• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Editorial 20 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki 18 Kamena 2019, Perezida Kagame yitabiriye inama yateguwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yiga ku iterambere izwi nka ‘Journée Européenne du développement’. Yanaganiriye n’ibinyamakuru bitandukanye harimo ikinyamakuru cyo mu Budage cyitwa “Die Tageszeitung” aho bagiranye ikiganiro kirambuye.

Turabagezaho inshamake yibyo yavuze kuruhare rwa Uganda mu gutoteza Abanyarwanda no gushyigikira imitwe irwanya u Rwanda ndetse no kwishyira hamwe kwa Rusesabagina na Twagiramungu (twabagejejeho birambuye mu nkuru: Agaco K’imburabuza: Perezida Kagame Avuga Kuri Twagiramungu, Rusesabagina Na MRCD.)

Perezida Kagame yabajijwe uko umubano w’u Rwanda na Uganda wifashe ndetse n’ingaruka byagize ku bukungu bw’umuryango mu karere k’iburasirazuba.

Perezida Kagame yagize ati “Ikibazo icyaricyo cyose cy’imibanire kigira ingaruka ku bucuruzi n’ubukungu, ntawabishidikanyaho. Niyo mpamvu nta bibazo dushaka. Ariko muri politike, turabibona hirya no hino ku isi. Natwe twagiye tugira ibibazo by’imibanire imyaka myinshi. Biraza bikarangira. Twizera ko hari igihe bizashira burundu. Tubona Uganda igira uruhare mu gushyigikira imitwe yitwaje intwaro iturwanya ngo kuko batekereza ko tudaharanira inyungu zabo. Ntabwo bishimira ko u Rwanda rwigenga, ahubwo bakumvako u Rwanda rugomba kububaha …ibintu nk’ibyo.”

Yakomeje agira ati: “Tubona abantu bacu bafatwa bagafungwa muri Uganda. Twabonye amagana y’Abanyarwanda bafungiye muri gereza muri Uganda. Uganda igakomeza ivuga inkuru zitandukanye, nko kuvuga ngo binjiye mu Bugande ku buryo butemewe n’amategeko, ngo n’intasi…Ibi twabivuze ku mugaragaro nyuma yo gukusanya amakuru nuko baravuga ngo ibi byose mubimenya gute? Ntawe basiga, bafunga abagore, abagabo ndetse n’abasore n’inkumi. Hari n’abafashwe bakuwe mu mashuri. Ubwo mperuka kubonana na Perezida Museveni namubwiye ko ibyo birego ari ibihuha. Mu barenga Magana abiri bafashwe nta numwe babonanye icyaha. Ibi bikwereke uburemere bw’ikibazo, byatumye tuburira abaturage bacu kutajya muri Uganda, kuko tutabasha gutegeka ibyo Uganda yakora. Twarabasabye twarabinginze ….turabasaba ngo niba mufite Abanyarwanda bakoze ibyaha, mubashyikirize inkiko aho kubagumana muri ma gereza. Abantu baraza bakatubwira ngo bamaze amezi icyenda cyangwa umwaka ntacyo bashinjwa. Ariko twaricecekeye, abantu batinya kudushoraho intambara. Nta niyo mbona kuko na Uganda izi neza ikiguzi cy’intambara. Ushobora gukora ibyo ushaka mu gihugu cyawe ariko kurenga umurongo utukura ni ukwambuka umupaka”

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique mu mpera za Werurwe yabajijwe kuri iyi ntambara maze asubiza ati “ Twabatsinze ubugira gatatu, ni ukuri.”

Muri iki kiganiro na TAZ, Umukuru w’Igihugu yongeye gushimangira ko u Rwanda rudashobora kwihanganira umuntu uhungabanya umutekano warwo ari ku butaka bwarwo.

2019-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Editorial 29 Aug 2018
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Editorial 07 Oct 2021
Ibisobanuro by’amafoto amaze iminsi  yitirirwa ingabo za FLN akwirakwizwa n’abiyita abanzi b’igihugu

Ibisobanuro by’amafoto amaze iminsi yitirirwa ingabo za FLN akwirakwizwa n’abiyita abanzi b’igihugu

Editorial 25 Jul 2018
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Editorial 05 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame
Amakuru

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Editorial 29 Sep 2025
Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP  Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak
Uncategorized

Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak

Editorial 02 Mar 2024
Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi
Mu Mahanga

Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Editorial 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru