• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Editorial 13 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yemeza ko hari uruhare rukomeye u Rwanda rwagize mu kubaka imibanire yarwo n’ibindi bihugu ariko hakaba hakiri bimwe muri ibyo cyane by’ibituranyi bitarworohereza.

2018 wabaye umwaka w’akazi kenshi ku ruhande rw’u Rwanda, kuko ari bwo bwa mbere muri Afurika hasinywe amasezerano akuraho imbogamizi mu bucuruzi bwo muri Afurika ndetse no gusinya ayorohereza urujya n’uruza rw’abantu.

Ayo masezerano yasinyiwe i Kigali mu nama rusange y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) muri Werurwe 2018.

Mbere y’uko uyu mwaka dusoza urangira kandi, Louise Mushikiwabo watanzweho nk’umukandida w’u Rwanda ku buyobozi bw’umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF), yatsinze amatora ku bwiganze asimbura Umunya-Canada Michaelle Jean.

Mu buryo bwa dipolomasi na businesi nabwo u Rwanda rwatsuye umubano n’ibihugu bikomeye ku isi nk’u Bushinwa, aho abayobozi b’ibihugu byombi bagendereranye mu ngendo z’amateka.

JPEG - 182.3 kb
Abayobozi muri Guverinoma, abikorera n’Abanyarwanda bahurira mu Mushyikirano

U Rwanda kandi rwanabaye igihugu cya mbere muri Afurika mu kwinjira mu ihuriro ry’ubucuruzi rya sosiyete ikomeye yo mu Bushinwa “Alibaba Group.”

Mu ijambo rye atangiza inama y’Umushyikirano ya 16, kuri uyu wa Kane tariki 13 Ukuboza 2018, Ibyo byose Perezida Kagame yavuze ko ibyo byose byagize ingaruka nziza ku nyungu z’Abanyarwanda.

Yagize ati “Mu mibanire n’ibindi bihugu u Rwanda rwagize uruhare mu bikorwa byinshi uyu mwaka ku bw’inyungu z’Abanyarwanda. Nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza, imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange.”

JPEG - 125 kb
Abanyamahanga nabo baratumirwa

Yibukije abitabiriye Umushyikirano kandi ko ubuhahirane bugenda neza igihe habaho no kubaha no kubahiriza abaturage bakomoka mu bihugu ntawe ubahutaje.

Inama y’igihugu y’Umushyikirano y’uyu mwaka yitabiriwe n’Abanyarwanda baturutse hirya no hino mu gihugu no hanze yacyo. Mu minsi ibiri bazaba baganira ku bibazo n’ibisubizo byakwihutisha u Rwanda mu iterambere ndetse no guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda.

2018-12-13
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Editorial 09 Dec 2017
U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Editorial 05 Feb 2018
Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Editorial 09 Apr 2024
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Editorial 14 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta
POLITIKI

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Editorial 13 Nov 2018
Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?
POLITIKI

Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?

Editorial 05 Feb 2018
Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe
HIRYA NO HINO

Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Editorial 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru