• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 15 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Abantu barenga 30 bakomoka mu miryango y’Abanyamulenge igera kuri batandatu batawe muri yombi ku munsi w’ejo mu mujyi wa Gatumba, muri komini Mutimbuzi (intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’U Burundi). Ntabwo ari kure y’umupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’u Burundi. Bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya polisi yaho.

Nk’uko amakuru abitangaza, abafashwe bari bamaze nibura imyaka icumi batuye I Gatumba. Bahatuye nk’impunzi zo mu mijyi. Abatangabuhamya babibonye batwarwa bavuga ko abapolisi bavuze ko barimo gushakisha abantu bavuga ururimi rw’inyarwanda n’izifitanye isano nacyo. Ati: “Polisi yaje kwibasira imiryango yose y’Abanyamulenge gusa. Bavuze ko barimo gushaka abantu bakorana n’u Rwanda. Babata muri yombi ndetse nta bisobanuro batanze na mba”, nk’uko amakuru y’ababibonye avuga ni uko gahunda ihari ari ugukukumba uwo ari we wese uvuga ururimi rw’ikinyarwanda ndetse n’urusa narwo,hakaba hibazwa impamvu umuturanyi ahiga undi agendeye ku rwitwazo rw’ururimi aho U Burundi bubeshyera u Rwanda guhungabanya umutekano butararufatana igihanga nk’igihora gifatanwa abarundi ndetse n’abo bacumbikiye.

Kuva ku wa gatatu, tariki 7 Ukwakira, Abanyekongo barenga 110 bakomoka mu bwoko bw’abanyamulenge birukanwe mu mijyi ya Gitega, Muyinga na Ngozi. Ruyigi (iburasirazuba).Iki gikorwa cyo kubakurikirana kije nyuma y’iminsi mike nyuma y’uruzinduko rw’umuyobozi wa diplomasi ya Kongo mu Burundi, Marie Tumba Nzeza. Nk’uko amakuru atugeraho abitangaza, yasabye abategetsi b’U Burundi gukurikirana urubyiruko rw’Abanyekongo bava mu Burundi kugira ngo binjire mu mutwe witwaje intwaro utavuga rumwe n’ubutegetsi wa Colonel Michel Makanika ukomoka mu muryango w’abanyamulenge ukambitse mu misozi miremire ya Kivu y’amajyepfo.

Igihe itsinda rya mbere ry’abantu 64 ryafatwaga i Gitega ku ya 7 Ukwakira, umuvugizi w’igiporisi Cy’u Burundi Pierre Nkurikiye yagize ati: “Turasaba abaturage bose b’U Burundi gutanga raporo ku buyobozi bwite bwa Leta n’ubuyobozi bwa polisi igihe cyose. bahura n’umuntu uvuga ikinyarwanda. Abagizi ba nabi bahungabanya umutekano mu Burundi bakomoka mu Rwanda byanze bikunze ”. U Burundi bufite inkambi 5 z’impunzi z’Abanyekongo zashyizwe mu ntara za Ruyigi na Cankuzo (iburasirazuba) kimwe na Muyinga na Ngozi (mu majyaruguru-uburasirazuba), izo nkambi zikaba zicumbitsemo abantu barenga 80.000, abenshi muri bo bakaba ari Abanyamulenge bahunze urugomo mu Burasirazuba bwa Congo mu gihe cy’imirwano hagati y’imitwe yitwaje intwaro yo mu karere ndetse n’amahanga na FARDC (Ingabo z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo) kuva mu myaka myinshi yatambutse.
Iri hohoterwa ryatangiye gukorerwa abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda ni ikimenyetso si musiga nanone kigaragaza ubufatanye n’Imitwe y’Iterabwoba nka FDLR na RNC dore nk’ubu umutwe w’iterabwoba wa FDLR,ukomeje guhamya imikoranire”itagira amakemwa” na Leta y’uBurundi.

Umubano wa FDLR na Leta y’u Burundi wongeye gushimangirwa rero n’ibaruwa bandika bameze nk’abatera ibuye mu gihuru kandi ntibazi ko uwububa abonwa n’uhagaze ikomeje gukwirakwira kuri Internet, bikaba ariko bidatunguranye kuko nta gihe uRwanda rutagaragarije isi yose ko u Burundi bufasha imitwe ihungabanya umutekano warwo, harimo na FDLR. Abarwanyi b’iyo mitwe bagiye bafatwa babwiye ubutabera bw’uRwanda ko uBurundi bubafasha cyane, haba mu kubaha imyitozo, ibikoresho, ndetse n’ inzira bakoresha bagaba udutero mu Rwanda, bakubitwa inshuro bakayinyuramo bahunga.

Ibi birasobanura urwango abategetsi ba CNDD-FDD bafitiye uRwanda, dore ko baherutse kuvugira ku mugaragaro ko bagiye guhigisha uruhindu umuntu wese uvuga ikinyarwanda. Uyu mugambi mutindi wahise unashyira mu bikorwa, kuko mu ntangiriro z’iki cyumweru, ahitwa mu Kirundo hari umuntu wakubiswe izo kwica,azira kuvuga ikinyarwanda.
Nyamara kandi, mu rwego rwo kwerekana ubushake bwo kubana neza n’abaturanyi, u Rwanda rwo ruherutse gufata abarwanyi ba RED-Tabara, umutwe urwanya ubutegetsi bw’uBurundi, ndetse runabamurikira itsinda ry’abasirikari rishinzwe kugenzura umutekano ku mipaka y’ibihugu byo muri aka karere.

Mu gihe isi yose irajwe ishinga no gushingira iterambere ku bufatanye, cyane cyane hagati y’ibihugu biri mu karere kamwe, u Burundi bwo burakomeza gukorana n’ imitwe y’abagizi ba nabi, ibangamiye bikomeye umutekano n’iterambere ry’abatuye mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Ukwanga atiretse agira ati:”Ngo turwane” ihise bitwibutsa ikigerereranyo Nyakubahwa Perezida Kagame Paul yagereranyije umuturanyi ufite Nyakatsi ukina imikino y’ibishirira.
Rushyashya izakomeza kugaragaza amahano n’amarorerwa y’uwo ariwe wese utifuriza u Rwanda amahoro, Ishya n’ihirwe

2020-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Ubwanditsi 20 Jul 2022
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Ubwanditsi 10 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha
INKURU NYAMUKURU

Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Ubwanditsi 07 Sep 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana
UBUKUNGU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kwabo, TWAGIRAMUNGU NA RUSESABAGINA bibereye muri politiki mburamajyo y’amabuguma abiri
INKURU NYAMUKURU

Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kwabo, TWAGIRAMUNGU NA RUSESABAGINA bibereye muri politiki mburamajyo y’amabuguma abiri

Ubwanditsi 03 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru