• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Perezida Kagame yemeye kwishyura ‘smartphones’ 1500 muri gahunda y’uko buri rugo rutunga imwe

Editorial 23 Dec 2019 IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yemeye kwishyura telefoni zigezweho zizwi nka ‘smartphone’ 1500 muri gahunda y’amezi atatu igamije ko nibura buri rugo rwatunga imwe.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu Nama Nkuru ya 14 y’Umuryango FPR Inkotanyi yabereye ku cyicaro cy’uyu muryango kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Ukuboza 2019.

Mu kiganiro kivuga ku ntambwe ya FPR Inkotanyi mu myaka 25 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko hari gahunda yatangiye binyuze mu gikorwa cyiswe “Connect Rwanda Challenge” igamije ko buri munyarwanda yaba afite telefoni igendanwa ya smartphone.

Yavuye mu bitekerezo byabayeho hagati ya Minisiteri ayobora n’ibigo by’itumanaho, harebwa uko umuturage yarushaho koroherezwa kubona telefoni igendanwa.

Ati “Mwarabibonye ubushize dutangiza Mara Phones aho hanagaragajwe ko atari ugukora gusa telefoni zigezweho, ariko ko dushaka no gushyiraho uburyo bwakorohereza abaturage bakishyura biboroheye izo telefoni.”

Gusa ngo baje gusanga atari buri muturage wese wakoroherwa no kwishyura ikiguzi cy’izi telefoni kuko ngo hari n’utabasha kwishyura n’amafaranga 500.

Ati “Ntabwo ari abantu bose bashobora kuba babasha kwishyura ayo mafaranga ku kwezi. Icyo gihe twarebaga hagati y’ibihumbi bine n’ibihumbi umunani bitewe na telefoni ushaka kuko ubu bafite amoko abiri.”

Ubwoko bubiri bukorwa na Mara Phones burimo Mara Z na Mara X, zombi zijyamo SIM Card ebyiri. Mara Z igura 175 750 Frw naho Mara X igura 120 250 Frw.

Minisitiri Ingabire yakomeje agira ati “ Hari na cya gice cy’abanyarwanda, n’ iyo wamusaba na 500 Frw ku kwezi atazabasha kuyabona. Kandi dukeneye ko za serivisi tugeza ku baturage twifashishije ikoranabuhanga dukeneye ko nabo bibageraho.”

Muri uko gushaka uko abaturage bose bagerwaho na telefoni, ngo MTN Rwanda yazanye igitekerezo cy’uko ibigo byakwiha umukoro bikishakamo ubushobozi bikagira izo biha abaturage.

Ati “MTN Rwanda iza kuzana igitekerezo cyiza cyo kuvuga iti reka dushyireho umukoro [challenge] w’amezi atatu aho ari ibigo cyangwa umuntu ku giti cye yashobora kuba yatanga telefoni umubare runaka kugira ngo noneho tuzikusanyirize hamwe, dufatanye n’inzego z’ibanze tugende tuzitanga mu ngo zitandukanye.”

“Umukoro dushaka kwiha, ni ukugira ngo za ngo miliyoni ebyiri n’ibihumbi 880 dufite mu Rwanda nibura buri rugo rugire smartphone kuko imwe izatuma buri wese uba muri urwo rugo abone izo serivisi biboroheye.”

Minisitiri Ingabire yavuze ko Perezida Kagame yasabye ko abaturage batazahabwa telefoni gusa ahubwo ko bazahabwa amahugurwa y’uko bazikoresha n’akamaro kazo.

Perezida Kagame yahise afata ijambo avuga ko ubwo iki gitekerezo yakiganiraga na Minisitiri Ingabire, yemeye gutanga 1000.

Ati “ Njye nabanje kureba umushahara mfata, ngo ndebe amatelefoni arimo hanyuma nza gusanga harimo make cyane. Ariko kubera ko nanjye umutwe wanjye ukora kurusha uko mfata umushahara, mpitamo kuvuga ngo nzishyurira smartphones 1000.”

Yavuze ko ubwo yaganiraga ibyo na Minisitiri Paula Ingabire, nawe yari yemeye ko Minisiteri ayobora bazishamo izindi zigiye kwegera uwo mubare.

Ati “Ubwo namwe birabageraho, biragenda biza, nta gahato kabirimo, bizakorwa n’ubishoboye hamwe no kubishaka ariko turashaka kugira ngo biturutse mu bushobozi umuntu afite, tuzahe abo baturage bacu smartphones zashobora kuzatwara imyaka icumi kugira ngo zibagereho bitewe n’aho ariho.”

Ahagana saa tanu z’ijoro, Umukuru w’Igihugu yifashije urukuta rwe rwa Twitter, maze atangaza ko azatanga telefoni za Mara Phone zikorewe mu Rwanda 1500.

I am happy to support the #ConnectRwanda challenge with a pledge of 1500 Made-in-Rwanda @MaraPhones. Smartphones should not be a luxury item. Let’s challenge ourselves to make smartphones an everyday tool enabling all Rwandans to fulfill their potential.

— Paul Kagame (@PaulKagame) December 21, 2019

Imibare y’Urwego Ngenzuramikorere (RURA) yo mu Ugushyingo uyu mwaka igaragaza ko Abanyarwanda batunze telefoni ngendanwa ari 9,527,829. Gusa iyo babara aba, haba hagendewe ku mubare wa sim card zikora, ku buryo ushobora gusanga hari umwe ufite izirenga ebyiri.

Ibi bisobanuye ko ugiye kubarura, ntiwasanga telefoni miliyoni icyenda n’imisago, ahubwo wabona sim card zingana n’uwo mubare zishobora kuba zikoreshwa muri telefoni zitanageze no kuri miliyoni eshanu.

Muri miliyoni icyenda n’imisago zibarurwa, MTN Rwanda yihariye umubare munini na 5,245,426 mu gihe Airtel ari 4,282,403.

Ni mu gihe abanyarwanda bangana na 52.1% ari bo bakoresha internet bavuye kuri 7.9% babarwaga mu 2010.

Perezida Kagame akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, ari kumwe na Vice Chairman, Bazivamo Christophe n’Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe ubwo haririmbwaga indirimbo y’umuryango

2019-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Editorial 14 Sep 2018
Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Ikoranabuhanga ririfashishwa mu kurwanya isuri mu Rwanda

Editorial 11 Oct 2018
Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Umunyarwandakazi mu bagize itsinda rya Loni ryiga ku bufatanye mu ikoranabuhanga

Editorial 15 Jul 2018
EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

EU: Abari munsi y’imyaka 16 bambuwe uburenganzira bwo gukoresha WhatsApp

Editorial 26 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127
HIRYA NO HINO

Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Editorial 15 Apr 2020
Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo
POLITIKI

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Editorial 02 Jul 2017
Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Editorial 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru