• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa kabiri w’icyumweru gishize nibwo umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija yatawe muri yombi, azira kunenga cyane ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Inkuru yaherukaga kwandika, ni ivugaga ko …”Muhoozi Kainerugaba [Umuhungu wa Perezida Museveni] akunda agatama cyane, afite umubyibuho ukabije, utamwemerera kuba umusirikari mwiza n’ umugaba mukuru w’ingabo, bategura kuzaba umukuru w’igihugu”.

Uwitwa Aron Kiiza, umunyamategeko wa Rukirabashaija, akimara gutangariza ikinyamakuru The East African ko umukiliya we yakorewe iyicarubozo muri gereza, ku buryo ubu yihagarika akanaruka amaraso, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yahise ihaguruka, yamagana yivuye inyuma ubunyamaswa bwa polisi ya Uganda, ngo ikomeje guhohotera abaturage yagombye kurinda.

Nyuma yo kwamaganwa n’isi yose, Leta ya Uganda yashatse ibikarito ikinga abaturage mu maso, maze ivuga ko Kakwenza Rukirabashaija ari intasi y’u Rwanda. Ibi nabyo byanenzwe n’abatari bake, biganjemo n’abadafite aho babogamiye, basanga gushinja Rukirabashaija ibyaha atakoze ari ukwikura mu kimwaro, no gushaka kwegeka amakosa ku Rwanda, nk’uko ubutegetsi bwa Museveni busanzwe bubigenza iyo bugonzwe n’ikibazo budafitiye igisubizo.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, aherutse gutangaza ko Ubutegetsi bwa Uganda buhora bushaka gusiga icyasha u Rwanda, bukarushinja ibintu buri wese abona ko bidafite ishingiro. Perezida Kagame ati:”Ntibizagutangaze bavuze ko u Rwanda arirwo rwabateje Covid-19” (Biratangaje!)

Gushinja abantu kuba intasi z’u Rwanda ni umushinga Uganda imazemo imyaka myinshi. Nta munsi wira urwego rw’ubutasi muri icyo gihugu, CMI, rudahohoteye Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri Uganda, rukabafungira ahantu hatazwi, rukabagira ibimuga, bagacuzwa utwabo, mbere yo kubajugunya ku mupaka w’ibihugu byombi.

Izo nzirakarengane zirimo abagore n’abana bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, nyamara ntawe barageza imbere y’ubutabera ngo aburanishwe ku byaha aregwa.

Mu minsi mike ishize abategetsi ba Uganda bashinje u Rwanda kohereza muri icyo gihugu amasashi yangiza ibidukikije. Abakurikiranira hafi ibijyanye n’ibidukikije bahaye inkwenene ibyo birego birimo n’ubuswa, kuko isi yose izi neza ko u Rwanda ruri ku isonga muri Afrika mu kurwanya amasashe,mu gihe ahubwo Uganda ari ikimoteri cyayo.

Uganda yitwaje kujya kurwanya umutwe wa ADF (nyamara washinzwe ukanaterwa inkunga na Perezida Museveni n’ibyegera bye), maze yohereza ibihumbi by’abasirikari n’ibitwaro karundura muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko mu by’ukuri bajyanywe no gusahura no gukomeza gufasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abantu banyuranye, biganjemo abatavuga rumwe na Museveni bamwokeje igitutu bamubaza igitumye yohereza abana ba Uganda gupfira mu mashyamba ya Kongo (dore ko ngo banapfa ku bwinshi, hagatangazwa umubare muto), maze uwo Kaguta-kabuhariwe mu binyoma atangira gushinja u Rwanda ko rwohereje ingabo muri Kongo.

Ibi nabyo byamukojeje isoni, kuko yaba Leta ya Kongo, zaba n’ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu, MONUSCO, bose banyomoje ibihuha bya Museveni, bavuga ko nta musirikari n’umwe w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Uganda yugarijwe n’ibibazo by’ingutu, birimo ruswa, icyenewabo, imibereho y’abaturage irushaho kuba mibi cyane, n’ibindi birakaje cyane rubanda.

Mu rwego rwo kubarangaza rero, Museveni yahisemo guharabika u Rwanda, akarugaragaza nka nyirabayazana w’ingorane yananiwe kubonera ibisubizo.

Aribeshya ariko, kuko baba abaturage ba Uganda, yaba n’amahanga, ntawe utabona ko amayeri yamushiranye.

2022-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Jean Sayinzoga yashyinguwe mu cyubahiro (Amafoto)

Jean Sayinzoga yashyinguwe mu cyubahiro (Amafoto)

Editorial 21 Apr 2017
Minisitiri Nyirishema yakurikiye imikino ya kamarampaka APR BBC na Kepler BBC bitwariyemo neza

Minisitiri Nyirishema yakurikiye imikino ya kamarampaka APR BBC na Kepler BBC bitwariyemo neza

Editorial 05 Sep 2024
Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245,  ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Editorial 15 Aug 2025
RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Editorial 24 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.
Amakuru

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Editorial 05 Nov 2020
Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe
UBUKUNGU

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019
Hagaragajwe  Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo  w’Ibiganiro  bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara  yaburiye umuzigo  mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]
ITOHOZA

Hagaragajwe Inzira ndende y’uburyo inzego z’Iperereza ry’u Rwanda zatahuye umuzingo w’Ibiganiro bya Adeline Rwigara [ Diane Rwigara yaburiye umuzigo mu ndege , ajya kwa Kayumba Nyamwasa wa RNC ]

Editorial 25 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru