• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Editorial 03 Mar 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yasabye Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, kwima amatwi abashaka kumuca intege, bitwaje ko yaje abasanga mu kazi.

Ubwo yasozaha ku mugaragaro umwiherero w’abayobozi waberaga i Gabiro mu karere ka Gatsibo, ku wa 1 Werurwe 2018, Perezida Kagame, yabwiye Minisitiri w’Intebe, kutazacika intege mu gihe hari agashya azanye abona kateza imbere igihugu.

Ibi perezida yabigarutseho ubwo yatangaga urugero ko hari abayobozi bafite umuco wo guca abandi intege bakabafatirana bitwaje ko bakiri bashya mu kazi, ndetse anatangaza ko uwo bizagaragaraho azabihanirwa.

Ati “Uracyari mushya [Dr. Ngirente ], buriya uzagira abajyanama benshi utazi aho bavuye bazajya bakubwira ngo ‘oya have, ibyo ntabwo bikorwa hano! Niba bitaraba, bizaba. Umunsi byabaye, ntuzabyemere,… abaguha inama bakubwira ngo wowe se kandi ibyo uzanye ni ibiki, uvuye muri Bank y’Isi [world Bank] ngo uzanye amahame mashya [principles], ngo genda buhoro, itonde, waba ufite intege nke ukabyemera na we ayo ma principles ukayajugunya, ukabasanga, niba bitaraba bizaba,…”.

Perezida Kagame yasabye abayobozi bari mu mwiherero bose muri rusange kwima amatwi abantu bateye uko.

Ati “Aho kugira ngo tugane muri iyo nzira yo gukumirwa n’abantu bari aho bahora badutambika ibintu imbere bavuga ngo wijya hariya wowe, ngo byihorere turabigukorera kandi nabo babizi ko ntabyo bari bukore, aho kugirango tubemerere abo, abo aribo bose badutwara aho bashaka, tubyange, tugane aho ibintu bikwiriye kuba bigana”.

Uru rugero Perezida yatanze, anarusanisha no ku bayobozi bato n’urubyiruko, nabo arabasaba kwima amatwi ababaca intege, ati “Ntimukemerere abashaka kubaca intege no kubabuza kuzana impinduka. Abo muzabangire. Mujye mukora icyo mwumva kibereye igihugu cyanyu, ibyo mwize gukora mubikore”.

 Ku bantu baca abandi intege, Perezida Kagame yavuze ko nibizajya bimenyekana bigomba kuzajya bibagiraho ingaruka.

Ati “Hagomba kubaho ingaruka ku bayobozi babangamira, bakanaca intege intege abashaka kuzana impinduka”.

Umwiherero w’abayobozi ku nshuro ya 15, watangiye ku wa Mbere tariki ya 26 Gashyantare 2018, ukaba warize kuri zimwe mu ngingo zirimo izo kurwanya imirire mibi, uburezi n’ubuzima, Rwanda muri Afurika ndetse no hanze y’ayo,…

 

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Editorial 25 Oct 2018
Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Editorial 05 May 2018
Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Editorial 20 Apr 2018
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Editorial 09 Jul 2024
Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Editorial 25 Oct 2018
Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Editorial 05 May 2018
Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Editorial 20 Apr 2018
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Editorial 09 Jul 2024
Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Editorial 25 Oct 2018
Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Editorial 05 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru