• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Muri Uganda, nyuma yo gutahura inkingo za covid 19 zicuruzwa rwihishwa muri farumasi, ubu haravugwa ubucuruzi bw’imyanya y’imibiri y’abavugwa ko bishwe n’iyo ndwara.

Editorial 16 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Inkuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda rero ni ivuga ko muri icyo gihugu, muri District ya Kasese, kuri uyu wa mbere tariki 14 Kamena 2021 habaye agashya! Umuryango w’umuntu byari byavuzwe

Muri Uganda umuntu wishwe na Covid-19 ashyingurwa na Leta, kugirango umurambo we utanduza abandi baturage mu muhango wo kumuherekeza.

Inkuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda rero ni ivuga ko muri icyo gihugu, muri District ya Kasese, kuri uyu wa mbere tariki 14 Kamena 2021 habaye agashya! Umuryango w’umuntu byari byavuzwe ko yishwe na Covid-19 wamenye ko isanduku yiswe iya nyakwigendera irimo ubusa, maze usaba ko ifungurwa. Imbere y’abapolisi n’abandi bategetsi, ibyari impuha byaje kuba impamo, kuko basanze hari hagiye gushyingurwa isanduku irimo ubusa.

Aya makuru akimara gusakara, abaturage bakubiswe n’inkuba, dore ko byari bimaze igihe binugwanugwa ko abantu babeshyerwa ko bishwe na COVID-19, kugirango bashyingurwe na Leta, bene umuntu batahakandagiye.

Biravugwa ko aba ari amayeri yo kwihererana umurwayi agakurwamo imyanya imwe n’imwe y’umubiri nk’impyiko, nyuma bakavuga ko yishwe na Covid-19, maze agashyingurwa n’abatumwe na Leta. Baba batinya ko bavuze ko umuntu yishwe n’indwara isanzwe, umuryango we wasaba kumwishyingurira, bigatuma umenya ko hari imyanya imwe n’imwe y’umubiri we yibwe.

Birazwi ko impyiko ari urugingo ruhenda cyane hirya no hino ku isi, kuko hari ubwo biba ngombwa ko impyiko irwaye isimbuzwa iy’undi muntu ikiri nzima. Ibyari Koronavirusi, muri Uganda byabaye “Koronabizinesi”!

Aya mahano aravugwa nyuma y’aho mu cyumweru gishize, mu mafarumasi amwe namwe muri Uganda yafatanywe inking 600 za Covid-19 bazicuruza rwihishwa. Nta handi izo nkingo zava kandi uretse mu nzego za Leta, kuko arizo zonyine zizihabwa muri gahunda ya COVAX.

Muri icyo cyumweru gishize kandi, umuyobozi w’ivuriro ry’ahitwa Mbale yafatanwe ibyuma bitanga umwuka ugenewe indembe zirimo n’iza Covid-19, agerageza kuzamutsa ngo ajye kubigurisha muri Kenya!

Ibi byose kandi birakorwa mu gihe ibitaro mu gihugu byamaze kuzurirana, ndetse bikivugira ko ubushobozi bwo kwita ku ndembe za Covid-19 bwabaye iyanga. Ngibyo ibyo muri Uganda inanirwa kwita ku baturage bayo, yabura icyo ibahumisha amaso, ikarega u Rwanda ibinyoma bidafashije.

2021-06-16
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Editorial 06 Nov 2022
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Editorial 21 Sep 2020
Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Editorial 05 Jul 2022
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Editorial 04 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?
INKURU NYAMUKURU

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Editorial 21 Jan 2018
Addis Ababa: Perezida  Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU
INKURU NYAMUKURU

Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Editorial 09 Feb 2019
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi
INKURU NYAMUKURU

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Editorial 17 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru