• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Editorial 23 Feb 2018 POLITIKI

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwasabye abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu gihugu kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo hagamijwe guteza imbere urwego rw’imitangire ya serivisi, rukarushaho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Ni mu biganiro inzego zombi zagiranye kuri uyu wa 22 Gashyantare 2018 hagamijwe kubaka ubufatanye mu miyoborere no kunoza imitangire ya serivisi muri gahunga yiswe ‘Nk’uwikorera’.

Umukuru w’Urwego rw’Imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, yavuze ko gukorera umuturage nk’abikorera biri mu nshingano z’abayobozi b’amadini n’amatorero.

Yagize ati “Gukunda umuntu nk’uko wikunda, gukorera mugenzi wacu ibyo twifuza ko na we atugirira ngira ngo iyo ni intero y’amadini. Kuyihuza na ‘Nk’uwikorera’ ni ibintu numva biri butworohereze imirimo kandi bizanatworohereza no gukomeza gufatanya.”

Prof Shyaka yasabye abitabiriye ibi biganiro guha ireme gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ kandi bagafasha RGB kuyimenyekanisha.

Yakomeje agira ati “Amadini n’amatorero bifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, binyuze mu bikorwa n’imishinga bitandukanye mu nzego zirimo ubuzima, uburezi n’indi mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Twifuzaga rero ko iyi gahunda muyigira iyanyu mukayigeza ku bayoboke banyu nabo bakayigeza mu bandi igashyirwa mu bikorwa ku buryo abanyarwanda ibyo bakora babikorera bagenzi babo nk’uko nabo bifuza ko bibakorerwa.”

Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’Amatorero y’Abaprotestani mu Rwanda, Rev. Dr Samuel Rugambage, yavuze ko iyi gahunda ikwiye gushyigikirwa.

Perezida w’Akarere ko hagati n’ak’Iburasirazuba mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, Pasiteri Ndwanyi Isaac, yavuze ko abantu bakwiye gutanga serivisi nziza badategereje ko bazibasaba.

Yagize ati “Serivisi ubundi zimenyerewe ni izo umuntu asaba ariko mu by’ukuri serivisi njye mpa agaciro ni iyo umuntu atanga atagombye kubisabwa.”

Nk’uwikorera ni gahunda igamije gukangurira abatanga serivisi kwakira neza ababagana no gukangurira abaturage guharanira uburenganzira bwabo muri urwo rwego.

Uruhare rw’abanyamadini muri iyi gahunda rukenewe mu mu guhindura imyumvire, yaba ku batanga serivisi ndetse n’abazihabwa kuko bose bahurira muri ayo matorero n’amadini.

Intego u Rwanda rwihaye ni uko igipimo cy’imitangire ya serivisi kizaba kiri kuri 85% mu mpera z’uyu mwaka wa 2018.

Ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bya 2016 bigaragaza ko imitangire ya serivisi igeze kuri 72.9% mu gihe ishusho y’uburyo abaturage babona imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye igaragaza ko abaturage bishimiye serivisi ku kigero cya 70.9%.

Gahunda ya Nk’uwikorera yatangijwe na RGB muri Werurwe 2017. Ubu igeze mu cyiciro cyayo cya kabiri, aho yatangiye kwinjizwa mu mikorere y’inzego zose.

2018-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

Editorial 05 May 2018
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Editorial 06 Mar 2017
Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Kinshasa : Perezida Kabila yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya utavuga rumwe n’ubutegetsi

Editorial 08 Apr 2017
Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF  [ Igice 3 ]

Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF [ Igice 3 ]

Editorial 23 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Editorial 20 Aug 2018
Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Editorial 11 Mar 2019
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe
Amakuru

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Editorial 29 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru