• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Editorial 18 Mar 2017 UBUKUNGU

Perezida wa Banki y’Isi, yageze mu Rwanda, mu ruzinduko rwe Dr Jim Yong Kim yasuye umushinga wo gukwirakwiza amaraso uri gukorwa n’ikigo cy’abanyamerika, Zipline, avuga ko ari urugero rwiza rw’uko ikoranabuhanga rishobora kubyazwa umusaruro.

Nyuma yo kwerekwa uko drones ikora ijyanye amaraso, Dr Kim yavuze ko ari igikorwa kidasanzwe cyashobotse mu Rwanda. Ati “Ubu ni ubwa mbere mu mateka y’Isi dukoresheje utu tudege mu bintu nk’ibi, mu gukwirakwiza ibikoresho by’ubuvuzi.”

Yavuze ko kubona amaraso ku bayakeneye bikunze kuba ikibazo ku bihugu bitandukanye, ukaba wazaba ari umushinga ukomeye kuba ibitaro bitandukanye byazajya bigezwaho ibikoresho bikenewe nko mu minota 17 cyangwa munsi yayo.

Yavuze ko ari igikorwa cyiza ibihugu nk’u Rwanda bikwiye gukoresha mu gukemura ibibazo, kuko nibura drones zishobora kwihuta inshuro icumi ugereranyije n’uburyo busanzwe.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yavuze ko hari abantu baba bakeneye amaraso mu buryo bwihutirwa, ku buryo gukoresha drones byagabanyije ibyago bishingiye ku kuba yatinda kuboneka.

Yagize ati “u Rwanda rumaze igihe ruzi neza ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu guhindura ubuzima bw’abaturage. Drones mu rwego rw’ubuzima ni kimwe mu bikorwa guverinoma y’u Rwanda yashyizeho kugira ngo serivisi z’ubuvuzi zitangwe vuba kandi neza.”

Dr Gashumba yavuze ko drones zatangiye gukoreshwa mu buvuzi mu gutwara amaraso n’ibindi biyakomokaho. Hatangiriwe ku bitaro bya Kabgayi na Muhororo.

Yagize ati “Guterwa amaraso ni ikintu gikomeye kandi nko kuva cyane ni ikintu kiza ku isonga mu guhitana abagore benshi muri Afurika no mu Rwanda. Hari n’izindi ndwara zituma umuntu atakaza amaraso zihitana abantu cyane. Inyungu ya mbere ni uburyo twagabanyije igihe gutwara amaraso byafataga, icyo nababwira ni uko mbere ya drones, gutwara amaraso byafataga hagati y’amasaha abiri n’ane. Ariko uyu munsi dukoresheje drones igihe cyaragabanutse kigera ku minota 50 cyangwa 40.”

Minisitiri Gashumba yavuze ko hari kuganirwa hagati ya guverinoma y’u Rwanda na Zipline ngo iki igikorwa cyagurwe.

Ati “Turashaka kwagurira uyu mushinga no mu tundi duce, kuko uyu munsi bari gutanga amaraso kuri site ebyiri gusa. Turashaka ko bigera kuri site 21. Turino kureba n’ibindi bintu byajya bitwarwa na drones.”

Yatanze ingero ku nkingo, imiti igenewe abarumwe n’inzoka n’ibindi. Ikindi ngo ni uko bifuza gukorana ubushakashatsi, buzagira ibipimo bifatika bigaragaza uko gukoresha drones byoroheje ibikorwa byo kunganira ubuzima bw’indembe.

-6149.jpg

Uru ni uruzinduko rwa Dr Kim mu Rwanda, mu gihe banki y’Isi ikorana n’u Rwanda guhera mu 1963.

Ubufatanye buriho muri uyu mwaka bwemejwe n’inama y’ubutegetsi ya Banki y’Isi mu 2014, bukaba bugenewe umwaka w’ingengo y’imari 2014/2018.

Bunyuzwa mu imishinga icumi ifite agaciro ka miliyoni $802.40, harimo ubuhinzi (35%), Ingufu (30%), Imiyoborere (13%), Iterambere ry’imijyi (12%) n’ubwikorezi (6%.)

U Rwanda kandi ruri mu yindi mishinga itandatu y’akarere iterwa inkunga na Banki y’Isi, aho rwungukira agera kuri miliyoni $204.

2017-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Editorial 14 Feb 2018
Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Sinigeze mbona igihugu cya Afurika kiyobowe neza nk’u Rwanda- Mo Ibrahim

Editorial 03 May 2018
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Editorial 07 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.
Mu Rwanda

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Editorial 04 Sep 2017
Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi
Amakuru

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Editorial 15 Feb 2022
Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Editorial 10 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru