• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Editorial 03 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Isi yose yugarijwe n’icyorezi cya Virus ya Corona (COVI19) aho abagera hafi Miliyoni 3,5 bamaze kuyandura  naho abarenga ibihumbi 244 bakaba barahitanywe niyi ndwara. Mu bihugu bitanu byambere iyi ndwara igaragaramo cyane ni Leta zunze ubumwe z’Amerika, Espanye, Ubutaliyani, Ubwongereza n’Ubudage.

Ku munsi w’Umurimo wizihizwa buri tariki ya mbere Gicurasi, Perezida Pierre Nkurunzia mugihe yashyikirizaga agashimwe umukobwa we wa Bucura, Dorcas Nkurunziza nk’umuntu ugira umwete, yatunguye abari bitabiriye ibyo birori avuga amagambo ateye ubwoba. Yagize ati “ Barababeshya, biriya bavuga barabeshya, nonese ko mwegeranye hari numwe warwaye? Mukomere Imana amashyi cyane. Ikiganza cy’Imana kiri kumwe n’Abarundi si ubwambere si ubwa kabiri”

Ibi ariko Perezida Nkurunziza arabivuga mu gihe ubutegetsi bwe buhisha imibare ijyanye niki cyorezo bukavuga ko bafite abantu 19 bagaragayeho COVID19 naho umwe ikamwica. Uyu umwe yahitanye babyemeye kuko yari umuntu uzwi kubera yakiniye amakipe menshi cyane haba mu Rwanda cyangwa mu Burundi.

Mu gihe kurwanya COVID19 ari ugushyira mu kato abaturutse ahagaragaye icyo cyorezo ndetse no gushakisha no gupima abantu bahuye n’abanduye, u Burundi bwemerako bwapimye abantu 648 kuva tariki ya 24 Werurwe kugeza tariki 2 Gicurasi. Ni ukuvuga hafi iminsi 40. Mu gihe ibindi bihugu bipima abarenga igihumbi ku munsi.

Koroshya imvugo  no kubeshya imibare mu Burundi ni ukugirango kwiyamamaza kw’abakandida biyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika bikomeze kuko no guhagarika irushanwa ry’umupira w’amaguru bashyizweho igitutu n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA).

Muri uko kwiyamamaza kandi, mu masengesho yatangizaga kwiyamamaza k’umukandida wa CNDD FDD, Gen Maj Evariste Ndayishimiye, umugore wasenze yishimiye ko ibindi bihugu bifite COVID19 mu gihe u Burundi butayifite.

U Burundi ndetse na Tanzania, byiyongereye ku bihugu byabanje gusuzugura iki cyorezo twavuga nka Bresil. Naho Leta zunze ubumwe bw’Amerika zifite abarwayi miliyoni imwe n’ibihumbi 100 barenga, mugihe abagera ku bihumbi 244 bamaze kwitaba Imana kugeza uyu munsi, kandi umuntu wambere yagaragayeho ubwandu bwambere tariki ya 5 Werurwe 2020. Ni ukuvuga 57 gusa.

2020-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Editorial 17 Sep 2024
Kuki Mwenda ashyigikiye Museveni wazambije umubano n’u Rwanda?

Kuki Mwenda ashyigikiye Museveni wazambije umubano n’u Rwanda?

Editorial 13 Sep 2018
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022
Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Editorial 08 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga
Amakuru

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Editorial 16 Dec 2022
Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 15 Sep 2019
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”
Amakuru

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Editorial 01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru