• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Editorial 17 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe muri aka karere hakomeje kuvugwa ubushotoranyi  bukorerwa u Rwanda, kugeza n’aho abakekwa kuba FDLR, bamaze iminsi bagaba ibitero mu Rwanda bakica abaturage. Mu gihugu  cy’abaturanyi cya Uganda ntihahwema kuvugwa abanyarwanda  bashimutwa bakajya gukorerwa iyica rubozo, mu gihe baba bagiye muri iki gihugu mu mirimo yabo isanzwe.

Mu minsi ishize  Urukiko rw’ibanze  rwa Mbarara  ruherutse gukatira abanyarwanda bagera k’ umunani  igihano cyo gufungwa  bashinjwa ibyaha byo kuba muri Uganda no gukora ubucuruzi binyuranyije n’amategeko.

Ibi umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame, yabikomojeho mu nama y’umushyikirano  aho yavuze ko nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza n’ imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange. Ariko hakaba hakiri bimwe muri ibyo cyane by’ibituranyi bitarworohereza. Yagize ati “Mu mibanire n’ibindi bihugu u Rwanda rwagize uruhare mu bikorwa byinshi uyu mwaka ku bw’inyungu z’Abanyarwanda.  Nk’u Rwanda twifuza umubano mwiza, imikoranire n’ibihugu haba mu karere no muri Africa muri rusange.” yemeza ko hari uruhare rukomeye u Rwanda rwagize mu kubaka imibanire yarwo n’ibindi bihugu .

Ibi umukuru w’igihugu abivuze mu gihe hari abanyarwanda  bafunzwe  muri Uganda, nyuma y’aho inzego z’iperereza za Uganda CMI zibashinja kuba intasi.

Bivugwa ko iyi migambi yose icurirwa muri Uganda bigizwemo uruhare n’inzego z’iperereza zayo zikoreshwa  n’abahoze mu gisirikare cy’u Rwanda bahunze igihugu kubera ibyaha  bitandukanye bakoreye mu Rwanda kuri ubu  bari muri RNC n’abandi bahunze  ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Uganda kandi yabaye indiri y’urujya n’uruza rw’abarwanya Leta y’u Rwanda barimo  FDLR,Rusesabagina na Nsabimana Calixte alias Sankara aho bahurira n’intumwa zabo zirimo niza Leta y’u Burundi mu biganiro bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Amakuru  yatanzwe n’umuturage uri i Rutshuru ni uko Bazeye yafatiwe ku mupaka wa Bunagana avuye i Kampala afatwa ari kumwe na Lieutenant Colonel Abega. Uyu Lt Col Theophile uzwi nka Abega akuriye ishami rishinzwe iperereza muri FDLR-FOCA. Ngiyo imigambi mibi ikomeje gucurirwa muri Uganda.

Abakurikiranira hafi Politiki yo mu Karere n’imibanire y’ibihugu bagaragaza ko Uganda n’u Burundi, aribyo nyirabayazana w’umutekano muke uvugwa muri kano karere nk’uko bigaragarira mu mabarowa ibi bihugu bimaze iminsi byandikirana, agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, ibi bibazo bimaze igihe kitari gito, ariko u Rwanda rwagaragaje ubushake bwo kubikemura bukoranye n’inzego z’ubuyobozi za Uganda, nk’aho Perezida Kagame yahuriye na Mugenzi we wa Uganda, Antebbe bakaganira kuri iki kibazo, ariko ntihagire igikorwa ngo iri hohoterwa rikorerwa abanyarwanda muri Uganda rihagarare.

Ibi bibazo bigira ingaruka z’ubukungu hagati y’abaturage babyo kuko  muri  Kanama 2016 Leta y’u Burundi yategetse ko nta bicuruzwa bigomba kongera kuva i Burundi bikinjira mu Rwanda.

Nyamara u Burundi bwoherezaga mu Rwanda 5,6% y’ibicuruzwa byose bwohereza mu mahanga. Inzego zibishinzwe zahise zitangira no gukumira ku mipaka yose umurundi wejeje n’inyanya ashaka kuzambutsa ku isoko ryo mu Rwanda.

U Rwanda nta bwirizwa rwashyizeho ribuza kohereza ibintu ku isoko ry’u Burundi, ariko birumvikana ko nta kaze byari buhabwe, n’ubwo ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byose ibyajyaga i Burundi byari 2,9%.

Izi ngaruka ziba mbi ku Burundi kurusha ku Rwanda aho ziba nto cyane.

Izi mpungenge ku bijyanye n’umutekano mu karere,  zigaragaza ko  mu gihe ntagihindutse  k’umubano hagati y’u Rwanda, Uganda n’u Burundi,  ibintu bishobora kuba byagira ingaruka zikomeye z’ubukene ku baturage bibi bihugu kandi  umutekano muke uva mu Burundi na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ukaba  wakongeza akarere kose cyane ko hari imitwe myinshi yitwara gisilikare ikorera muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo muri Kivu y’amajyepfo , irimo na RNC ya Kayumba Nyamwasa, mu Burundi naho hakaba havugwa, Imbonerakure, FDLR na FLN ya Sankara.

Mukiganiro Perezida kagame yagiranye n’abanyamakuru   mu cyumweru gishize nyuma y’inama nkuru y’umushyikirano yavuze ko kugeza magingo aya mu mateka y’u  Rwanda ubushotoranyi ntagihe butabayeho , ariko ko u Rwanda, ikiruraje inshinga ari uguteza imbere igihugu n’abanyarwanda.

2018-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Editorial 21 Mar 2021
Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Uko RNC yasenyutse uruhongohongo ikamera nk’impabe mu rukubo

Editorial 25 Feb 2020
Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Impinduka mu Kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi

Editorial 21 Jun 2024
Afrika y’Epfo : Perezida Kagame  mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Afrika y’Epfo : Perezida Kagame mu bakuru b’Ibihugu na za guverinoma 22 bitabiriye irahira rya Cyril Ramaphosa

Editorial 25 May 2019

2 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    December 17, 20183:56 pm -

    Birababaje kwibukako kuva aho U Rwanda rutereye Zaire yahindutse Kongo nibwo abaturanyi binjiye mu bibazo bikabije. Isi yose ikwiye gutabara. Naho ibya Uganda tubirekere benebwyo yuko ari twe abanyarwanda tubirukira. Nonese Kabarebe ntabyita guhunahuna! Abanyarwanda bahatirwa gutaha kandi Leta yacu ikabishyiramo ingufu.

    Subiza
    • Sunday
      December 17, 20188:36 pm -

      Cangwa niwe ufite ubwoba ngo bazamufata?

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]
ITOHOZA

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Editorial 21 Sep 2017
‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ –  Evode
INKURU NYAMUKURU

‘U Rwanda ntirukeneye gushimirwa ifungurwa ry’abo kwa Rwigara’ – Evode

Editorial 07 Oct 2018
Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi
INKURU NYAMUKURU

Pereziga Kagame yatashye One & Only Gorilla’s Nest iri mu Kinigi

Editorial 27 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru