• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
P

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018 UBUKUNGU

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko amafaranga ahabwa abantu bari mu kiruhuko cy’izabukuru yiyongera, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), gitangaza ko muri Mata gusa pansiyo yatangwaga buri kwezi yiyongereyeho asaga miliyoni 400 z’Amanyarwanda.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Gashyantare 2018 ni yo yemeje Iteka rya Perezida ryongera amafaranga ya pansiyo n’ay’ibyago bikomoka ku kazi atangwa na RSSB.

Mu kiganiro n’abanyamukuru, Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald, yavuze ko iri teka rya Perezida No 069/01 ryo ku wa 13/04/2018 ryasohotse mu igazeti ya Leta No 16 yo kuwa 16 Mata 2018, ryahise ritangira gukurikizwa, ku buryo muri Mata abafashe pansiyo bashyiriweho inyongera iteganyijwe.

Ati “Tutarashyiraho inyongera twatangaga pansiyo ingana na miliyari hafi 1.7 Frw buri kwezi. Ukwezi kwa kane kuva twakongera pansiyo, twatanze hafi miliyari 2.2, ni ukuvuga ko habayeho inyongera ingana na miliyoni zisaga 430.”

Yakomeje avuga ko kuva hajyaho itegeko rigena pansiyo mu Rwanda mu 1974, amafaranga atangwa amaze kongerwa inshuro eshatu zirimo mu 1981, mu 2002, ndetse no muri uyu mwaka, ahitawe cyane ku bari basanzwe bahabwa amafaranga make buri kwezi, aho basaga n’abatagira icyo basigarana nyuma y’uko banki zikuyeho ayo gucunga konti zabo.

Abahabwaga amafaranga ari munsi ya 5200 bashyiriweho inyongera ya 157,2% bityo agera ku bihumbi 13 by’amafaranga y’u Rwanda, naho abahabwaga ari hagati ya 5200 na 10000 Frw kuri ubu bari guhabwa ibihumbi bigera kuri 16 Frw, ni ukuvuga ko inyongera yabo igera ku 118%.

Ni mu gihe ku bahabwaga amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 10 na 20 yazamuwe ashyirwa ku bihumbi 25 Frw. Abafataga kuva ku bihumbi 20 kugeza kuri 50 amafaranga yiyongereyeho 45,5% bakaba bafata kuva ku bihumbi 40 kuzamura. N’aho abari hagati y’ibihumbi 50 na 100 basigaye bahabwa kuva kuri 90 kuzamura.

Abasanzwe bahabwa amafaranga ya pansiyo cyangwa ay’ibyago bikomoka ku kazi ari hejuru ya miliyoni (1.000.000 Frw) bahawe inyongera iri hagati ya 0,502% na 0,071% ku mafaranga basanzwe bahabwa.

Munyandekwe avuga ko amategeko ateganya ko buri myaka itanu ikigo gifite pansiyo mu nshingano kigomba gukoresha inyigo igaragaza uko ubukungu buhagaze, aharebwa imiterere y’abari mu kiruhuko cy’izabukuru, uko umusanzu utangwa uzaba uhagaze mu gihe kiri imbere, ari nabyo bishingirwaho mu kumenya ejo hazaza hacyo.

Uko pansiyo yazamuwe kandi ni nako bimeze ku birebana n’amafaranga ahabwa abagize ibyago bikomoka ku kazi, itandukaniro rikaba riri mu buryo bibarwa (formules).

RSSB ivuga ko abahabwa pansiyo bagera ku bihumbi 36, n’aho abafata amafaranga kubera ibyago bituruka mu kazi akaba ari hafi 4000.

Ni mu gihe kugeza ubu mu Rwanda habarurwa abantu bagera ku bihumbi 600 batanga amafaranga y’ubwiteganyirize, aho umusanzu utangwa ungana na 6% by’umushahara wabo mbumbe, arimo 3% bitangira, n’andi atangwa n’umukoresha.

Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Perezida Kagame yashimye agaciro Afurika yahawe mu nama y’ibihugu bikize ku isi

Editorial 27 Aug 2019
Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Editorial 22 Jun 2018
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Editorial 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pasiteri Antoine Rutayisire yemeje ko mu Rwanda hari abapasiteri bari muri Illuminati bakorana nayo mwibanga!!!
Mu Rwanda

Pasiteri Antoine Rutayisire yemeje ko mu Rwanda hari abapasiteri bari muri Illuminati bakorana nayo mwibanga!!!

Editorial 01 Sep 2017
CNLG yatunze agatoki  umucamanza Meron warekuye abahamwe n’icyaha cya Jenoside
Mu Mahanga

CNLG yatunze agatoki umucamanza Meron warekuye abahamwe n’icyaha cya Jenoside

Editorial 16 Dec 2016
Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye
HIRYA NO HINO

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Editorial 01 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru