• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
Umuyobozi mukuru wa RDB, Clare Akamanzi

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Editorial 11 Apr 2018 UBUKUNGU

Ku butumire bwa Perezida wa Zimbabwe, Umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yerekeje muri iki gihugu aho agiye kubaganiriza ku ibanga u Rwanda rukoresha mu gukurura abashoramari b’abanyamahanga.

Akamanzi wageze muri Zimbabwe ku wa 10 Mata 2018 azaha ikiganiro abagize inama y’abaminisitiri muri Zimbabwe, abikorera ndetse n’abakozi ba leta, kizibanda ku cyatumye u Rwanda rushobora kwigarurira ishoramari mvamahanga rinini kandi mu gihe gito.

Mu kiganiro na The Herald, Umuvugizi wa Perezidansi ya Zimbabwe, George Charamba, yavuze ko ubwo Perezida Mnangagwa yitabiraga i Kigali inama ku gushyira umukono ku masezerano aganisha ku ishyirwaho ry’isoko rusange rihuza ibihugu bya Afurika, yatunguwe cyane n’uburyo ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka.

Yagize ati “Ikibazo kimwe cy’ingenzi twahise twibaza ni ‘ni gute mwabashije kuzamura ishoramari mvamahanga mu gihe gito kandi neza?’”

Charamba yavuze ko Perezida Paul Kagame yamusubije ko u Rwanda rufite Ikigo gishinzwe iterambere, aho abashoramari bakirirwa ndetse bakabasha no kubonana n’umuyobozi wacyo mukuru.

Nyuma yo kuganira n’Umuyobozi wa RDB no gusobanurirwa amavugurura atandukanye u Rwanda rukora ngo rworohereze abashoramari, Mnangagwa yahise asaba Perezida Kagame kumumwoherereza akajya gutanga ikiganiro muri Zimbabwe, arabimwemerera.

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yandikiye iya Zimbabwe ikinyamakuru Chronicle cyabashije kubona, ku wa 29 Werurwe 2018, nibwo Perezida Emmerson Mnangagwa yanditse asaba kohererezwa itsinda ry’Abanyarwanda ryasangiza igihugu cye ibanga ryo kwihuta mu ishoramari.

Iyi baruwa ivuga ko Clare Akamanzi n’Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri RDB, Emmanuel Hategeka, bazagirira uruzinduko muri Zimbabwe ku wa 09-13 Mata.

Mnangagwa wagiye ku butegetsi mu mpera z’umwaka ushize asimbuye Robert Mugabe wari umaze imyaka 38 ayobora akaza kweguzwa n’igisirikare, yihaye intego zikomeye zigamije kuzahura ubukungu bwa Zimbabwe, zirimo no gukurura abashoramari b’abanyamahanga.

Ubwo Perezida Mnangagwa yitabiraga i Kigali inama ku gushyira umukono ku masezerano aganisha ku ishyirwaho ry’isoko rusangeRésultat de recherche d'images pour "Perezida Mnangagwa mu rwanda"

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Editorial 04 Oct 2018
Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018
Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Editorial 14 May 2019
Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Editorial 26 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.
Amakuru

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Editorial 17 Aug 2022
RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Editorial 02 May 2018
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad
Amakuru

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Editorial 13 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru