• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Editorial 30 Aug 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Benin, Patrice Talon, yakozwe ku mutima n’uburyo u Rwanda rwamenyekanye ku mateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko uyu munsi rukaba ruzwi ku Isi yose nk’igicumbi cy’imiyoborere myiza.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kanama 2016 mu muhango Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu bakiriyemo Perezida Talon uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, yavuze ko yashakaga gusura iki gihugu kugirango agaragaze uko Benin na Afurika muri rusange baterwa ishema n’imiyoborere myiza gifite.

Yagize ati “Iki gihugu cyamenyekanye kubera amateka yacyo mabi ariko ubu cyongeye kumenyekana kubera ubuyobozi bwacyo bwiza. Ndashaka gushimira Perezida Kagame n’Abanyarwanda muri rusange ku gaciro mwatugaruriye nk’Abanyafurika.”

Ku munsi we wa mbere, Perezida Talon yaganiriye n’inzego zitandukanye z’u Rwanda zimugaragariza uko igihugu cyongeye kwiyubaka kugeza aho kigeze, anerekwa ko ari urugendo rugikomeza.

Perezida Talon yavuze ko u Rwanda rwamweretse ko iyo ufite ubushake n’umuhate ushobora gukora byinshi cyangwa ukarenzaho.
Perezida Kagame yashimiye Guverinoma, abaturage ba Benin na Perezida Talon kubw’amatora meza bagize, amubwira ko politiki nziza ariyo soko y’iterambere ryose.

Yagize ati “Politiki nziza iganisha mu mwuka wo gukorera mu mucyo no mu mutekano, ni umusingi w’ubukungu n’iterambere ry’imibereho myiza Afurika ishaka kubona. Ubumwe bw’igihugu no kubahiriza inshingano kw’inzego za Leta ni ibikorwa bikwiye kwitabwaho.”

Perezida Kagame na Talon bemeranyije ubufatanye

Abakuru b’ibihugu bemeranyije ubufatanye butajegajega mu iterambere ry’abaturage b’ibihugu byombi.

-3890.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Perezida Kagame yagize ati “Reka dukomeze gufatanya mu byiza kubw’inyungu z’abaturage bacu n’Isi muri rusange. Vuba aha RwandAir izatangira kwerekeza i Cotonou, nta gushidikanya ko iki ari ikimenyetso cy’ubufatanye bwiza tuzakomeza kubaka. Nta rwitwazo dufite rwo kudasurana kenshi.”

Perezida Talon yashimangiye ko ubufatanye bushingiye ku gusangira amahirwe ari muri buri gihugu buzagira akamaro, kandi yizeye ko ubufatanye bw’u Rwanda na Benin buzaba intangarugero.

Benin yakuye isomo ku Rwanda

-3889.jpg

Perezida wa Benin Patrice Talon

U Rwanda ni kimwe mu bihugu by’intangarugero muri Afurika, rwafashe iya mbere rugakuraho Viza ku Banyafurika bashaka kuruzamo.

Perezida Talon yanyuzwe n’iki cyemezo yiyemeza ko nawe agiye kwigana u Rwanda agakuraho ibyo kwaka Viza Abanyafurika bajya muri Benin.

Yagize ati “U Rwanda ni igihugu cyorohereje Abanyafurika kukijyamo batagombye kwaka Viza ni ibintu bishimishije cyane, siniyumvisha ukuntu ari byiza kubona Abanyafurika bagenda mu gihugu nk’abajya iwabo. Uru rugero rwiza rutumye mfata icyemezo ko Benin itazongera kwaka viza abandi Banyafurika.”

Uruzinduko rwa Perezida Patrice Talon ruzaba amahirwe yo kurebera hamwe ibintu bitanga inyungu ku bihugu byombi n’ibijyanye n’amategeko n’uburyo bw’imikorere mu guha isura nshya umubano hagati y’u Rwanda na Benin, harimo n’isinywa ry’amasezerano hagati y’impande zombi.

Perezida Patrice Talon yatangiye kuyobora Benin kuva kuya 6 Mata 2016. Yari asanzwe ari umucuruzi ukomeye mbere yo kwinjira muri politiki, ndetse mu gihugu afatwa nk’ ‘Umwami w’Ipamba’ kubera uruhare rwe mu guteza imbere inganda ziritunganya.

2016-08-30
Editorial

IZINDI NKURU

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Editorial 14 Dec 2016
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Editorial 23 Apr 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Editorial 07 Jan 2021
Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Huye: Abagize urwego rwa DASSO basabwe kuba indakemwa

Editorial 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda
Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Editorial 29 Apr 2017
Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika
Mu Rwanda

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Editorial 07 Aug 2016
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe
Amakuru

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Editorial 10 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru