• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 07 Feb 2017 Mu Mahanga

Abapolisi babiri bo ku rwego rwa Ofisiye bakuru bo mu gihugu cya Ecosse bari kumwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, William Gelling, ku wa mbere tariki ya 6 Gashyantare basuye Polisi y’u Rwanda, aho baganiriye n’Umuyobozi Mukuru wayo, IGP Emmanuel K Gasana.

Mu biganiro byabo bunguranye ibitekerezo ku kuntu habaho ubufatanye hagati ya Polisi zombi mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Aba bashyitsi uko ari babiri bari mu Rwanda mu rugendo shuri rw’iminsi ine; abo akaba ari: Superintendent Shaun McKillop; akaba ayobora Ishami rishinzwe ibikorwa byo guteza imbere Polisi y’iki gihugu n’iterambere mpuzamahanga, rikorera ku cyicaro cya Polisi ya Ecosse ; yari kumwe na Senior Inspector Iain Ward., akaba we ashinzwe ibijyanye n’umugabane wa Afurika.

Bari mu gihugu, aho barimo kwiga uburyo u Rwanda rukoresha mu kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kureba uko habaho imikoranire hagati ya Polisi zombi kugira ngo ubwo bufatanye burusheho gutanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda aganira n’abo bashyitsi, yavuze ko ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi ari ingenzi ku buryo buri ruhande rubyungukiramo kuko hari ibyiza rukuramo.

Yagize ati,” Tugiye kubigiraho byinshi kubera ubumenyi mufite mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, cyane cyane binyuze mu mahugurwa n’ubundi bumenyi. Ariko kandi hari natwe ibyo tumaze kugeraho twifuza kubasangiza”.

Yakomeje ababwira ko u Rwanda rufite umwihariko mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko buri nzego zose kuva hasi kugera hejuru bafite ingamba zo kurirwanya.

Yagize ati,”Polisi y’u Rwanda nk’urwego rushinzwe iyubahirizwa ry’amategeko, dukorana n’abaturage ndetse bafite uruhare runini mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Dufite kandi ibigo bya Isange one stop centers mu gihugu hose, agashami gashinzwe uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse n’imirongo ya terefone yo guhamagaraho mu gihe hakenewe ubufasha ku gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana. Ibi byose byatumye abaturage ubwabo bagira uruhare mu kurwanya iryo hohoterwa.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakomeje avuga ko ingamba zitandukanye zo kurwanya iryo hohoterwa zashyizweho, zirimo kuba u Rwanda ari rwo rurimo Ikigo cy’icyitegererezo cy’Ubunyamabanga bw’akarere mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Isange one stop center yo yatowe n’Inama rusange ya 84 ya Polisi mpuzamahanga kuba rumwe mu ngero nziza ibindi bihugu byakoresha mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Amaze kubwirwa no gusobanurirwa n’Umukuru wa Polisi y’u Rwanda ingamba za Polisi y’u Rwanda zo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Supt McKillop yagize ati,”Hari byinshi ibihugu byo muri aka karere, ndetse no hanze yako byakwigira ku Rwanda mu bijyanye no kurwanya bene iri hohoterwa. Turabashyigikiye mu rugendo murimo; kandi Ubwami bw’Ubwongereza buzakomeza kubasangiza ubunararibonye bubifitemo .”

Yavuze ko yashimishijwe n’imikorere ya Isange One stop Centers, ndetse n’imikoranire yazo n’izindi nzego mu kwita no gufasha abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina; baba abakuru, ndetse n’abana.

Supt McKillop yagize ati,”Serivisi zitangwa na Isange One Stop Centers ni ntamakemwa.Nashimishijwe n’uburyo abakorewe ihohoterwa bakirwa neza, uburyo baganirizwamo, ubujyanama bahabwa, ubufasha bahabwa mu bijyanye n’amategeko, n’uburyo zikorana n’izindi nzego kugira ngo bahabwe ubutabera.”

Ku bijyanye n’umubano w’igihugu cya Ecosse (Ekose) na Polisi y’u Rwanda, Supt McKillop yavuze ko Polisi yo muri Ekose izohereza Impuguke mu Rwanda kugira ngo baganire na bagenzi babo b’u Rwanda ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubutwererane hagati y’impande zombi mu bya Gipolisi.

Nyuma y’ibyo biganiro, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda n’izo Ntumwa basuye Isange One Stop Center ya Kacyiru ; aho babwiwe amavu n’amavuko yayo, serivisi itanga; kandi berekwa aho zitangirwa n’uko zitangwa.

Bavuye ku Isange, basuye Ikigo cy’Icyitegererezo muri aka Karere kirwanya Ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana; aho bakiriwe n’Umuhuzabikorwa wacyo, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkurunga wababwiye ko ishyirwaho ryacyo ari umwe mu myanzuro y’Inama Mpuzamahanga y’Itangazo rya Kigali (KICD); aho abayitabiriye bemeranyijwe gushyiraho iki Kigo kugira ngo gihuze ibikorwa byo kurwanya iri hohoterwa.

-5678.jpg

IGP Emmanuel K Gasana n’abashyitsi

Mu nshingano z’iki Kigo harimo gukora ubushakashatsi ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, kwegeranya no kubika mu buryo bugezweho amakuru ajyanye na ryo, no guhugura inzego zitandukanye ku kurirwanya.

Izi Ntumwa zizasura kandi Ishami rya Isange ryo mu Ntara y’Amajyepfo n’Ikigo cyita ku babaswe n’ibiyobyabwenge.

RNP

2017-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Editorial 13 Apr 2025
UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

Editorial 23 Nov 2023
Tombola ya Champions League 2021-2022 yasize Manchester City na PSG mu itsinda rimwe, Chelsea na Juventus zisanze mu rindi, uko tombola yagenze yose

Tombola ya Champions League 2021-2022 yasize Manchester City na PSG mu itsinda rimwe, Chelsea na Juventus zisanze mu rindi, uko tombola yagenze yose

Editorial 27 Aug 2021
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Editorial 02 Apr 2019
Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Editorial 13 Apr 2025
UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

Editorial 23 Nov 2023
Tombola ya Champions League 2021-2022 yasize Manchester City na PSG mu itsinda rimwe, Chelsea na Juventus zisanze mu rindi, uko tombola yagenze yose

Tombola ya Champions League 2021-2022 yasize Manchester City na PSG mu itsinda rimwe, Chelsea na Juventus zisanze mu rindi, uko tombola yagenze yose

Editorial 27 Aug 2021
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Editorial 02 Apr 2019
Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Editorial 13 Apr 2025
UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

Editorial 23 Nov 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru