• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana

New York: Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu kurwanya Jenoside n’abayihakana

Ubwanditsi 13 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa n’ibihugu ndetse n’Umuryango w’Abibumbye, mu kurwanya Jenoside no guhangana n’abayihakana, ashishikariza abakiri inyuma muri uru rugamba gushyiramo imbaraga.

Kuri uyu wa Gatanu, Umukuru w’Igihugu yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York. Ni ku nshuro ya 15 igikorwa nk’iki cyo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe abatutsi kibaye.

Yashimiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, na Perezida w’Inteko Rusange ya Loni, María Fernanda Espinosa, kuba bifatanyije n’abanyarwanda mu gutegura uyu muhango.

Perezida Kagame yasobanuye ko ‘kwibuka ari igikorwa cyo guha icyubahiro abarenga miliyoni bazize Jenoside, duha icyubahiro umurava w’abayirokotse ndetse n’uburyo abanyarwanda bunze ubumwe mu kongera kwiyubakira igihugu cyacu’.

Yavuze kandi ko kwibuka ari ukwirinda kuko iyo jenoside ikozwe ikajya igacecekwa havamo ibikorwa byo kuyihakana no kuyipfobya.

Ati “Ubuhakanyi ni umusingi w’ingengabitekerezo ya Jenoside. Kurwanya abayihakana ni ingenzi mu kwirinda ko yakongera kuba ukundi”.

Umwaka ushize Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yafashe umwanzuro wo guhindura inyito wari warahaye itariki ya 7 Mata, umunsi Abanyarwanda bafata nk’uwo Kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yahitanye abasaga miliyoni imwe.

Wemeje ko uba “Umunsi Mpuzamahanga Wahariwe Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda”, aho kuba “Umunsi Mpuzamahanga wo kuzirikana kuri Jenoside mu Rwanda”.

Perezida Kagame yashimiye ibihugu byatoye uyu mwanzuro, avuga ko hari ibimenyetso byerekana ko hari isomo amahanga yakuye muri Jenoside yakorewe abatutsi, rituma yiyemeza ko nta handi izongera kuba ndetse bimwe mu bihugu bikabigira ihame.

Yagarutse ku buryo mu 1994, batatu mu kanama ka Loni k’umutekano basabye ko hagira igikorwa mu guhagarika Jenoside ariko ibihugu by’ibihangange birinangira.

Abatabarije u Rwanda barimo; Ibrahim Gambari wo muri Nigeria, Colin Keating wo muri Nouvelle-Zélande na Karel Kovanda wo muri Repubulika ya Czech.

Perezida Kagame yakomoje ku masezerano yo gukumira Jenoside amaze imyaka 70, avuga ko hari intambwe irimo guterwa mu kuyemeza kuko mu bihugu 149 biyahuriyeho, kimwe cya kane cyabyo cyayemeje nyuma ya 1994 ndetse ibihugu bikomeje kwerekana ko byakuye isomo kuri jenoside yakorewe abatutsi.

Ati “U Bufaransa, u Butaliyani, Luxembourg, Pologne n’u Busuwisi, byemeje ko guhakana Jenoside yakorewe abatutsi ari icyaha ndetse u Bubiligi nabwo bwagaragaje ubushake bwo kubikora”.

“Canada n’u Bufaransa bwmeje ko kuwa 7 Mata ari umunsi wo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi, turashima cyane izi ntambwe tunashishikariza n’abandi kubikora”.

Kurinda abasivili byagizwe ihame

Perezida Kagame yavuze ko hari kandi intambwe yatewe mu nshingano zihabwa ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro, aho kurinda abasivili byashyizwe mu mutima w’izo nshingano, mu gihe ubwo u Rwanda rwari mu icuraburindi izi ngabo zitari zibyemerewe.

Ati “Mu 1994, umuburo w’Umugaba w’Ingabo za Loni General Roméo Dallaire wo muri Canada, wimwe amatwi. Kuba nta nshingano zo kurengera abasivili zari zihari, byabaye imbogamiri ku byiza abayobozi b’ingabo bashobora gukora.”

“Icyakora, yarahagumye n’ingabo ze zikora ibyo zishoboye. Capt Mbaye Diagne wo muri Senegal yarokoye ubuzima bw’abatutsi benshi mbere y’uko abitakarizamo ubuzima”.

Mu myaka myinshi ishize, u Rwanda ruri mu bihugu bitanu bya mbere bitanga ingabo nyinshi mu butumwa bw’amahoro bwa Loni, Perezida Kagame yashimangiye ko iyi ntego rutazayitezukaho kuko ‘Nk’igihugu cyatereranywe n’umuryango mpuzamahanga, gishishikazwa no gutanga uruhare rwacyo kugira ngo ibintu bigende neza’.

Umuhango wo kuzirikana kuri Jenoside yakorewe Abatutsi witabiriwe n’abantu benshi i New York ku cyicaro cya Loni

Uyu muhango witabiriwe n’ab’ingeri zose

Perezida w’Inteko Rusange ya Loni, María Fernanda Espinosa ageza ijambo ku bitabiriye uyu muhango

Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, yifatanyije n’abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi
Inkuru ya Igihe.com

2019-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ubwanditsi 03 Jun 2021
Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Ubwanditsi 22 Apr 2019
Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Nyir’ikirimi kibi! Freeman Bikorwa Singirankabo, wonse amashereka ya PARMEHUTU aracyahumanya urubyiruko

Nyir’ikirimi kibi! Freeman Bikorwa Singirankabo, wonse amashereka ya PARMEHUTU aracyahumanya urubyiruko

Ubwanditsi 08 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?
HIRYA NO HINO

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza
Amakuru

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ubwanditsi 29 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru