• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Editorial 23 Dec 2017 SHOWBIZ

Mu birori bibaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda, Byiringiro Jean Aimé n‘umukunzi we Mutesi Dinah baraye bahembewe kuba intangarugero mu rukundo rwa kobwa-hungu (Copinage) kuko Couple yabo ari yo yishimiwe kurusha andi yabihataniye mu mwaka wa 2017. Bahise babigaragariza mu ruhame ko urukundo hagati yabo ruganje, barasomana umunwa ku wundi.

Bahise berekana ko urukundo hagati yabo ruganje bataruhishira

Bahise berekana ko urukundo hagati yabo ruganje bataruhishira

Urugendo rw’ibi bihembo bitanzwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda, rwatangiye ari couples 10 ziyandikishije binyuze ku rubuga twa Instagram rw’abateguye iki gikorwa.

Amafoto y’aya ma-couples yashyizwe kuri instagram kugira ngo abakoresha uru rubuga bagaragaze ikwiye guhembwa.

Ifoto ya Couple ya Byiringiro Jean Aimé na Mutesi Dinah ni yo yakunzwe inshuro nyinshi (likes), inahembwa nka couples y’umwaka.

Ibi birori byo guhemba iyi couple, byitabiriwe n’abiganjemo abasanzwe bari mu rukundo n’abandi byagaragaraga ko bakeneye ababatetesha.

Mutoni Assia usanzwe akina film n’umuhanzi Mani Martin bari bagize akanama nkemurampaka kemeje iyi couple nk’ihiga izabihiganiwe muri 2017, bavuze ko mu kuyihitamo bagendeye ku bantu bayikunze ku mbuga nkoranyambaga, uburyo Bambara n’amafoto yabo bagiye basakaza.

Umugwaneza Jolie na Dianah Ariella bateguye iki gitaramo bavuga ko iki gikorwa bagiteguye kuko babonaga gishobora kubaka urukundo hagati y’abakundana rwugarijwe n’ibigusha byinshi muri iyi minsi.

Ngo bahisemo guhemba urubyiruko kuko ari rwo ruba rutewe ishema no kwamamaza urukundo rwabo.

Mu bihembo byahawe abatsinze, harimo ikamba ryambitswe umukobwa, igikombe gifite agaciro k’ibihumbi 25 Frw n’ibahasha irimo amafaranga yagizwe ibanga. Gusa ngo ari hejuru y’ibihumbi 100 Frw.

Byiringiro Jean Aimé wahembanywe n’umukunzi we Dinah, yavuze ko bamaze imyaka itatu bakundana ku buryo bumva batewe ishema no kuba bari kumwe.

Ngo nta rindi banga bakoresheje kugira ngo begukane iki gihembo, uretse gusakaza ubuzima bwabo bwa buri munsi babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Baracyari abanyeshuri ariko ngo biteguye kuzabana nk’umugore n’umugabo.

Ibirori byitabiriwe n'abasanzwe bari mu rukundo

Ibirori byitabiriwe n’abasanzwe bari mu rukundo

Ibirori by'abakundana

Ibirori by’abakundana

Hari abangaga kwicarana n'abakunzi babo

Hari abangaga kwicarana n’abakunzi babo

Dinah yatambagijwe ikamba rya Couple y'umwaka wa 2017

Dinah yatambagijwe ikamba rya Couple y’umwaka wa 2017

Iyi couple yahawe n'igikombe

Iyi couple yahawe n’igikombe

Couple nazo zari zitabiriye iki gitaramo

Couple nazo zari zitabiriye iki gitaramo

Abateguye irushanwa bifotozanya na couple yatsinze

Abateguye irushanwa bifotozanya na couple yatsinze

Ababyeyi babo nabo bari baje kureba uko bahembwa

Ababyeyi babo nabo bari baje kureba uko bahembwa

Abakemurampaka bavuze ko iyi couple yashimwe na benshi

Abakemurampaka bavuze ko iyi couple yashimwe na benshi

Ubwo bahembaga, bamwe bagagaragaje ko urukundo rushobora kubamo amakorosi

Ubwo bahembaga, bamwe bagagaragaje ko urukundo rushobora kubamo amakorosi

Hari n'abagaragazaga ko bari mu munyenga warwo

Hari n’abagaragazaga ko bari mu munyenga warwo

Jay Rwanda hamwe na Jolie na Dianah bateguye igitaramo

Jay Rwanda hamwe na Jolie na Dianah bateguye igitaramo

Jay Rwanda uheruka kuba Mister Africa

Jay Rwanda uheruka kuba Mister Africa

Nta bakunzi bafite ariko bisunganye baza muri iki gitaramo

Nta bakunzi bafite ariko bisunganye baza muri iki gitaramo

Yemba Voice nibo basusurukije abantu

Yemba Voice nibo basusurukije abantu

Source: Umuseke

2017-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Reba uburanga bw’abagore n’abakunzi b’abakinnyi b’Ubwongereza bazitabira igikombe cy’isi mu Burusiya [AMAFOTO]

Reba uburanga bw’abagore n’abakunzi b’abakinnyi b’Ubwongereza bazitabira igikombe cy’isi mu Burusiya [AMAFOTO]

Editorial 02 Jun 2018
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Editorial 03 Mar 2018
Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali

Editorial 15 Jun 2017
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Editorial 05 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Editorial 07 Apr 2018
Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)
HIRYA NO HINO

Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)

Editorial 02 Feb 2018
Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN
INKURU NYAMUKURU

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Editorial 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru