• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2016 Mu Mahanga

Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye gusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.

Sempabuka Jean Damascene utuye mu Murenge wa Kanzenze wahoze atuye muri Gishwati yagaraje ko kuva bakwimurwa batarishyurwa amafaranga y’ubutaka bwabo basize Gishwati.

Perezida Kagame avugana na Minisitiri ushinzwe umutungo kamere Dr Vincent Biruta yatangaje ko ingurane y’abaturage bimuwe Gishwati yari miliyari 1,8Frw kandi amaze kwishyurwa abaturage ari miliyari imwe na miliyoni 200Frw.

Minisitiri Biruta yasobanuye ko imbogamizi zatumye amafaranga ataratangiwe igihe ari abaturage bandikishije konti bafite mu ma banki nabi, abandi nimero z’irangamuntu ntizihuye, naho abandi babarirwa muri 700 ntibashoboye gusinya ku mpapuro zemeza imitungo yabo bari bafite Gishwati.

-2544.jpg

-2545.jpg

Perezida Kagame akemura ibibazo by’Abaturage

-2543.jpg

Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Biruta Vincent

Ikibazo cy’imitungo yabimuwe Gishwati cyagejejwe kuri Perezida Kagame ubwo yasuraga abaturage ba Nyabihu asaba ko gikemurwa.

Perezida Kagame yongeye gusaba abayobozi b’intara y’Uburengerazuba gukurikirana ibibazo by’abaturage batarishyurwa bimuwe muri Gishwati.

Perezida Kagame yabajije impamvu abana bata ishuri

Perezida Kagame wasuye Akarere ka Rubavu akaganira n’abaturage, yabajije abayobozi b’akarere impamvu amashuri yubakwa ariko abana ntibayajyemo. Yagize ati “Mfite imibare hano kandi irasa nabi, imibare y’abana batajya mu ishuri, ibisobanuriro abayobozi bampa sinabyumva; ni imikorere mibi, abayobozi ndabasa bisuzume bafashe abaturage kohereza abana ku ishuri.”

Abayobozi basobanuye ko abo bana akenshi baba bagiye mu bucuruzi, ariko we abihakana avuga ko badacuruza kuko Rubavu ubucuruzi budateye imbere, ahubwo ngo birirwa ku mihanda bifashe mu mifuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatangaje ko abana bava mu ishuri bakajyanwa mu mirimo, ariko Perezida Kagame avuga ko abana bagomba kujya mu ishuri kuko amashuri yubatswe.

Perezida Kagame washimye urwego gukwirakwiza amashanyarazi akarere ka Rubavu kagezeho, yatangaje ko bikiri hasi.

Ibindi bikorwa bidindira birimo ibikorwa remezo birimo n’uruganda rwa Mukamira rugomba gutunganya amata, n’uruganda rwa Mudende rudakora neza, yavuze ko yifuza ko bikorwa bikarangira aho guhera mu magambo.

Ku ruganda rw’amakoro yasabwe

Perezida Kagame asubiza ku kibazo cy’uruganda yasabwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rubavu kijyanye no kubaka uruganda rutunganya amabuye y’amakoro yakoreshwa mu gukora imihanda, yavuze ko mu Rwanda hari abashoramari babigiramo uruhare habaye ubufatanye.

Ati “Ibi hano hari abashoramari babigiramo uruhare habaye n’ubufatanye, ntekereza ko mu kiganiro ndagirana n’abikorera tuza kubiganiraho.”

Amabuye y’amakoro atunganyije neza yatangiye gukoreshwa imihanda mu Karere ka Rubavu na Musanze kandi bitanga umusaruro mu gukora imihanda igendekamo n’imodoka neza.

Ubuyobozi buvuga ko bihendutse kurusha gukoresha kaburimbo kuko ikirometero kimwe cya kaburimbo kivamo ibirometero bibiri by’amakoro.

Umwanditsi wacu

2016-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Editorial 18 Jul 2019
Dore Byinshi Utamenye kuri Vatican Umugi Ubusanzwe Papa Atuyeho ,Uzuko Aricyo Gihugu kinywebwamo inzoga nyinshi ku isi

Dore Byinshi Utamenye kuri Vatican Umugi Ubusanzwe Papa Atuyeho ,Uzuko Aricyo Gihugu kinywebwamo inzoga nyinshi ku isi

Editorial 30 Sep 2017
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Editorial 18 Jul 2019
Dore Byinshi Utamenye kuri Vatican Umugi Ubusanzwe Papa Atuyeho ,Uzuko Aricyo Gihugu kinywebwamo inzoga nyinshi ku isi

Dore Byinshi Utamenye kuri Vatican Umugi Ubusanzwe Papa Atuyeho ,Uzuko Aricyo Gihugu kinywebwamo inzoga nyinshi ku isi

Editorial 30 Sep 2017
Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Editorial 18 Jul 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi
POLITIKI

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Editorial 07 Jun 2017
2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw
UBUKUNGU

2018-2019: Imisoro n’amahoro byagombaga kwinjira byarenzeho miliyari 29,6 Frw

Editorial 13 Jul 2019
Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago
Amakuru

Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago

Editorial 08 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru