• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda
Ghahraman ari kumwe n'umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo nyinshi zashishikarizaga Abahutu kwivuna Abatutsi

New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

Editorial 28 Nov 2017 ITOHOZA

Depite Golriz Ghahraman uhagarariye ishyaka Green Party mu Nteko Ishinga Amategeko ya New Zealand yibasiwe bikomeye anengwa kubera uruhare yagize mu kunganira abashinjwaga uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu rukiko rwa Arusha. Umunya-New Zealand mugenzi we, Phil Quin wabaye mu Rwanda imyaka 3 ni umwe mu bakomeje kunenga abunganiraga abagize uruhare muri jenoside ndetse akanenga n’uruhare rwa Ghahraman.

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), ni urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwashinzwe kuburanisha abagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Bivugwa ko Abanyarwanda bagera muri miliyoni 2 bagize uruhare muri ubu bwicanyi mu buryo bumwe cyangwa ubundi, nko kwica abaturanyi cyangwa gusahura ibyabo. Inkiko Gacaca icyo gihe hasanzwe zishobora kwihutisha kuburanisha aba bantu ndetse zikagira uruhare mu bumwe n’ubwiyunge.

Ku rukiko rwa Arusha, uwaje kuba umunyapolitiki muri New Zealand we yafashe icyemezo cyo kumara umwaka muri Afurika  mu itsinda ryaburaniraga abashinjwaga uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Golriz Ghahraman ngo akaba atari umwe mu banyamategeko 200 bari baragenwe na Loni ngo bazunganire abaregwaga ahubwo yari umukorerabushake.

Ghahraman mu rukiko rwa Arusha mu 2008

Phil Quin wemera ko koko n’abagize uruhare muri jenoside cyangwa abakoze ibyaha ndengakamere nabo baba bakeneye ababunganira mu mategeko, asanga ubwunganizi bwa Ghahraman butari ngombwa  ku bantu bashinjwaga bari basanzwe bafite abunganizi barenze umwe kuri buri muntu ahubwo ngo byari nko gushaka ubunararibonye.

Ngo nibyo nta kibi kiri mu gushaka ubunararibonye mu kazi kandi ngo stages ni uburyo bwiza bwo kwagura aho umuntu ashobora kugera, ariko Quin ntiyumva ukuntu Ghahraman yahisemo kujya kumara igihe cye mu manza zakurikiye jenoside.

Bivugwa ko abunganiraga abakekwagaho uruhare muri jenoside i Arusha bagenderaga ku gitekerezo cy’uko abakorewe ubwicanyi ari bo ba nyirabayazana b’ibyababayeho, Quin akavuga ko atumva ukuntu umuntu uzi ubwenge nka Ghahraman yaba atari azi ko agiye kugira urwo ruhare rwo kumvisha ko abishwe muri jenoside ari bo babyiteye.

Mu nyandiko yafatanyije n’uwitwa Peter Robinson bavuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no ku bwicanyi bwo muri Srebrenica, Ghahraman avuga ko igikorwa cyabanjirije jenoside cy’impanuka y’indege ya Habyarimana gishobora kwitwa icyaha cy’intambara cyakozwe n’ingabo z’Abatutsi zo muri FPR. Ibi bikaba byaranitwajwe na benshi mu bagize uruhare muri jenoside nyuma y’amasaha makeya iyi ndege ihanuwe n’ibisasu bya missiles na n’ubu hataramezwa bidasubirwaho uwabirashe.

Muri iyi nkuru dukesha urubuga rwo muri New Zealand rwitwa newsroom.co.nz, Phil Quin akomeza avuga ko ibyo Ghahraman yanditse byuzuyemo byinshi biteye gushidikanya ndetse n’aho yabikuye hashidikanwaho, we afata nk’ibihuha bigamije guteza urujijo ku bantu ba nyabo bashyize mu bikorwa jenoside.

Quin akaba avuga ko ibitekerezo byo kuvuga ko ababohoje igihugu ari bo bizaniye jenoside biba mu mirwa mikuru yo mu Burayi, ahacumbikiwe bamwe mu bikomerezwa bya Hutu-Power ndetse n’udutsiko tw’abahakana jenoside ngo usanga mu bitangazamakuru no muri za kaminuza. Aba ngo wababarira ku ntoki, ariko imbuga nkoranyambaga zirushaho guha uburemere ibitekerezo byabo ku mateka.

Bikindi Simon yakatiwe mu 2008 imyaka 15 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukangurira abandi gukora jenoside

Kubera ibi Quin akaba yagize ati: “Yaba yarabikoze ku bushake cyangwa atabishaka, Ghahraman yasimbutse muri iyo gari ya moshi. Nk’umuntu w’icyitegererezo akwiye kuburanishwa kuri ayo mahitamo ye.”

Quin uvuga ko kuri ubu Ghahraman arimo no gukorera Abanyarwanda babiri bahungiye muri New Zealand ngo batazohererezwa u Rwanda, aho abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yanashyizeho ubutumwa bwa Ghahraman avuga ko u Rwanda ari ubutegetsi bw’igitugu bwa gisirikare, ibirego bishinja jenoside ngo cyane cyane abatavuga rumwe n’ubutegetsi akaba ari ibintu bisanzwe.

Undi wanenze Ghahraman ni uwahoze ari umudipolomate wa New Zealand, Colin Keating. Uyu ni umwe mu bantu batatu bonyine mu kanama k’umutekano ka Loni mu 1994, babashije gusaba ko hagira igikorwa ngo jenoside ihagarikwe.

Uyu waje no gukora mu Rwanda mu gihe cy’imyaka 3 mu mushinga wo kubaka ubushobozi mu bakozi ba leta, avuga ko kuri we, kwitora kwa Ghahraman akajya kuburanira abakoze jenoside byasize icyasha uko yafatwaga.

2017-11-28
Editorial

IZINDI NKURU

Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Editorial 15 Aug 2019
Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Editorial 25 Nov 2016
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Editorial 03 Apr 2023
RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Editorial 09 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022
Amakuru

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Editorial 16 Mar 2022
APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC
Amakuru

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

Editorial 03 Oct 2024
‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Editorial 06 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru