• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Perezida Museveni Yasobanuye Iby’igitero Cyamugabweho Imodoka Ye Ikamenwa

Editorial 15 Aug 2018 POLITIKI

Perezida Museveni yagize icyo asobanura ku gitero cyamugabweho ndetse imwe mu modoka yari itwaye abamurinda ikamenwa ibirahure, anagaruka ku iraswa ry’umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere Tariki ya 13 Kanama 2018, nibwo Perezida Museveni yagabwaho igitero muri Arua, imwe mu modoka zitwara abamurinda ikangizwa bikomeye, muri iryo joro kandi ni nabwo umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi [Bobi Wine] yishwe.

Kubera impaka nyinshi z’abaturage bagarukaga kuri ibi bikorwa by’umutekano muke, babigarukaho mu biganiro bagiranaga ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Museveni abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yasobanuye ko imodoka ye yamenwe ikirahure cy’inyuma by’umwihariko we akaba ntacyo yabaye.

Kuri Twitter na Facebook, bamwe bavugaga ko ikirahure cy’imodoka ya Perezida Museveni kitamenwa n’ibuye, bamwe bemeza ko ari ibirahure by’umutamenwa, ndetse ko atari amabuye yakimennye ahubwo ko haba hari indi ntwaro yakoreshejwe.

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 15 Kanama 2018, Perezida Museveni yagize ati “Ikirahure cy’idirishya ry’inyuma ntabwo cyari umutamenwa,…” Perezida Museveni kandi yanenze bamwe mu batavuga rumwe na Leta, barimo ‘Kassiano Wadri, Kyagulanyi (Bobi Wine) n’abandi avuga ko bamugabyeho igitero’.

Perezida Museveni avuga ko abashinzwe kumurinda batigeze basubiza abari bamugabyeho igitero bakoresheje amasasu, ati “Ntabwo twigeze dusubiza turasa ku bari barimo kwigaragambya, si uko tutari dufite ibikoresho byo guhanga n’abigaragambya, ikipe yanjye yabonaga hari bupfemo abantu benshi, kuko twari dufite amasasu ya nyayo”.

Museveni akomeza avuga ko abamugabyeho igitero, bamukurikiye bagera no mu mujyi aho ngo bahohoteye abarwanashyaka b’ishyaka rye, NRM.

Ati “ Hamwe na Tinga Tinga, barakomeje bagera no mu mujyi aho batatse imbaga y’abarwanshaka b’ishyaka NRM, bakomerekeje abantu benshi bakoresheje amabuye, ni muri ako kavuyo kose umwe mu bigaragambyaga yahiciwe”.

Ku wa kabiri tariki ya 14 Kanama,Umuvugizi wa Polisi, Emilian Kayima, yemeje ko imodoka za Perezida Museveni zagabweho igitero ahagana saa 6:30 z’umugoroba n’abo yise ingegera, ubwo ngo yari avuye ahitwa Booma ahari habereye ibikorwa byo kwamamaza abakandida ba NRM mu matora y’Abadepite.

Emilian Kayima yakomeje avuga ko kugaba igitero cyangwa kwitambika imodoka zitwaye umukuru w’igihugu bihanirwa n’amategeko ariyo mpamvu hari abafashwe adatangaza umubare ngo barimo gukorwaho iperereza.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bitangaza ko nyuma ry’urupfu rwa Yasin Kawuma , wari umushoferi wa Bobi Wine, ko na we yaburiwe irengero, bigakekwa ko yaba ari mu bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda.

2018-08-15
Editorial

IZINDI NKURU

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Editorial 05 May 2025
RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

Editorial 30 Sep 2018
Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha

Editorial 04 Jul 2025
Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Editorial 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu bitera inkunga impunzi muri Uganda byikomye imicungire idahwitse y’impunzi, ruswa ikabije n’ihohotera rishingiye ku gitsina birangwamo

Editorial 15 Dec 2018
Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana
Amakuru

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 25 Nov 2016
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”
HIRYA NO HINO

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru