• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Editorial 03 Mar 2018 POLITIKI

Perezida Kagame yasabye Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, kwima amatwi abashaka kumuca intege, bitwaje ko yaje abasanga mu kazi.

Ubwo yasozaha ku mugaragaro umwiherero w’abayobozi waberaga i Gabiro mu karere ka Gatsibo, ku wa 1 Werurwe 2018, Perezida Kagame, yabwiye Minisitiri w’Intebe, kutazacika intege mu gihe hari agashya azanye abona kateza imbere igihugu.

Ibi perezida yabigarutseho ubwo yatangaga urugero ko hari abayobozi bafite umuco wo guca abandi intege bakabafatirana bitwaje ko bakiri bashya mu kazi, ndetse anatangaza ko uwo bizagaragaraho azabihanirwa.

Ati “Uracyari mushya [Dr. Ngirente ], buriya uzagira abajyanama benshi utazi aho bavuye bazajya bakubwira ngo ‘oya have, ibyo ntabwo bikorwa hano! Niba bitaraba, bizaba. Umunsi byabaye, ntuzabyemere,… abaguha inama bakubwira ngo wowe se kandi ibyo uzanye ni ibiki, uvuye muri Bank y’Isi [world Bank] ngo uzanye amahame mashya [principles], ngo genda buhoro, itonde, waba ufite intege nke ukabyemera na we ayo ma principles ukayajugunya, ukabasanga, niba bitaraba bizaba,…”.

Perezida Kagame yasabye abayobozi bari mu mwiherero bose muri rusange kwima amatwi abantu bateye uko.

Ati “Aho kugira ngo tugane muri iyo nzira yo gukumirwa n’abantu bari aho bahora badutambika ibintu imbere bavuga ngo wijya hariya wowe, ngo byihorere turabigukorera kandi nabo babizi ko ntabyo bari bukore, aho kugirango tubemerere abo, abo aribo bose badutwara aho bashaka, tubyange, tugane aho ibintu bikwiriye kuba bigana”.

Uru rugero Perezida yatanze, anarusanisha no ku bayobozi bato n’urubyiruko, nabo arabasaba kwima amatwi ababaca intege, ati “Ntimukemerere abashaka kubaca intege no kubabuza kuzana impinduka. Abo muzabangire. Mujye mukora icyo mwumva kibereye igihugu cyanyu, ibyo mwize gukora mubikore”.

 Ku bantu baca abandi intege, Perezida Kagame yavuze ko nibizajya bimenyekana bigomba kuzajya bibagiraho ingaruka.

Ati “Hagomba kubaho ingaruka ku bayobozi babangamira, bakanaca intege intege abashaka kuzana impinduka”.

Umwiherero w’abayobozi ku nshuro ya 15, watangiye ku wa Mbere tariki ya 26 Gashyantare 2018, ukaba warize kuri zimwe mu ngingo zirimo izo kurwanya imirire mibi, uburezi n’ubuzima, Rwanda muri Afurika ndetse no hanze y’ayo,…

 

2018-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Editorial 24 Sep 2019
Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Editorial 31 May 2017
Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Editorial 27 Aug 2018
New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda
Amakuru

RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

Editorial 26 Oct 2023
Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.
Amakuru

Perezida wa FIFA Giani Infantino aritabira inama ya Komite Nyobozi ya CAF ibera i Kigali ikayoborwa na DR Patrice Motsepe.

Editorial 14 May 2021
AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU
ITOHOZA

AMATEKA Y’ICUMU RYATEWE YESU MU RUBAVU

Editorial 28 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru