• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi
Komiseri w'imisoro y'imbere mu gihugu, Kayigi Habiyambere Aimable

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Editorial 23 May 2018 UBUKUNGU

Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko ibihembo by’inyongera umukozi ahabwa n’umukoresha bigiye kujya bisoreshwa mu rwego rwo guhuza amategeko agenga ishoramari n’agenga umusoro ku musaruro mu gihugu.

Uwo musoro ni imwe mu mpinduka zigaragara mu itegeko rishya nº 016/2018 ryo ku wa 13/04/2018 risimbura itegeko n°16/2005 ryo ku wa 18/08/2005 ryashyiragaho umusoro utaziguye ku musaruro.

Izi mpinduka zizakora ku mafaranga atangwa kubera ubuzima buhenze ku mukozi, ayo gutunga umukozi kure y’aho asanzwe akorera, ay’ubukode, ayo kwakira abashyitsi cyangwa ay’ingendo.

Mu kiganiro RRA yagiranye n’itangazamakuru ku wa 22 Gicurasi 2018, asobanura zimwe mu mpinduka z’ingenzi zabayemo, Komiseri w’imisoro y’imbere mu gihugu, Kayigi Habiyambere Aimable, yavuze ko iri tegeko rigaragaza ko amafaranga umukoresha yishyurira umukozi we ku bukode bw’inzu cyangwa imodoka ku buryo butaziguye, azajya asoreshwa nk’andi mashimwe.

Yagize ati “Ni ukugira ngo umukoresha uha amafaranga umukozi ku buryo butaziguye atangirwe umusoro, kuko aba azwi ingano. Umuntu ashobora kuba ayobora ikigo runaka, afite umushara ahembwa ku kwezi, byashobokaga ko akwepa umusoro ku bihembo avuze ati ‘Munkodeshereze inzu y’ibihumbi 500 Frw, umushakara mpembwa use n’aho ugiye munsi kandi udakodesherezwa, ashobora kwikodeshereza ariko abikuye mu mushahara yahembwaga.”

Ingingo ya 18 y’iri tegeko igaragaza ko umusaruro utangwa mu bintu, uhabwa umukozi ushyirwa mu musaruro usoreshwa ukomoka ku kazi hakurikijwe agaciro k’isoko, wongerwa ku musaruro usoreshwa amafaranga ahwanye no gutunga no gukoresha ikinyabiziga cy’akazi ku mukozi mu gihe cy’umusoro, angana ku buryo bucishirije na 10% by’ibihembo bitari ibintu.

Riteganya kandi ko hongerwaho ku musaruro usoreshwa amafaranga ahwanye no gukoresha cyangwa gutura mu nzu itanzwe n’umukoresha, harimo cyangwa hatarimo ibikoresho byo mu nzu, mu gihe cy’umusoro, angana, ku buryo bucishirije, na makumyabiri ku ijana (20%) by’ibihembo bitari ibintu.

2018-05-23
Editorial

IZINDI NKURU

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Editorial 27 Apr 2018
Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Editorial 14 Jan 2020
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Editorial 27 May 2018
RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Editorial 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye
Mu Rwanda

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

Editorial 07 Apr 2017
Nyamagabe: Hafashwe ingamba zo kubungabunga umutekano
Mu Mahanga

Nyamagabe: Hafashwe ingamba zo kubungabunga umutekano

Editorial 02 Nov 2016
Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR
INKURU NYAMUKURU

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Editorial 12 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru