• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Editorial 03 Jun 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’aho bigaragariye ko hari ababyeyi bo mu karere ka Rubavu cyane cyane abo mu murenge wa Gisenyi basibya abana mu mashuri abandi bakavamo burundu ngo basigarane barumuna babo igihe aba babyeyi bagiye gushaka ibicuruzwa mu mujyi wa Goma mu gihugu cya Congo, ibi bikaba ari uguhohotera aba bana no kubabuza uburenganzira bwabo, ku itariki ya 02 Kamena, itsinda ry’abapolisi baturutse mu ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda ryajyane imodoka yakira ibibazo by’abaturage (Mobile Police Station) muri uyu murenge kugirango bakangurirwe kwirinda iri hohoterwa ndetse n’icuruzwa ry’abantu.

Inspector of Police (IP) Christine Mukamazimpaka waturutse mu gashami ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV), yabwiye abaturage barenga 500 bari bateraniye mu kagari ka Kivumu umurenge wa Gisenyi, ko ibi bikorwa n’aba babyeyi ari uguhohotera uburenganzira bw’umwana, yaba ukuwe mu ishuri na murumuna we asigara arera.

Akaba yagize ati:” Umuntu wese utarengeje imyaka 18 y’amavuko yitwa umwana. Mu burenganzira bwe harimo ubwo kubaho, kwandikishwa avutse kandi bigakorwa ku gihe, kumenya ababyeyi be, kwiga, kuvuzwa, kurindwa ivangurwa, gushimutwa no gucuruzwa, kuruhuka, kwidagadura n’ibindi. None se iyo ufashe umwana ukamukura mu ishuri uba wubahirije uburenganzira bwe? Uyu murumuna we se we wirirwa umunsi wose atonse ntuba umuvukije uburenganzira bwe? Babyeyi, mwirinde ibikorwa nk’ibi.”

Yakomeje abakangurira kwirinda n’ihohoterwa ryo mu ngo kuko rivamo kwicana, abasaba kumvikana n’abo bashakanye. Aha yagize ati:”Byamaze kugaragara ko iyo habayeho guta inshingano k’umwe mu bashakanye bikunze kuba intandaro y’amakimbirane mu rugo amaherezo akazavamo ihohoterwa ry’umwe mu bagize umuryango yaba umugore cyangwa umugabo, rikaba rishobora no kuvamo ubwicanyi.”

Uwari uyoboye iri tsinda Chief Inspector of Police (CIP) Rutaro Hubert, yakanguriye aba baturage kumenya no kwirinda icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati:”Hari ibyaha bikorwa mushobora kuba mutazi ko ari ibyaha, umuntu araza akakwizeza ibitangaza ko agiye kugushakira imirimo myiza kandi ihemba amafaranga menshi mu mahanga cyangwa kugushakira amashuri meza mu bihugu byo hanze, wagerayo ugasanga ibyo bagusezeranyije ataribyo urimo gukoreshwa, ahubwo washowe mu buraya cyangwa ukoreshwa imirimo y’ingufu kandi udahemberwa, ndetse bamwe ibice byabo by’umubiri bikagurishwa, kandi abenshi mu bashorwa muri ibyo bikorwa ni abagore n’abakobwa uretse ko n’abasore n’abagabo byabageraho.”

Yakomeje ababwira ko bo nk’abaturage baturiye umupaka bahuye cyangwa bashobora kuzahura n’aba bantu babizeza ibitangaza, abakangurira kujya bashishoza.

Yagize ati: Abantu nk’aba bazakugeraho, niyo mpamvu buri wese agomba kugira imyumvire yisumbuye y’uko icuruzwa ry’abantu rikorwa n’ingaruka zaryo, kugirango abantu birinde kurigwamo.”

CIP Rutaro yasoje asaba abo baturage ko badakwiye guhohotera abana babo n’ubwo baba bagiye gushaka ibibatunga, abasaba kudaha amatwi umuntu uwo ariwe wese ubizeza ibitangaza kandi batamuzi, kuko nta cyiza kiba kimugenza, ahubwo hagira ubizeza ibyo bitangaza bagahita babimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

Nyuma y’ibyo biganiro, umwe mu bana witwa Nishimwe Sandrine ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa 2 w’amashuri abanza, wari uhetse murumuna we yagize ati:”Dore nk’ubu uyu munsi nagombaga kuba nagiye kwiga, ariko mu gitondo Mama yambwiye ngo ninze tujyane (kurembera) gucuruza, tugeze hano ansigira uyu murumuna wanjye, we ajya muri Congo kandi aragaruka nimugoroba. Nta cyo kurya yansigiye kandi n’uyu aronka nimugoroba agarutse.”

Umwe mu babyeyi witwa Manishimwe Marie Goretti wakurikiye ibi biganiro, yashimye Polisi y’u Rwanda kubera impanuro ibahaye, aho yagize ati:”Rwose turasobanukiwe natwe dusanga ibyo dukora byo gusiga abana hano tukajya guhaha muri Congo ari amakosa, tugiye kwisubiraho tujye dukorera hano i Rubavu turi kumwe n’abana bacu, kandi n’aba twabasigiraga bakomeze amashuri yabo baziteze imbere.

Umukobwa witwa Twizerimana Rachel w’imyaka 20 we yagize ati:”Nyuma y’ibi biganiro duhawe na Polisi yacu, dusobanukiwe amayeri abo bagizi ba nabi bakoresha ngo babone abo bajya gucuruza. Ubu ntaho bashobora kumpera ndetse n’uwagerageza kunshuka nahita mushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

RNP

2016-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Editorial 24 May 2024
Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa

Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa

Editorial 14 Apr 2016
Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Editorial 06 Feb 2017
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Col. Gaspard Baratuza  yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?
Mu Rwanda

Burundi: Col. Gaspard Baratuza yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Editorial 22 Sep 2016
Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru
Mu Mahanga

Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Editorial 05 May 2016
Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda  buhatse iki ?
INKURU NYAMUKURU

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda buhatse iki ?

Editorial 14 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru