• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Editorial 25 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Leta ya Tshisekedi ikomeje gukoresha ruswa igura abayobozi batandukanye hirya no hino ku isi kugirango bangize isura y’u Rwanda no kurwanya gahunda z’igihugu zigamije iterambere.

Nyuma yuko umusenateri mu gihugu cy’Amerika Bob Menendez yumvikanye hirya no hino ashinja u Rwanda ibinyoma, we n’umugore we Polisi y’Amerika yabasanganye amafaranga asaga ibihumbi 500 by’amadorali cash, kandi adafite ubusobanuro bwaho yavuye. Byaje kugaragara ko ahabwa akayabo na Tshisekedi kugirango akomeze ashinje ibinyoma leta y’u Rwanda. Haje kugaragara n’amafoto agaragaza Senateri Menendez na Tshisekedi.

Muri iyi minsi hadutse umudepite w’umubiligi wabaye na Minisitiri Andre Flahaut uri kuvugira Leta ya Tshisekedi agatuka u Rwanda ariko vuba aha yarakabije ubwo yakoresheje imvugo nyandagazi ku masezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza bwo kwakira abimukira bapfa ku bwinshi bahungira ku mugabane w’uburayi. Uwo mu depite w’umubiligi yagereranyije gahunda yo kuzana abimukira nko kuruka cyangwa igikorwa cya bunyamaswa

Tubibutse ko abimukira batagira ibyangombwa mu Bubiligi bafungirwa ahantu ariko mu Rwanda bazatura binjizwe mu buzima nk’abandi Banyarwanda ariko kubera ubugome na ruswa ya Tshisekedi Flahaut abyita ubunyamaswa. Ibi ni ugusuzugura igihugu cy’u Rwanda no kwiyumvamo ko u Rwanda rugomba gukora ibyo bashaka.

Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bamaganye amagambo ya Flahaut bamwibutsa ahubwo ibikorwa by’ubunyamaswa igihugu cye cyakoreye u Rwanda mu bihe bitandukanye; muri ibyo harimo kwirukana umwamikazi Rozaliya Gicanda wari wagiye kwivuza mu Bubiligi akirukanwa ukwezi kumwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi itangira kandi Leta y’ababiligi yari izi neza umugambi wa Jenoside warimo gutegurwa

Flahaut kandi yibukijwe uburyo ingabo z’ababiligi zataye impunzi z’Abatutsi zisaga ibihumbi bitatu muri ETO ya Kicukiro bakajya kwicirwa I Nyanza ya Kicukiro, ariko bakajyana imbwa n’ipusi zabo.

Ibikorwa by’ubunyamaswa kandi ububiligi bwakoze ni ugushyira igitutu ku Kanama gashinzwe umutekano ku isi ka LONI ko kugabanya ingabo za MINUAR zikava ku bihumbi bitanu bakagera kuri 250.

Kuva Perezida Kagame yaha agaciro u Rwanda, bitandukanye na mbere aho u Bubiligi bwavugaga rikijyana nko mu gihe cy’ubukoloni, abayobozi batandukanye b’ababiligi bahisemo kurwitwaraho umwikomo noneho byahura na ruswa ya Tshisekedi bikaba ibindi bindi.

Uyu Flahaut ninawe wari ukuriye umugambi wo kwangisha Ambasaderi Karega Vincent arega abayobozi bo mu Bubiligi guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu; ni ubutumwa yari ahawe na Tshisekedi.

U Rwanda rwemeje ko nta wundi bazohereza mu gihe banze Ambasaderi Karega kuko ari igihugu cyanga agasuzuguro.

Yaba Senateri Menendez yaba Depite Flahaut ntawamagana akarengane gakorerwa abakongomani b’Abatutsi bicwa umunsi ku munsi cyangwa ngo bamagane ingangabitekerezo isakazwa n’abayobozi b’iki gihugu kuko ntawe uvugana indya mu kanwa.

Gusa bagomba kumenya ko ruswa ya Tshisekedi itakwitambika iterambere cyangwa gahunda z’u Rwanda kuko ziba zifite icyerekezo zinasobanutse.

2024-04-25
Editorial

IZINDI NKURU

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Editorial 02 May 2018
Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Mushikiwabo ni umukandida mwiza – Kagame

Editorial 19 Jun 2018
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Editorial 18 Feb 2025
Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Editorial 25 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma
Mu Mahanga

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Editorial 14 Apr 2016
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora
Mu Rwanda

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Editorial 29 Apr 2017
Polisi ya  Leta ya Malawi  ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri  w’umunyarwanda
ITOHOZA

Polisi ya Leta ya Malawi ratungwa agatoki kurya Ruswa ikarekura Umujenosideri w’umunyarwanda

Editorial 18 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru