• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

OFID yagurije u Rwanda miliyari 17 Frw zo kugeza amazi ku baturage

Editorial 12 Mar 2018 UBUKUNGU

Ikigega Mpuzamahanga cy’Iterambere (OPEC Fund for International Development, OFID) cyagurije u Rwanda miliyoni 20 z’amadolari, asaga miliyari 17 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu mushinga ugamije gukemura ikibazo cy’amazi n’isuku mu Mujyi wa Kigali n’indi iwunganira.

Amasezerano arebana n’itangwa ry’iyi nguzanyo yashyizweho umukono ku itariki 12 Werurwe 2018 na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Clever Gatete n’Umuyobozi Mukuru wa OFID, Suleiman Jasir Al-Herbish.

Aya mafaranga azakoreshwa mu mushinga mugari wa miliyoni 262.32 z’amadolari, ugamije kwagura no gusana uruganda rw’amazi rwa Nzove, n’urwa Gihira II. Hazabaho kandi kwagura imiyoboro y’amazi mu turere twa Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi.

Minisitiri Gatete yavuze ko amafaranga yose agenewe uyu mushinga witezweho kongera umubare w’abagerwaho n’amazi meza yamaze kuboneka, igisigaye akaba ari ukuwushyira mu bikorwa.

Ati “Uyu mushinga ugamije kugeza amazi meza ku bantu bose mu buryo bungana kandi burambye na serivisi zirebana n’isuku mu bice byatoranyijwe n’ibikorwa bizatanga umusanzu mu kuzamura imibereho myiza.”

Umuyobozi wa OFID, Suleiman Jasir Al-Herbish, yavuze ko uyu mushinga nurangira uzagira ingaruka nziza ku Banyarwanda benshi cyane kuko amazi meza n’isuku ari umusingi w’iterambere rirambye.

Yakomeje avuga ko OFID isanzwe ifitanye imikoranire myiza n’u Rwanda, aho imaze gutanga inguzanyo z’asaga miliyoni 100 z’amadolari, zikoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ibyo kongera ingufu n’ibikorwaremezo nko kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingufu n’Amazi muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Kamayirese Germaine, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda yo gushyira mu bikorwa imwe mu Ntego z’Iterambere rirambye (SDGs) iteganya ko mu 2030 abantu bose ku Isi bazaba bagera ku mazi meza ndetse na serivisi z’isuku.

Yakomeje avuga ko muri uyu mushinga w’imyaka ine uzashyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), uzasiga abagera kuri miliyoni 1.3 bagezweho n’amazi meza, mu gihe abagera kuri miliyoni 1.5 bazagerwaho na serivisi z’isuku.

Iyi nguzanyo ya OFID izishyurwa mu gihe cy’imyaka 20, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 1.5%; ije isanga izindi miliyoni 171.14 z’amadolari rwagurijwe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), miliyoni 50 z’amadolari zatanzwe na Banki y’Ishoramari mu Burayi (EIB) mu gihe andi asigaye azatangwa na guverinoma.

2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Editorial 30 Apr 2019
Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Editorial 28 Oct 2018
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Editorial 24 Feb 2020
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Editorial 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini
INKURU NYAMUKURU

AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini

Editorial 09 Jan 2018
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi
INKURU NYAMUKURU

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Editorial 14 Dec 2019
Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights
Mu Mahanga

Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights

Editorial 07 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru