• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Editorial 13 Jul 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 12 Nyakanga 2021, ubwo yari ahitwa Sofala, Perezida wa Mozambike, Filipe Nyusi yavuze ko igihugu cye gifite uburenganzira bwo kugirana amasezerano y’ubufatanye n’ibindi bihugu, nk’uko byagenze hagati ya Mozambike n’uRwanda, mbere y’uko uRwanda rwohereza abasirikari n’abapolisi barwo kugarura amahoro n’umutekano muri Mozambike.

Ibi Perezida Nyusi yabivuze yiyama abari batangiye kunenga icyo gikorwa, bavuga ko bitari bikwiye ko igihugu nk’uRwanda kitari mu Muryango w’Ibihugu byo muri Afrika y’Amajyepfo, SADC, ngo kitagombaga kohereza abasirikari n’abapolisi muri Mozambike.

Umwe mu bavugije induru ni Nosiviwe-Mapisa Nqakula, Minisitiri w’Ingabo mu gihugu cya Afrika y’Epfo, wemezaga ko ngo ingabo z’uRwanda zagombaga kubanza kubyemererwa na SADC, zikabona kohereza abasirikari n’abapolisi muri Mozambike. Aya magambo ntiyashimishije Perezida Filipe Nyusi , wahise amusubiza ko” ….Mozambike ifite ubwigenge, ubusugire n’uburenganzira bwo gufata icyemezo kiyibereye, kandi SADC igomba kubyubaha”.

Amakuru ava muri SADC aravuga igikorwa cyo kohereza abasirikari n’abapolisi b’uRwanda muri Mozambike cyateye ishyari n’isoni ibihugu nka Afrika bikunze kwivuga imyato mu bya gisirikari, nyamara Mozambike yakomeje gusaba SADC ubutabazi, ariko akajagari karanga byinshi mu bihugu bigize uwo muryango no gushyira imbere inyungu, cyane cyane iz’ubukungu, bituma habaho kuzarira mu gutabara abaturage ba Mozambike bicwa buri munsi.

Magingo aya SADC imaze kwiyemeza kohereza abasirikari bayo bitarenze iminsi 2, ni ukuvuga tariki 15 Nyakanga 2021, icyakora abazi neza imikorere yayo bakaba bafite impungenge ko imikorere idahwite ya SADC ishobora gutuma hoherezwa ingabo zititeguye neza.

Mu cyumweru gishize uRwanda rwohereje muri Mozambike ingabo n’abapolisi 1000, ndetse ubu bakaba baryamiye amajanja mu birindiro byabo mu Ntara ya Cabo Delgado imaze igihe yarabaye isibaniro hagati y’ingabo za Mozambike n’imitwe y’iterabwoba.

Mu izina ry’abaturage ba Mozambike, Perezida Filipe Nyusi yashimiye cyane mugenzi w’uRwanda, Paul Kagame, uburyo yamwumvise bwangu, avuga ko bigaragaza ubushake bw’uRwanda bwo kubaka ubufatanye n’ubuvandimwe hagati y’Abanyafrika.

2021-07-13
Editorial

IZINDI NKURU

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Administrator 16 Nov 2025
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Editorial 08 Feb 2016
Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Editorial 14 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”
HIRYA NO HINO

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Editorial 13 Nov 2019
Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere
Mu Mahanga

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Editorial 28 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Editorial 05 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru