda no kongera ibyiza u Rwanda rugenda rugeraho. Perezida Kagame ati:” Ubu intambara uRwanda rufite ntikiri iyo kubaho byo kurenza umunsi gusa. Ni iyo kubaho neza, no guharanira intsinzi mu byo dukora: Gutsinda ubukene, gutsinda ibyo guhora dutegeye abandi ibiganza, n’ibindi bitwambura agaciro”.

Yakomeje ati:”Mufite amahirwe yo kubaho ubuzima bwiza mwifuza. Aho ubuzima bwaberekeza hose ariko, mujye muzirikana kurinda politiki nziza twubatse….Mugomba kuzamura ijwi rivugira uRwanda, mukagira uruhare mu birwubaka, kandi mukarwitura ibyiza murukesha. Izo ni indangagaciro tugomba kuraga abadukomokaho”.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 twibohoye byitabiriwe n’imbaga y’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga baje kubashyigikira, bikaba byaranzwe n’akarasisi karyoheye ijisho, k’Ingabo z’Igihugu na Polisi y’uRwanda. Byabereye kuri stade AMAHORO iherutse kuvugururwa igashyirwa ku rwego rw’amasitade agezweho ku isi, dore ko ishobora kwakira abantu 45.000 bicaye neza ahatwikiriye.

Nk’uko Perezida Kagame yabisobanuye, iki gikorwa remezo nacyo ni ikindi kimenyetso cya politiki yo kwibohora mu nzego zose z’iterambere.

2024-07-04
Editorial

IZINDI NKURU

Rubavu: ADEPR yiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Rubavu: ADEPR yiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Editorial 15 Aug 2016
Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Editorial 15 Jun 2017
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

Administrator 23 Oct 2025
Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Kuki ifatwa Rya Lt Joel Mutabazi rikomeje kuba ikibazo muri Uganda

Editorial 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye
Amakuru

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Editorial 12 Jun 2025
RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage
POLITIKI

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Editorial 23 Jan 2020
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere
IKORANABUHANGA

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Editorial 06 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru