• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato

Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato

Ubwanditsi 14 Sep 2016 ITOHOZA

Amakuru aturuka muri RNC aravuga ko mu ijoro ryakeye abantu bitwaje intwaro gakondo bari bivuganye Serge Ndayizeye umenyerewe nk’umuzindaro wa RNC maze habura gato ngo igikorwa cyabo kigerweho gusa ngo nubwo bamuhushije haracyari andi mahirwe yuko atazarusimbuka bwa kabiri kuko bamubwiye ko batazatuza akiri ku isi.

Iyi nkuru tugicukumbura, ikomeza ivuga ko itsinda ry’abantu bagera kuri bane aribo baraye bateye uyu munyamakuru usigaye yarigize nka Kantano kuri RTLM kuko agatambye kose avuga adashunguye ndetse ngo abari muri uyu mugambi ninacyo bamuzizaga dore ko byamaze kumenyekana ko ari abari batumwe na KAYUMBA NYAMWASA uherutse gutorerwa kungiriza Jerome NAYIGIZIKI muri rya tsinda rigamije gutaranga u Rwanda ngo barebe ko bwacya kabiri dore ko babayeho nabi mu bihugu bitandukanye bityo bakaba barisha iturufu yo guharabika u Rwanda biyita impunzi za Politike.

Imvano ya byose ngo yaturutse ku itangazo ryasomwe n’uyu Serge NDAYIZEYE ku itariki 31/ 08/2016 atangaza amakuru ya Komite nshya ya RNC iyobowe na Jerome NAYIGIZIKI asimbuye RUDASINGWA Theogene. Iyo komite kandi ngo irimo KAYUMBA NYAMWASA nk’umwungiriza wa mbere, Gervais CONDO umwungiriza wa kabiri, ndetse na JMV MICOMBERO umwungiriza wa gatatu tutibagiwe Dr Emmanuel HAKIZIMANA ngo wagizwe General Secretary na Corneille MINANI wagizwe umubitsi.

Ku mugoroba w’iyo tariki nibwo Ndayizeye yahuruye arahutera avuga abatowe atabiherewe uburenganzira ndetse anarenzaho ibindi bigambo byinshi ngo bitashimishije iri tsinda bituma Kayumba Nyamwasa ahamagara Micombero umenyereweho ububandi bwinshi ngo amutegurire abantu bashake uko bakuraho uwo bita ishyano.

Nkuko byari byitezwe ko kuwa gatandatu tariki ya 03/09/2016 haterana inama y’aba bantu batandatu batowe mu myanya navuze hejuru ngo bahuye ku murongo w’ibyigwa hari ingingo imwe gusa yo gushaka uko bakwiyama burundu Ndayizeye Serge n’ivuzivuzi rye ndetse ngo bemeranya ko agomba guceceka burundu kuko akabije kuvugavuga n’ibyo atatumwe abateranya.

Mu kwanzura kwabo ngo bemeranyije ko batazatuza neza akiriho nibwo Micombero yohereje insoresore zo kumwivugana mu mugambi waraye upfubye mu ijoro ryakeye gusa basiga bamwandikiye ko bazagaruka bidatinze.

Mugushaka kumenya abamuteye ndetse n’uwabatumye ngo humviswe amajwi y’itumanaho bakoresheje biza kugwa kuri Micombero ubarizwa mu gihugu cy’Ububirigi. Ari naho Serge yari amaze igihe yarahungiye.

-4054.jpg

Umunyamakuru Serge Ndayizeye

Mu yandi makuru twaje kumenya nuko ngo aba bantu bashobora kuba batumwe na Rudasingwa Theogene ubarizwa muri USA akaba yaramaze kwigizwayo muri RNC kuko ngo yabarushaka gutamira agatubutse muri iri tsinda igihe yariyoboraga akaba ari nacyo cyatumye bamwita RUTEMAYEZE. Kuva yirukanywe ngo ntawe urongera kumuca iryera gusa ngo umunsi wa nyuma yagaragariyeho yakubitiraga agatoki ku kandi umuntu wese uri muri ririya tsinda ryamwirukanye avuga ko azihorera uko byagenda kose.

Turacyakurikirana aya makuru…..

Umwanditsi wacu

2016-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Ubwanditsi 05 Oct 2018
NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

Ubwanditsi 18 Jan 2023
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 24 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.
Amakuru

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Ubwanditsi 22 Dec 2020
Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania
Amakuru

Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru