• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
P

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018 UBUKUNGU

Nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko amafaranga ahabwa abantu bari mu kiruhuko cy’izabukuru yiyongera, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), gitangaza ko muri Mata gusa pansiyo yatangwaga buri kwezi yiyongereyeho asaga miliyoni 400 z’Amanyarwanda.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Gashyantare 2018 ni yo yemeje Iteka rya Perezida ryongera amafaranga ya pansiyo n’ay’ibyago bikomoka ku kazi atangwa na RSSB.

Mu kiganiro n’abanyamukuru, Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald, yavuze ko iri teka rya Perezida No 069/01 ryo ku wa 13/04/2018 ryasohotse mu igazeti ya Leta No 16 yo kuwa 16 Mata 2018, ryahise ritangira gukurikizwa, ku buryo muri Mata abafashe pansiyo bashyiriweho inyongera iteganyijwe.

Ati “Tutarashyiraho inyongera twatangaga pansiyo ingana na miliyari hafi 1.7 Frw buri kwezi. Ukwezi kwa kane kuva twakongera pansiyo, twatanze hafi miliyari 2.2, ni ukuvuga ko habayeho inyongera ingana na miliyoni zisaga 430.”

Yakomeje avuga ko kuva hajyaho itegeko rigena pansiyo mu Rwanda mu 1974, amafaranga atangwa amaze kongerwa inshuro eshatu zirimo mu 1981, mu 2002, ndetse no muri uyu mwaka, ahitawe cyane ku bari basanzwe bahabwa amafaranga make buri kwezi, aho basaga n’abatagira icyo basigarana nyuma y’uko banki zikuyeho ayo gucunga konti zabo.

Abahabwaga amafaranga ari munsi ya 5200 bashyiriweho inyongera ya 157,2% bityo agera ku bihumbi 13 by’amafaranga y’u Rwanda, naho abahabwaga ari hagati ya 5200 na 10000 Frw kuri ubu bari guhabwa ibihumbi bigera kuri 16 Frw, ni ukuvuga ko inyongera yabo igera ku 118%.

Ni mu gihe ku bahabwaga amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi 10 na 20 yazamuwe ashyirwa ku bihumbi 25 Frw. Abafataga kuva ku bihumbi 20 kugeza kuri 50 amafaranga yiyongereyeho 45,5% bakaba bafata kuva ku bihumbi 40 kuzamura. N’aho abari hagati y’ibihumbi 50 na 100 basigaye bahabwa kuva kuri 90 kuzamura.

Abasanzwe bahabwa amafaranga ya pansiyo cyangwa ay’ibyago bikomoka ku kazi ari hejuru ya miliyoni (1.000.000 Frw) bahawe inyongera iri hagati ya 0,502% na 0,071% ku mafaranga basanzwe bahabwa.

Munyandekwe avuga ko amategeko ateganya ko buri myaka itanu ikigo gifite pansiyo mu nshingano kigomba gukoresha inyigo igaragaza uko ubukungu buhagaze, aharebwa imiterere y’abari mu kiruhuko cy’izabukuru, uko umusanzu utangwa uzaba uhagaze mu gihe kiri imbere, ari nabyo bishingirwaho mu kumenya ejo hazaza hacyo.

Uko pansiyo yazamuwe kandi ni nako bimeze ku birebana n’amafaranga ahabwa abagize ibyago bikomoka ku kazi, itandukaniro rikaba riri mu buryo bibarwa (formules).

RSSB ivuga ko abahabwa pansiyo bagera ku bihumbi 36, n’aho abafata amafaranga kubera ibyago bituruka mu kazi akaba ari hafi 4000.

Ni mu gihe kugeza ubu mu Rwanda habarurwa abantu bagera ku bihumbi 600 batanga amafaranga y’ubwiteganyirize, aho umusanzu utangwa ungana na 6% by’umushahara wabo mbumbe, arimo 3% bitangira, n’andi atangwa n’umukoresha.

Umuyobozi w’Ishami rya Pansiyo n’ibyago bikomoka ku kazi muri RSSB, Munyandekwe Oswald

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Editorial 17 May 2017
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Editorial 27 Nov 2017
EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Editorial 09 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!
Amakuru

Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Editorial 04 Feb 2021
Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere
IMIKINO

Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere

Editorial 03 Aug 2019
Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Editorial 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru