• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

Editorial 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko ku Cyumweru, abantu bagera kuri batandatu biciwe mu myigaragarambyo yo kwamagana Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Joseph Kabila, n’aho abandi batari bacye bagakomereka.

Muri iyi myigaragambyo yabereye hirya no hino mu gihugu abaturage basabaga ko Kabila warangije manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu 2016 yarekura ubutegetsi.

Mu gutatanya abigaragambyaga mu Mujyi wa Kinshasa ahari hoherejwe ingabo za Loni zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, Monusco, polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso.

Umuvugizi wa Monusco yatangaje ko uretse abapfuye hari n’abagera kuri 50 bakomeretse, mu gihe abandi batari bake batawe muri yombi.

Jean-Baptise Sondji, wigeze kuba Minisitiri yabwiye AFP ko yabonye umwana uri mu kigero cy’imyaka 16 yicirwa imbere ya Kiliziya ya Kitambo muri Kinshasa.

Yagize ati “Imodoka ya gisirikare yanyuze imbere ya Kiliziya, batangira kurasa amasasu ya nyayo. Nagerageje kwihisha, umwana w’umukobwa wari iburyo bw’umuryango yararashwe.”

Iyi myigaragambyo yaje ikurikira indi yabaye mu mpera z’umwaka ushize ikagwamo abagera kuri batanu, yamaganwe n’ubuyobozi ndetse ikorwa nta ruhushya rwabanje gutangwa.

Radio Okapi yatangaje ko ibi bitabujije ko nyuma ya misa ya mbere abaturage batuye Kinshasa, Kisangani na Bukavu bigaragambya. Umunyamakuru wayo nawe yayikomerekeyemo.

Iyi myigaragambyo yanashyigikiwe n’abayoboke b’idini rya Islam, aho mbere y’uko iba umuyobozi wabo, Sheikh Ali Mwinyi M’Kuur yasabye ubuyobozi kutabangamira abigaragambya, mu rwego rwo kwirinda ko havuka imvururu.

Kabila wagiye ku butegetsi mu 2001 asimbuye se Laurent Desiré Kabila, yagombaga kubuvaho ku wa 20 Ukuboza 2016. Amasezerano yabashije kugerwaho nyuma y’umwaka manda ye irangiye ariko ntabone umusimbura yateganyaga ko avaho mu mpera za 2017.

Amatora y’umusimbura yagombaga kuba mu 2016 yagiye yigizwa inyuma ku mpamvu z’uko hari byinshi bijyanye n’imyiteguro bitaranoga, ibintu abatavuga rumwe na leta bahamya ko ari uburyo bwo kugira ngo Kabila agume ku butegetsi. Biteganyijwe ko azaba mu Ukuboza 2018.

2018-01-22
Editorial

IZINDI NKURU

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

Editorial 05 Oct 2019
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Editorial 13 Dec 2024
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Editorial 05 May 2021
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Editorial 18 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga
UBUKUNGU

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Editorial 19 Mar 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Editorial 29 Jan 2020
Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo
INKURU NYAMUKURU

Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Editorial 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru